Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda irasubukurwa nyuma y’imikino y’Ibihugu, aho mu mikino igiye gukinwa y’umunsi wa 22 harimo itegerejwe na benshi irimo uwa Rayon Sports na Mukura imaze iminsi yihagararaho imbere y’amakipe akomeye.

Shampiyona iragaruka guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025 hakinwa imikino y’umunsi wa 22.

Hari hashize ibyumweru bibiri idakinwa kubera imikino y’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho u Rwanda rwatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0, undi mukino rukanganya na Lesotho igitego 1-1.

Umunsi wa 22 wa shampiyona uratangira gukinwa kuri uyu wa Gatanu, ariko umukino utegerejwe cyane ni uzahuza ikipe ya Rayon Sports FC iyoboye urutonde rwa shampiyona izakiramo ikipe ya Mukura ya gatandatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Uyu mukino washyizwe kuri Sitade Amahoro i Remera, uzaba ku wa Gatandatu tariki 29 Werurwe, watangiye kuvugisha benshi, bawutegerezanyije amatsiko.

Impamvu uyu mukino utegerejwe cyane, ni uko iyi kipe ya Mukura VS yihagazeho imbere y’amakipe akomeye, dore ko yatsinze Rayon Sports FC mu mukino ubanza wabereye i Huye.

Mukura VS yanihagazeho imbere ya APR FC iyitsindira i Huye mu mukino wo kwishyura, mu gihe umukino ubanza APR FC yari yayitsinze ibitego bine kuri bibiri.

Imikino yose y’umunsi wa 22

Ku wa Gatanu, tariki 28/03

Saa 15h00:

  • AS Kigali vs Gasogi United

Ku wa Gatandatu, taliki 29/3

Saa 15h00:

  • Bugesera FC vs Amagaju FC
  • Musanze FC vs Amagaju FC
  • Rutsiro FC VS Gorilla FC

Saa 18h30:

  • Rayon Sports FC vs Mukura VS

Ku Cyumweru, taliki 30/03

Saa 15h00:

  • SC Kiyovu vs Police FC
  • Etincelles FC vs Marine FC

Saa 18:00

  • APR FC vs Vision FC

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Abakozi batatu b’Akarere ka Kayonza bakurikiranywe muri dosiye ya Miliyoni 67Frw

Next Post

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.