Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda irasubukurwa nyuma y’imikino y’Ibihugu, aho mu mikino igiye gukinwa y’umunsi wa 22 harimo itegerejwe na benshi irimo uwa Rayon Sports na Mukura imaze iminsi yihagararaho imbere y’amakipe akomeye.

Shampiyona iragaruka guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025 hakinwa imikino y’umunsi wa 22.

Hari hashize ibyumweru bibiri idakinwa kubera imikino y’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho u Rwanda rwatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0, undi mukino rukanganya na Lesotho igitego 1-1.

Umunsi wa 22 wa shampiyona uratangira gukinwa kuri uyu wa Gatanu, ariko umukino utegerejwe cyane ni uzahuza ikipe ya Rayon Sports FC iyoboye urutonde rwa shampiyona izakiramo ikipe ya Mukura ya gatandatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Uyu mukino washyizwe kuri Sitade Amahoro i Remera, uzaba ku wa Gatandatu tariki 29 Werurwe, watangiye kuvugisha benshi, bawutegerezanyije amatsiko.

Impamvu uyu mukino utegerejwe cyane, ni uko iyi kipe ya Mukura VS yihagazeho imbere y’amakipe akomeye, dore ko yatsinze Rayon Sports FC mu mukino ubanza wabereye i Huye.

Mukura VS yanihagazeho imbere ya APR FC iyitsindira i Huye mu mukino wo kwishyura, mu gihe umukino ubanza APR FC yari yayitsinze ibitego bine kuri bibiri.

Imikino yose y’umunsi wa 22

Ku wa Gatanu, tariki 28/03

Saa 15h00:

  • AS Kigali vs Gasogi United

Ku wa Gatandatu, taliki 29/3

Saa 15h00:

  • Bugesera FC vs Amagaju FC
  • Musanze FC vs Amagaju FC
  • Rutsiro FC VS Gorilla FC

Saa 18h30:

  • Rayon Sports FC vs Mukura VS

Ku Cyumweru, taliki 30/03

Saa 15h00:

  • SC Kiyovu vs Police FC
  • Etincelles FC vs Marine FC

Saa 18:00

  • APR FC vs Vision FC

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Abakozi batatu b’Akarere ka Kayonza bakurikiranywe muri dosiye ya Miliyoni 67Frw

Next Post

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Related Posts

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.