Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’u Bwongereza mu Bufaransa naho bishobora guhindura imirishyo muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’u Bwongereza mu Bufaransa naho bishobora guhindura imirishyo muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Gabriel Attal na we yatangaje ko yegura ku nshingano, nyuma y’uko ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye irye, ribonye imyanya micye mu Nteko Ishinga Amategeko mu matora.

Gabriel Attal yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 07 Nyakanga 2024, avuga ko atanga ubwegure bwe kuri Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nyakanga.

Ni nyuma y’uko mu matora yabaye kuri iki Cyumweru, Ihuriro Ensemble rigize imyanya 168 mu gihe Ishyaka New Popular Front (NFP) ryo ryagize imyanya 182.

Mu mbwirwaruhame yatanze kuri iki Cyumwe, Gabriel Attal yatangaje ko nubwo atanga ubwegure bwe, ariko ko mu gihe cyose byaba ari ngombwa, yazakomeza inshingano ze.

Umwe mu bakurikiranira hafi politiki yo mu Bufaransa, mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, avuga ko impamvu Gabriel Attal yatangaje ibi, ari uko n’ubundi nta shyaka ryagize amajwi ari ku bwiganze bwo hejuru cyane, ahubwo ko bisaba ko habaho amatora, kugira ngo hamenyekane Minisitiri w’Intebe Mushya.

Nanone kandi nubwo Gabriel Attal yatangaje ko ageza ubwegure bwe kuri Perezida Emmanuel Macron, uyu Mukuru w’Igihugu, ashobora kwanga ubwegure bwe, bikaba ngomba ko yaguma mu nshingano.

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, yeguye nyuma y’iminsi micye, Rishi Sunak wari uw’u Bwongereza, na we yeguye nyuma y’uko Ishyaka rye ry’Aba-Conservative na ryo ryari ryabonye imyanya micye mu Nteko Ishinga Amategeko ritsinzwe n’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

Myugariro uturutse mu Gihugu kiri mu biyoboye ruhago ya Afurika yasesekaye mu Rwanda

Next Post

APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)

APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.