Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: RIB yasanze umugabo yarahinze urumogi ayisobanurira ko ari umuti w’inka ze

radiotv10by radiotv10
23/12/2021
in MU RWANDA
0
Nyanza: RIB yasanze umugabo yarahinze urumogi ayisobanurira ko ari umuti w’inka ze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza yasanganywe umurima w’urumogi yisobanura avuga ko ari umuti w’Inka ze yari yarahinze ahita atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Uyu mugabo w’imyaka 50 y’amavuko yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021 ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Ubwo inzego zamusanganaga uyu murima, yisobanuye avuga ko uru rumogi ari umuti w’inka ze yari yarateye ngo ajye abona uko azivurira atagombye kujya mu bavuzi b’amatungo.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwemeza ihingwa ry’urumogi n’ibindi bimera bivamo imiti, aho hanatangajwe amabwiriza agomba kubahirizwa n’abaka impushya zo guhinga ibi bimera.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’UbugenzacyahaDr Murangira B. Thierry yibukije abantu uburemere bw’icyaha cyo guhinga urumogi, kurutunda no kurubika, avuga ko ubihamijwe ashobora guhanishwa igifungo cya burundu.

Ati “Abantu babimenye ko urumogi ruri mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho ufatiwe muri ibyo byaha ahabwa igihano cya burundu.”

Muri Kamena uyu mwaka wa 2021, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze Iteka rya Minisitiri ryashyizweho umukono na Minisitiri w’ubuzima na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa ya Leta, risobanura iby’ubuhinzi bw’ w’urumogi rugenewe gukorwamo imiti ndetse n’abemerewe kuruhinga.

Ingingo ya kane y’iri teka ivuga ko “Umuntu wemerewe gukora ibikorwa biteganyijwe n’iri teka, ni umushoramari cyangwa undi muntu wese wiyemeje gukora igikorwa cyo guhinga, gutunganya, gutumiza cyangwa kohereza mu mahanga no gukoresha urumogi n’ibikomoka ku rumogi, agamije gusa ubuvuzi cyangwa ubushakashatsi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + fifteen =

Previous Post

Nyarugenge: Umusore wateye akabariro rubanda rugahurura yavuze icyari kibyihishe inyuma

Next Post

Umunyamakuru Rutura wa Kiss FM yasezeye bishengura Isheja Sandrine

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Rutura wa Kiss FM yasezeye bishengura Isheja Sandrine

Umunyamakuru Rutura wa Kiss FM yasezeye bishengura Isheja Sandrine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.