Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda irasubukurwa nyuma y’imikino y’Ibihugu, aho mu mikino igiye gukinwa y’umunsi wa 22 harimo itegerejwe na benshi irimo uwa Rayon Sports na Mukura imaze iminsi yihagararaho imbere y’amakipe akomeye.

Shampiyona iragaruka guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025 hakinwa imikino y’umunsi wa 22.

Hari hashize ibyumweru bibiri idakinwa kubera imikino y’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho u Rwanda rwatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0, undi mukino rukanganya na Lesotho igitego 1-1.

Umunsi wa 22 wa shampiyona uratangira gukinwa kuri uyu wa Gatanu, ariko umukino utegerejwe cyane ni uzahuza ikipe ya Rayon Sports FC iyoboye urutonde rwa shampiyona izakiramo ikipe ya Mukura ya gatandatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Uyu mukino washyizwe kuri Sitade Amahoro i Remera, uzaba ku wa Gatandatu tariki 29 Werurwe, watangiye kuvugisha benshi, bawutegerezanyije amatsiko.

Impamvu uyu mukino utegerejwe cyane, ni uko iyi kipe ya Mukura VS yihagazeho imbere y’amakipe akomeye, dore ko yatsinze Rayon Sports FC mu mukino ubanza wabereye i Huye.

Mukura VS yanihagazeho imbere ya APR FC iyitsindira i Huye mu mukino wo kwishyura, mu gihe umukino ubanza APR FC yari yayitsinze ibitego bine kuri bibiri.

Imikino yose y’umunsi wa 22

Ku wa Gatanu, tariki 28/03

Saa 15h00:

  • AS Kigali vs Gasogi United

Ku wa Gatandatu, taliki 29/3

Saa 15h00:

  • Bugesera FC vs Amagaju FC
  • Musanze FC vs Amagaju FC
  • Rutsiro FC VS Gorilla FC

Saa 18h30:

  • Rayon Sports FC vs Mukura VS

Ku Cyumweru, taliki 30/03

Saa 15h00:

  • SC Kiyovu vs Police FC
  • Etincelles FC vs Marine FC

Saa 18:00

  • APR FC vs Vision FC

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Abakozi batatu b’Akarere ka Kayonza bakurikiranywe muri dosiye ya Miliyoni 67Frw

Next Post

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Related Posts

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

IZIHERUKA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America
AMAHANGA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.