Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma y’amezi 9 Minisitiri yemereye P.Kagame ko ibya ‘assurance’ bizakemuka vuba haravugwa ibitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyuma y’amezi 9 Minisitiri yemereye P.Kagame ko ibya ‘assurance’ bizakemuka vuba haravugwa ibitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi icyenda Minisitiri w’ibikorwa Remezo yemereye Perezida Paul Kagame ko ikibazo cy’ubwishingizi bwa moto buhanitse kizakemuka mu mezi abiri, abatwara abagenzi kuri ibi binyabiziga, baravuga ko aho gukemuka ahubwo hiyongereyeho n’ibindi bibazo.

Iki kibazo cyagarutsweho muri Kanama umwaka ushize wa 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga Intara y’Amajyepfo, umwe mu batwara abagenzi kuri moto, akamugeza uruhuri rw’ibibazo bafite mu kazi kabo.

Icyo gihe Bizimana Pierre wavuganaga ikiniga, yagize ati “Nk’umuntu ukora uwo mwuga, dufite ikibazo cy’ubwishingizi buhenze cyane ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingizi bw’ibihumbi 165Frw. Tukishyura ibintu bitandukanye, umusoro ku nyungu, tukishyura byinshi. Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu kibe icyanyu mukidukurikiranire.”

Umukuru w’u Rwanda yabajije Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Erneste Nsabimana, icyo avuga kuri iki kibazo, atanga icyizere cyatumye abamotari icyo gihe bararana akanyamuneza.

Dr Erneste Nsabimana yagize ati “Icyo kibazo ni cyo ariko inzego zirimo kugikurikirana, ku buryo twamwizeza ko mu gihe gito. Mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Amezi icyenda (9) arashize, Minisitiri Nsabimana atangaje ibi, ariko iki kibazo kiracyahari nk’uko bitangazwa na bamwe mu batwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali.

Umwe yagize ati “Ibaze umwaka ugitangira, ubwishingizi kuri moto yari ibihumbi 160, ariko ubu ni ibihumbi 200 birenga.”

Aba bamotari bavuga kandi ko uretse iki kibazo cy’ubwishingizi bwa moto buhanitse, hagiye hiyongeramo n’ibindi bibazo, bituma bakorera mu bihombo.

Undi yagize ati “Usibye n’ubwishingizi, n’ibindi bisabwa kugira ngo moto ijye mu muhanda byarahenze, ibyuma byazo bisigaye byurira buri munsi, wakongeraho amafaranga Abapolisi batwandikira ugasanga umuntu no kubona ayo kurya ni ikibazo. Ubwo rero umugenzi we ntushobora kumubwira ko uhomba ngo abyumve, ni yo mpamvu tumuca amafaranga tugendeye uko ibintu bihagaze.”

Ibi kandi bigira ingaruka ku batega moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibiciro byazamuwe, kandi ko bumva ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse.

Litiro ya Lisansi yaguraga 1 609 Frw mu mezi atandatu ashzie, ubu iragura 1 517 Frw, naho mazutu yaguraga 1607 Frw, ubu iragura 1 492 Frw.

Umwe mu bakunze gutega moto, yagize ati “Nk’ubu mbere kuva hano Nyanza ya Kicukiro ujya mu Mujyi, yari amafaranga 1 500 Frw, none n’ubu ni yo tugitanga. Abamotari ibyo gukatura ntibabikozwa kandi ubundi ni ko byakabaye bigenda.”

Abamotari ni bamwe mu bakunze kugaragaza ko bafite ibibazo bibabangamira mu kazi kabo, birimo iki cy’ubwishingizi, ndetse n’ikibazo cya mubazi kigeze kuvugisha benshi, bavugaga ko nta nyungu zibafitiye, ahubwo ko bakatwa amafaranga ajya aho batazi atazanagira uburyo bundi azabagarukiramo.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − two =

Previous Post

Kenya: Hatowe itegeko rishobora gukurikirwa n’umujinya w’umuranduranzuzi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.