Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyemeje ko Mohammed Deif wari Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’Umutwe wa Hamas, yishwe n’igitero cy’indege muri Gaza. Ibi bitangajwe nyuma y’uko Ismail Haniyeh wari Umuyobozi Mukuru wa Hamas mu bya Politiki, na we yiciwe muri Iran.

Mu itangazo ryatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 01 Kanama 2024, Igisirikare cya Israel cyemeje iyicwa rya Mohammed Deif wishwe n’igitero cy’indege mu kwezi gushize kwa Nyakanga.

Israel itangaza ko Deif wari Umugaba Mukuru mu rwego rwa gisirikare mu mutwe wa Hamas, ndetse na Yahya Sinwar na we usanzwe ari umwe mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe, ari bamwe mu bacuramugambi b’igitero cyo ku ya 07 Ukwakira 2023, cyahitanye Abanya-Israel 1 200, kikaba ari na cyo ntandaro y’intambara imaze igihe muri Gaza. Uyu Sinwar bivugwa ko akiriho aho akihishe muri Gaza.

Kugeza ubu Israel ntirahakana cyangwa ngo yemeze niba ari yo iri inyuma y’urupfu rwa Ismail Haniyeh wari Umuyobozi Mukuru wa Hamas mu bya Politiki wiciwe muri Iran.

Minisitiri w’Ingabo muri Israel, Yoav Gallant yatangaje ko igitero kivuganye Deif ari “imwe mu ntambwe ishimishije” mu kugera ku ntego yabo muri iyi ntambara.

Mu butumwa yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Yagize ati “Umusaruro w’iyi operasiyo bigaragaza ko Hamas, ari umutwe uri mu marembera.”

Igitero kivuganye Deif cyabaye tariki 13 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga, aho ibisasu by’indege byashwanyaguje aho yari aherereye mu mujyi wa Khan Younis uherereye mu majyepfo ya Gaza.

Igisirikare cya Israel kandi gitangaza ko icyo gihe undi musirikare wo hejuru wa Hamas, Rafa Salama, na we yishwe.

Nanone kandi iki gitero cyahitanye abantu barenga 90 barimo abari bacumbitse mu mahema yari hafi y’ahagabwe iki gitero, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane, Igisirikare cya Israel cyagize kiti “Tugendeye ku isesengura ry’ubutasi, turemeza ko Mohammed Deif yivuganywe n’igitero cy’indege.”

Kugeza ubu mu ntambara imaze amezi 10, habarwa Abanya-Palestine ibihumbi 39 bamaze kuyigwamo, mu gihe abakomeretse barenga ibihumbi 91 nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, mu gihe abavuye mu byabo babarirwa muri miliyoni 2,3.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + fifteen =

Previous Post

Igisubizo cya Trump cyafashwe nko kwibasira umunyamakuru wamwibukije ibidakwiye yavuze ku birabura

Next Post

M23 yagize icyo ivuga ku byemerejwe mu biganiro by’u Rwanda na Congo birimo ibiyireba

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yagize icyo ivuga ku byemerejwe mu biganiro by’u Rwanda na Congo birimo ibiyireba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.