Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma y’amezi 9 Minisitiri yemereye P.Kagame ko ibya ‘assurance’ bizakemuka vuba haravugwa ibitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyuma y’amezi 9 Minisitiri yemereye P.Kagame ko ibya ‘assurance’ bizakemuka vuba haravugwa ibitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi icyenda Minisitiri w’ibikorwa Remezo yemereye Perezida Paul Kagame ko ikibazo cy’ubwishingizi bwa moto buhanitse kizakemuka mu mezi abiri, abatwara abagenzi kuri ibi binyabiziga, baravuga ko aho gukemuka ahubwo hiyongereyeho n’ibindi bibazo.

Iki kibazo cyagarutsweho muri Kanama umwaka ushize wa 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga Intara y’Amajyepfo, umwe mu batwara abagenzi kuri moto, akamugeza uruhuri rw’ibibazo bafite mu kazi kabo.

Icyo gihe Bizimana Pierre wavuganaga ikiniga, yagize ati “Nk’umuntu ukora uwo mwuga, dufite ikibazo cy’ubwishingizi buhenze cyane ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingizi bw’ibihumbi 165Frw. Tukishyura ibintu bitandukanye, umusoro ku nyungu, tukishyura byinshi. Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu kibe icyanyu mukidukurikiranire.”

Umukuru w’u Rwanda yabajije Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Erneste Nsabimana, icyo avuga kuri iki kibazo, atanga icyizere cyatumye abamotari icyo gihe bararana akanyamuneza.

Dr Erneste Nsabimana yagize ati “Icyo kibazo ni cyo ariko inzego zirimo kugikurikirana, ku buryo twamwizeza ko mu gihe gito. Mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Amezi icyenda (9) arashize, Minisitiri Nsabimana atangaje ibi, ariko iki kibazo kiracyahari nk’uko bitangazwa na bamwe mu batwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali.

Umwe yagize ati “Ibaze umwaka ugitangira, ubwishingizi kuri moto yari ibihumbi 160, ariko ubu ni ibihumbi 200 birenga.”

Aba bamotari bavuga kandi ko uretse iki kibazo cy’ubwishingizi bwa moto buhanitse, hagiye hiyongeramo n’ibindi bibazo, bituma bakorera mu bihombo.

Undi yagize ati “Usibye n’ubwishingizi, n’ibindi bisabwa kugira ngo moto ijye mu muhanda byarahenze, ibyuma byazo bisigaye byurira buri munsi, wakongeraho amafaranga Abapolisi batwandikira ugasanga umuntu no kubona ayo kurya ni ikibazo. Ubwo rero umugenzi we ntushobora kumubwira ko uhomba ngo abyumve, ni yo mpamvu tumuca amafaranga tugendeye uko ibintu bihagaze.”

Ibi kandi bigira ingaruka ku batega moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibiciro byazamuwe, kandi ko bumva ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse.

Litiro ya Lisansi yaguraga 1 609 Frw mu mezi atandatu ashzie, ubu iragura 1 517 Frw, naho mazutu yaguraga 1607 Frw, ubu iragura 1 492 Frw.

Umwe mu bakunze gutega moto, yagize ati “Nk’ubu mbere kuva hano Nyanza ya Kicukiro ujya mu Mujyi, yari amafaranga 1 500 Frw, none n’ubu ni yo tugitanga. Abamotari ibyo gukatura ntibabikozwa kandi ubundi ni ko byakabaye bigenda.”

Abamotari ni bamwe mu bakunze kugaragaza ko bafite ibibazo bibabangamira mu kazi kabo, birimo iki cy’ubwishingizi, ndetse n’ikibazo cya mubazi kigeze kuvugisha benshi, bavugaga ko nta nyungu zibafitiye, ahubwo ko bakatwa amafaranga ajya aho batazi atazanagira uburyo bundi azabagarukiramo.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 13 =

Previous Post

Kenya: Hatowe itegeko rishobora gukurikirwa n’umujinya w’umuranduranzuzi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka
IBYAMAMARE

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.