Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma y’amezi 9 Minisitiri yemereye P.Kagame ko ibya ‘assurance’ bizakemuka vuba haravugwa ibitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyuma y’amezi 9 Minisitiri yemereye P.Kagame ko ibya ‘assurance’ bizakemuka vuba haravugwa ibitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi icyenda Minisitiri w’ibikorwa Remezo yemereye Perezida Paul Kagame ko ikibazo cy’ubwishingizi bwa moto buhanitse kizakemuka mu mezi abiri, abatwara abagenzi kuri ibi binyabiziga, baravuga ko aho gukemuka ahubwo hiyongereyeho n’ibindi bibazo.

Iki kibazo cyagarutsweho muri Kanama umwaka ushize wa 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga Intara y’Amajyepfo, umwe mu batwara abagenzi kuri moto, akamugeza uruhuri rw’ibibazo bafite mu kazi kabo.

Icyo gihe Bizimana Pierre wavuganaga ikiniga, yagize ati “Nk’umuntu ukora uwo mwuga, dufite ikibazo cy’ubwishingizi buhenze cyane ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingizi bw’ibihumbi 165Frw. Tukishyura ibintu bitandukanye, umusoro ku nyungu, tukishyura byinshi. Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu kibe icyanyu mukidukurikiranire.”

Umukuru w’u Rwanda yabajije Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Erneste Nsabimana, icyo avuga kuri iki kibazo, atanga icyizere cyatumye abamotari icyo gihe bararana akanyamuneza.

Dr Erneste Nsabimana yagize ati “Icyo kibazo ni cyo ariko inzego zirimo kugikurikirana, ku buryo twamwizeza ko mu gihe gito. Mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Amezi icyenda (9) arashize, Minisitiri Nsabimana atangaje ibi, ariko iki kibazo kiracyahari nk’uko bitangazwa na bamwe mu batwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali.

Umwe yagize ati “Ibaze umwaka ugitangira, ubwishingizi kuri moto yari ibihumbi 160, ariko ubu ni ibihumbi 200 birenga.”

Aba bamotari bavuga kandi ko uretse iki kibazo cy’ubwishingizi bwa moto buhanitse, hagiye hiyongeramo n’ibindi bibazo, bituma bakorera mu bihombo.

Undi yagize ati “Usibye n’ubwishingizi, n’ibindi bisabwa kugira ngo moto ijye mu muhanda byarahenze, ibyuma byazo bisigaye byurira buri munsi, wakongeraho amafaranga Abapolisi batwandikira ugasanga umuntu no kubona ayo kurya ni ikibazo. Ubwo rero umugenzi we ntushobora kumubwira ko uhomba ngo abyumve, ni yo mpamvu tumuca amafaranga tugendeye uko ibintu bihagaze.”

Ibi kandi bigira ingaruka ku batega moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibiciro byazamuwe, kandi ko bumva ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse.

Litiro ya Lisansi yaguraga 1 609 Frw mu mezi atandatu ashzie, ubu iragura 1 517 Frw, naho mazutu yaguraga 1607 Frw, ubu iragura 1 492 Frw.

Umwe mu bakunze gutega moto, yagize ati “Nk’ubu mbere kuva hano Nyanza ya Kicukiro ujya mu Mujyi, yari amafaranga 1 500 Frw, none n’ubu ni yo tugitanga. Abamotari ibyo gukatura ntibabikozwa kandi ubundi ni ko byakabaye bigenda.”

Abamotari ni bamwe mu bakunze kugaragaza ko bafite ibibazo bibabangamira mu kazi kabo, birimo iki cy’ubwishingizi, ndetse n’ikibazo cya mubazi kigeze kuvugisha benshi, bavugaga ko nta nyungu zibafitiye, ahubwo ko bakatwa amafaranga ajya aho batazi atazanagira uburyo bundi azabagarukiramo.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eight =

Previous Post

Kenya: Hatowe itegeko rishobora gukurikirwa n’umujinya w’umuranduranzuzi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.