Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamvumba wakoraga muri MININFRA wari wakatiwe imyaka 6 n’ihazabu ya Miliyari 21 yagabanyirijwe ibihano

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Nyamvumba wakoraga muri MININFRA wari wakatiwe imyaka 6 n’ihazabu ya Miliyari 21 yagabanyirijwe ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Nyamvumba Robert wahoze ari umukozi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, wahamijwe ibyaha bya ruswa agakatirwa gufungwa imyaka 6 no gutanga ihazabu ya Miliyari 21 Frw, akajurira, yagabanyirijwe ibihano akatirwa imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya Miliyoni 50Frw.

Nyamvumba Robert [umuvandimwe wa General Patrick Nyamvumba], yari yabanje kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ari rwo rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyari 21,6 Frw.

Aregwa ibyaha bya ruswa aho bivugwa ko yatse ruswa ya Miliyari 7 Frw umushoramari w’umunyamahanga wari watsindiye isoko muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.

Mu bujurire bwe, yatakambiye Urukiko Rukuru, asaba imbabazi Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange.

Yari yajuriye asaba kugabanyirizwa ibihano kuko yavugaga ko imyaka itandatu ari myinshi ndetse n’ihazabu rya Miliyari 7 Frw ntaho yazikura kuko atarazitunga.

Urukiko Rukuru rwasomye icyemezo cyarwo, rwavuze ko ubujurire bwa Nyamvumba bufite ishingiro ku ngingo zimwe na zimwe, rumuhanisha gufungwa amezi 30 [imyaka ibiri n’igice] ndetse no gutanga ihazabu ya Miliyoni 50 Frw.

Nyamvumba watawe muri yombi muri Werurwe 2020, agiye kuzuza imyaka ibiri afunze, bivuze ko ashobora kuzarekurwa muri Nzeri uyu mwaka wa 2022.

Umunyamategeko Me Shema Gakuba Charles wunganiye Nyamvumba yavuze ko nubwo bari basabye Urukiko kumusubikira igihano, ariko n’iki cyemezo ntacyo gitwaye.

Yagize ati “Kuva ku myaka itandatu n’ihazabu ya miliyari 21,6Frw ukagera ku myaka ibiri n’igice nta mpamvu umuntu atabishimira ubutabera bwakoze akazi kabwo neza.”

Robert Nyamvumba amaze iminsi aburana ubujurire (Photo/Jean Paul Nkundineza)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 7 =

Previous Post

Huye: Bamucukuriye imva banagura isanduku, bagiye gufata umurambo mu bitaro basanga ari kwinywera igikoma

Next Post

Indirimbo ivugira ingaragu: “Buri wese ansaba gukora ubukwe”-King James, “sinjye wanze kubyara”-Safi

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indirimbo ivugira ingaragu: “Buri wese ansaba gukora ubukwe”-King James, “sinjye wanze kubyara”-Safi

Indirimbo ivugira ingaragu: “Buri wese ansaba gukora ubukwe”-King James, “sinjye wanze kubyara”-Safi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.