Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahaye ikaze abashyitsi bitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth [CHOGM] yagiye isubikwa inshuro zirenze imwe kubera icyorezo cya COVID-19, avuga ko ari iby’agaciro kuba iyi nama ibaye.

Muri uyu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Perezida Paul yahaye ikaze abitabiriye iyi nama byumwihariko no mu Rwanda, yanabakiriye ku meza.

Ati “Bimpa ibyishimo byinshi kubabona hano, kandi impamvu ni uko nyuma yo gutegura uyu musangiro mu gihe kirenga imyaka ine, nigeze kugera aho ntekereza niba muzaza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko yaba u Rwanda ndetse n’Ibindi Bihugu ku Isi banyuze mu bihe bigoye kuva muri 2020 kubera icyorezo cya COVID-19 cyagiye gihagarika ibikorwa binyuranye birimo n’iyi nama ya CHOGM.

Ati “Icyorezo cya COVID cyazanye ibihe bidasanzwe mu mateka byerekanye agaciro ko gukorana no guhuza imbaraga.”

Perezida Paul Kagame wavuze ko Ibihugu bidashobora kugera ku ntego bidashyize hamwe, yavuze ko ari iby’agaciro kuba aba bashyitsi bo muri Commonwealth barakoze urugendo bakaza mu Rwanda kugira ngo baganire ku buryo barushaho kuzamura abatuye Ibihugu bigize uyu muryango.

Ati “Ikirenze ibyo, ndabashimira uburyo mwagiriye icyizere u Rwanda rukakira umuryango w’Ibihugu bya Commonwealth ndetse rukaba rugiye kuyobora uyu muryango.”

Perezida Kagame wagarutse ku byo yari agomba nubundi kuvuga uyu munsi [ku wa Gatanu] mu gutangiza iyi nama, yaboneyeho gushimira byumwihariko Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ndetse n’itsinda bafatanyije mu gutegura iyi nama.

Yaboneyeho gushimira kandi abashyitsi b’imena bitabiriye CHOGM, ati “Kuza no kugira uruhare mu nama bigaragaza ko Commonwealth ifite uruhare rukomeye mu mibereho y’abatuye Isi.”

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma barenga 30 bahura kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022 ari na bwo hatangizwa iyi nama ya CHOGM.

Perezida Kagame yavuze ko ari iby’agaciro kubona iyi nama yari itegerejwe igeze igihe ikaba
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame na Boris Johnson na Madamu we
Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + nine =

Previous Post

AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

Next Post

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.