Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma y’ikirombe cy’ibanga cyamize burundu batandatu hamenyekanye icyavuye mu mukwabu wakozwe

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro rwihishwa mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kiguyemo abantu batandatu bakaburirwa irengero burundu, hahise hafungwa ibirombe 89 byo mu bice binyuranye, byacukurwagamo amabuye mu buryo budakurikije amategeko.

Iki kirombe cyo mu Karere ka Huye, cyagwiriye abantu batandatu muri Mata, ndetse hakorwa n’imirimo yo kubashakisha, ariko iminsi yihirika ari 16 bataraboneka, bituma Guverinoma y’u Rwanda ifata icyemezo cyo guhagarika ibi bikorwa nyuma yo kugera muri metero 70 z’ubujyakuzimu hashakishwa aba bantu.

Ni ikirombe byavugwaga ko cyari kimaze imyaka ibiri gicukurwamo amabuye y’agaciro ariko kitazwi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Ibi byatumye hakorwa umukwabu wo kumenya ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo budakurikije amategeko, wanasize bimwe bifunzwe.

Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze (RMB) kimaze gufunga ibirombe 89 by’amabuye y’agaciro byacukurwagamo mu buryo budakurikije amategeko, nyuma y’uko habaye iriya mpanuka.

Narcisse Dushimimana, Umuyobozi mukuru ushinzwe igenzura muri iki kigo, atangaza ko mu Ntara y’Iburasirazuba hafunzwe ibirombe 32.

Muri iyi Ntara hakunze kugaragara impanuka z’abagwirwaga n’ibirombe, dore ko mu mwaka wa 2019 wonyine, abantu 14 bose baburiye ubuzima mu kirombe cyo mu Murenge wa Mwulire muri aka Karere ka Rwamagana.

Naho muri 2019, abantu 11 bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe na bo bitabye Imana ubwo bagwirwaga n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye ya Gasegereti cyo muri aka Karere ka Rwamagana.

Intara ya kabiri irimo ibirombe byinshi byafunzwe, ni iy’Amajyepfo, aho iki kigo cya RMB cyafunze ibirombe 20 byacukurwagamo amabuye mu buryo butemewe n’amategeko.

Muri iyi Ntara, ni na ho haherutse kuba impanuka yahitanye ubuzima bw’abantu batandatu, bagwiriwe n’ikirombe cyo mu Karere ka Huye.

Iki kigo gitangaza ko Uturere twa Muhanda na Kamonyi, ari two dukunze kugaragaramo impanuka nyinshi z’abagwirwa n’ibirombe.

Intara y’Amajyaruguru iza ku mwanya wa gatatu, aho ibirombe 18 bitari byemewe n’amategeko, na byo byafunzwe. Igiherutse gufungwa ni icyo byakekwaga ko kirimo Zahabu.

Cyafunzwe tariki 29 Gicurasi, nyuma y’ibiganiro byahuje abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’umutekano, barimo Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyaruguru, Maj Gen Eric Murokore ndetse n’Umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara, CSP Francis Muheto.

Akarere ka Rulindo ko muri iyi Ntara y’Amajyarugru, ni ko gakunze kubamo impanuka ziterwa n’ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Naho Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa kane mu mibare y’ibirombe byafunzwe, aho hahagaritswe 17 byakoraga mu buryo budakurikije amategeko.

Narcisse Dushimimana, Umuyobozi mukuru ushinzwe igenzura muri RMB, avuga ko muri iyi Ntara, Uturere twa Ngororero na Rutsiro ari two twagaragayemo impanuka nyinshi mu myaka ya 2018 na 2019.

Naho mu Mujyi wa Kigali ari na wo uza ku mwanya wa nyuma, hakaba harafunzwe ibirombe bibiri gusa, byakoraga mu buryo budakurikije amategeko.

Dushimimana yagize ati “Ibi birombe byafunzwe kuko ubundi ahantu hose habonetse amabuye y’agaciro ntabwo hahita hatangira ibikorwa byo kuhacukura. Igihugu gifite gahunda ihamye yo kubyaza umusaruro umutungo kamere ariko hatabayeho kwangiza ibidukikije.”

Yavuze ko iki kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze cyatahuye ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro, bidafite ibyangombwa cyangwa bikora binyuranyije n’amategeko, kandi ko n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano zigomba gutanga umusanzu mu gutahura ibi bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 2 =

Previous Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yagaragaje ko imyiteguro y’isiganwa ryegereje ayigeze kure

Next Post

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Related Posts

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa
IBYAMAMARE

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.