Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahaye ikaze abashyitsi bitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth [CHOGM] yagiye isubikwa inshuro zirenze imwe kubera icyorezo cya COVID-19, avuga ko ari iby’agaciro kuba iyi nama ibaye.

Muri uyu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Perezida Paul yahaye ikaze abitabiriye iyi nama byumwihariko no mu Rwanda, yanabakiriye ku meza.

Ati “Bimpa ibyishimo byinshi kubabona hano, kandi impamvu ni uko nyuma yo gutegura uyu musangiro mu gihe kirenga imyaka ine, nigeze kugera aho ntekereza niba muzaza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko yaba u Rwanda ndetse n’Ibindi Bihugu ku Isi banyuze mu bihe bigoye kuva muri 2020 kubera icyorezo cya COVID-19 cyagiye gihagarika ibikorwa binyuranye birimo n’iyi nama ya CHOGM.

Ati “Icyorezo cya COVID cyazanye ibihe bidasanzwe mu mateka byerekanye agaciro ko gukorana no guhuza imbaraga.”

Perezida Paul Kagame wavuze ko Ibihugu bidashobora kugera ku ntego bidashyize hamwe, yavuze ko ari iby’agaciro kuba aba bashyitsi bo muri Commonwealth barakoze urugendo bakaza mu Rwanda kugira ngo baganire ku buryo barushaho kuzamura abatuye Ibihugu bigize uyu muryango.

Ati “Ikirenze ibyo, ndabashimira uburyo mwagiriye icyizere u Rwanda rukakira umuryango w’Ibihugu bya Commonwealth ndetse rukaba rugiye kuyobora uyu muryango.”

Perezida Kagame wagarutse ku byo yari agomba nubundi kuvuga uyu munsi [ku wa Gatanu] mu gutangiza iyi nama, yaboneyeho gushimira byumwihariko Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ndetse n’itsinda bafatanyije mu gutegura iyi nama.

Yaboneyeho gushimira kandi abashyitsi b’imena bitabiriye CHOGM, ati “Kuza no kugira uruhare mu nama bigaragaza ko Commonwealth ifite uruhare rukomeye mu mibereho y’abatuye Isi.”

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma barenga 30 bahura kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022 ari na bwo hatangizwa iyi nama ya CHOGM.

Perezida Kagame yavuze ko ari iby’agaciro kubona iyi nama yari itegerejwe igeze igihe ikaba
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame na Boris Johnson na Madamu we
Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

Next Post

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.