Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma y’ikirombe cy’ibanga cyamize burundu batandatu hamenyekanye icyavuye mu mukwabu wakozwe

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro rwihishwa mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kiguyemo abantu batandatu bakaburirwa irengero burundu, hahise hafungwa ibirombe 89 byo mu bice binyuranye, byacukurwagamo amabuye mu buryo budakurikije amategeko.

Iki kirombe cyo mu Karere ka Huye, cyagwiriye abantu batandatu muri Mata, ndetse hakorwa n’imirimo yo kubashakisha, ariko iminsi yihirika ari 16 bataraboneka, bituma Guverinoma y’u Rwanda ifata icyemezo cyo guhagarika ibi bikorwa nyuma yo kugera muri metero 70 z’ubujyakuzimu hashakishwa aba bantu.

Ni ikirombe byavugwaga ko cyari kimaze imyaka ibiri gicukurwamo amabuye y’agaciro ariko kitazwi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Ibi byatumye hakorwa umukwabu wo kumenya ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo budakurikije amategeko, wanasize bimwe bifunzwe.

Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze (RMB) kimaze gufunga ibirombe 89 by’amabuye y’agaciro byacukurwagamo mu buryo budakurikije amategeko, nyuma y’uko habaye iriya mpanuka.

Narcisse Dushimimana, Umuyobozi mukuru ushinzwe igenzura muri iki kigo, atangaza ko mu Ntara y’Iburasirazuba hafunzwe ibirombe 32.

Muri iyi Ntara hakunze kugaragara impanuka z’abagwirwaga n’ibirombe, dore ko mu mwaka wa 2019 wonyine, abantu 14 bose baburiye ubuzima mu kirombe cyo mu Murenge wa Mwulire muri aka Karere ka Rwamagana.

Naho muri 2019, abantu 11 bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe na bo bitabye Imana ubwo bagwirwaga n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye ya Gasegereti cyo muri aka Karere ka Rwamagana.

Intara ya kabiri irimo ibirombe byinshi byafunzwe, ni iy’Amajyepfo, aho iki kigo cya RMB cyafunze ibirombe 20 byacukurwagamo amabuye mu buryo butemewe n’amategeko.

Muri iyi Ntara, ni na ho haherutse kuba impanuka yahitanye ubuzima bw’abantu batandatu, bagwiriwe n’ikirombe cyo mu Karere ka Huye.

Iki kigo gitangaza ko Uturere twa Muhanda na Kamonyi, ari two dukunze kugaragaramo impanuka nyinshi z’abagwirwa n’ibirombe.

Intara y’Amajyaruguru iza ku mwanya wa gatatu, aho ibirombe 18 bitari byemewe n’amategeko, na byo byafunzwe. Igiherutse gufungwa ni icyo byakekwaga ko kirimo Zahabu.

Cyafunzwe tariki 29 Gicurasi, nyuma y’ibiganiro byahuje abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’umutekano, barimo Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyaruguru, Maj Gen Eric Murokore ndetse n’Umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara, CSP Francis Muheto.

Akarere ka Rulindo ko muri iyi Ntara y’Amajyarugru, ni ko gakunze kubamo impanuka ziterwa n’ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Naho Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa kane mu mibare y’ibirombe byafunzwe, aho hahagaritswe 17 byakoraga mu buryo budakurikije amategeko.

Narcisse Dushimimana, Umuyobozi mukuru ushinzwe igenzura muri RMB, avuga ko muri iyi Ntara, Uturere twa Ngororero na Rutsiro ari two twagaragayemo impanuka nyinshi mu myaka ya 2018 na 2019.

Naho mu Mujyi wa Kigali ari na wo uza ku mwanya wa nyuma, hakaba harafunzwe ibirombe bibiri gusa, byakoraga mu buryo budakurikije amategeko.

Dushimimana yagize ati “Ibi birombe byafunzwe kuko ubundi ahantu hose habonetse amabuye y’agaciro ntabwo hahita hatangira ibikorwa byo kuhacukura. Igihugu gifite gahunda ihamye yo kubyaza umusaruro umutungo kamere ariko hatabayeho kwangiza ibidukikije.”

Yavuze ko iki kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze cyatahuye ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro, bidafite ibyangombwa cyangwa bikora binyuranyije n’amategeko, kandi ko n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano zigomba gutanga umusanzu mu gutahura ibi bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 7 =

Previous Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yagaragaje ko imyiteguro y’isiganwa ryegereje ayigeze kure

Next Post

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.