Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyemeje ko Mohammed Deif wari Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’Umutwe wa Hamas, yishwe n’igitero cy’indege muri Gaza. Ibi bitangajwe nyuma y’uko Ismail Haniyeh wari Umuyobozi Mukuru wa Hamas mu bya Politiki, na we yiciwe muri Iran.

Mu itangazo ryatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 01 Kanama 2024, Igisirikare cya Israel cyemeje iyicwa rya Mohammed Deif wishwe n’igitero cy’indege mu kwezi gushize kwa Nyakanga.

Israel itangaza ko Deif wari Umugaba Mukuru mu rwego rwa gisirikare mu mutwe wa Hamas, ndetse na Yahya Sinwar na we usanzwe ari umwe mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe, ari bamwe mu bacuramugambi b’igitero cyo ku ya 07 Ukwakira 2023, cyahitanye Abanya-Israel 1 200, kikaba ari na cyo ntandaro y’intambara imaze igihe muri Gaza. Uyu Sinwar bivugwa ko akiriho aho akihishe muri Gaza.

Kugeza ubu Israel ntirahakana cyangwa ngo yemeze niba ari yo iri inyuma y’urupfu rwa Ismail Haniyeh wari Umuyobozi Mukuru wa Hamas mu bya Politiki wiciwe muri Iran.

Minisitiri w’Ingabo muri Israel, Yoav Gallant yatangaje ko igitero kivuganye Deif ari “imwe mu ntambwe ishimishije” mu kugera ku ntego yabo muri iyi ntambara.

Mu butumwa yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Yagize ati “Umusaruro w’iyi operasiyo bigaragaza ko Hamas, ari umutwe uri mu marembera.”

Igitero kivuganye Deif cyabaye tariki 13 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga, aho ibisasu by’indege byashwanyaguje aho yari aherereye mu mujyi wa Khan Younis uherereye mu majyepfo ya Gaza.

Igisirikare cya Israel kandi gitangaza ko icyo gihe undi musirikare wo hejuru wa Hamas, Rafa Salama, na we yishwe.

Nanone kandi iki gitero cyahitanye abantu barenga 90 barimo abari bacumbitse mu mahema yari hafi y’ahagabwe iki gitero, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane, Igisirikare cya Israel cyagize kiti “Tugendeye ku isesengura ry’ubutasi, turemeza ko Mohammed Deif yivuganywe n’igitero cy’indege.”

Kugeza ubu mu ntambara imaze amezi 10, habarwa Abanya-Palestine ibihumbi 39 bamaze kuyigwamo, mu gihe abakomeretse barenga ibihumbi 91 nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, mu gihe abavuye mu byabo babarirwa muri miliyoni 2,3.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Igisubizo cya Trump cyafashwe nko kwibasira umunyamakuru wamwibukije ibidakwiye yavuze ku birabura

Next Post

M23 yagize icyo ivuga ku byemerejwe mu biganiro by’u Rwanda na Congo birimo ibiyireba

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yagize icyo ivuga ku byemerejwe mu biganiro by’u Rwanda na Congo birimo ibiyireba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.