Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma y’ikirombe cy’ibanga cyamize burundu batandatu hamenyekanye icyavuye mu mukwabu wakozwe

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro rwihishwa mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kiguyemo abantu batandatu bakaburirwa irengero burundu, hahise hafungwa ibirombe 89 byo mu bice binyuranye, byacukurwagamo amabuye mu buryo budakurikije amategeko.

Iki kirombe cyo mu Karere ka Huye, cyagwiriye abantu batandatu muri Mata, ndetse hakorwa n’imirimo yo kubashakisha, ariko iminsi yihirika ari 16 bataraboneka, bituma Guverinoma y’u Rwanda ifata icyemezo cyo guhagarika ibi bikorwa nyuma yo kugera muri metero 70 z’ubujyakuzimu hashakishwa aba bantu.

Ni ikirombe byavugwaga ko cyari kimaze imyaka ibiri gicukurwamo amabuye y’agaciro ariko kitazwi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Ibi byatumye hakorwa umukwabu wo kumenya ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo budakurikije amategeko, wanasize bimwe bifunzwe.

Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze (RMB) kimaze gufunga ibirombe 89 by’amabuye y’agaciro byacukurwagamo mu buryo budakurikije amategeko, nyuma y’uko habaye iriya mpanuka.

Narcisse Dushimimana, Umuyobozi mukuru ushinzwe igenzura muri iki kigo, atangaza ko mu Ntara y’Iburasirazuba hafunzwe ibirombe 32.

Muri iyi Ntara hakunze kugaragara impanuka z’abagwirwaga n’ibirombe, dore ko mu mwaka wa 2019 wonyine, abantu 14 bose baburiye ubuzima mu kirombe cyo mu Murenge wa Mwulire muri aka Karere ka Rwamagana.

Naho muri 2019, abantu 11 bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe na bo bitabye Imana ubwo bagwirwaga n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye ya Gasegereti cyo muri aka Karere ka Rwamagana.

Intara ya kabiri irimo ibirombe byinshi byafunzwe, ni iy’Amajyepfo, aho iki kigo cya RMB cyafunze ibirombe 20 byacukurwagamo amabuye mu buryo butemewe n’amategeko.

Muri iyi Ntara, ni na ho haherutse kuba impanuka yahitanye ubuzima bw’abantu batandatu, bagwiriwe n’ikirombe cyo mu Karere ka Huye.

Iki kigo gitangaza ko Uturere twa Muhanda na Kamonyi, ari two dukunze kugaragaramo impanuka nyinshi z’abagwirwa n’ibirombe.

Intara y’Amajyaruguru iza ku mwanya wa gatatu, aho ibirombe 18 bitari byemewe n’amategeko, na byo byafunzwe. Igiherutse gufungwa ni icyo byakekwaga ko kirimo Zahabu.

Cyafunzwe tariki 29 Gicurasi, nyuma y’ibiganiro byahuje abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’umutekano, barimo Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyaruguru, Maj Gen Eric Murokore ndetse n’Umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara, CSP Francis Muheto.

Akarere ka Rulindo ko muri iyi Ntara y’Amajyarugru, ni ko gakunze kubamo impanuka ziterwa n’ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Naho Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa kane mu mibare y’ibirombe byafunzwe, aho hahagaritswe 17 byakoraga mu buryo budakurikije amategeko.

Narcisse Dushimimana, Umuyobozi mukuru ushinzwe igenzura muri RMB, avuga ko muri iyi Ntara, Uturere twa Ngororero na Rutsiro ari two twagaragayemo impanuka nyinshi mu myaka ya 2018 na 2019.

Naho mu Mujyi wa Kigali ari na wo uza ku mwanya wa nyuma, hakaba harafunzwe ibirombe bibiri gusa, byakoraga mu buryo budakurikije amategeko.

Dushimimana yagize ati “Ibi birombe byafunzwe kuko ubundi ahantu hose habonetse amabuye y’agaciro ntabwo hahita hatangira ibikorwa byo kuhacukura. Igihugu gifite gahunda ihamye yo kubyaza umusaruro umutungo kamere ariko hatabayeho kwangiza ibidukikije.”

Yavuze ko iki kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze cyatahuye ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro, bidafite ibyangombwa cyangwa bikora binyuranyije n’amategeko, kandi ko n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano zigomba gutanga umusanzu mu gutahura ibi bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yagaragaje ko imyiteguro y’isiganwa ryegereje ayigeze kure

Next Post

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Senegal: Hatangajwe umubare w’abaguye mu myigaragambyo yabayemo gukozanyaho hagati y’abaturage n’Abapolisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.