• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama yemeje ko iki Gihugu cyakiriye abantu 14 birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda na yo yemeje ko yakiriye barindwi.

Mu kwezi gushize, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we yemeje ko iki Gihugu cyakiriye abantu barindwi bavuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, barimo bane bemeye kuzaguma mu Rwanda, mu gihe abandi batatu bashaka kuzasubira iwabo.

Aba bantu bakiriwe nyuma yuko mu ntangiro za kuri kwezi kwa Munani, Guverinoma y’u Rwanda yemeye ko yagiranye amasezerano y’ubwumvikane n’iya USA yo kuzakira abantu 250 bari muri America mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nzeri 2025, Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama yabwiye abanyamakuru ko Igihugu cye na cyo cyemeye kwakira Abo muri Abaturage bakomoka muri Afurika y’Iburengerazuba bazirukanwa na USA ndetse ko cyamaze kwakira 14 ba mbere.

Itsinda ry’abantu 14 bakiriwe n’iki Gihugu, barimo abakomoka muri Nigeria ndetse n’undi umwe w’Umunya-Gambia. Perezdia John Dramani Mahama yavuze ko Igihugu cye cyafashije abo baturage gusubira mu Bihugu byabo.

Gusa Mahama ntiyatangaje umubare ufatika w’abo Ghana yemeye kuzakira, gusa akaba yavuze ko icyo cyemezo gishingiye ku kuba n’ubundi iki Gihugu gisanzwe giha ikaze abo muri Afurika y’Iburengerazuba kukizamo badasabye Visa.

Yagize ati “Twasabwe na US kwemera kubera igihugu cya gatatu cyakira abazirukanwa muri US, kandi twabyemeranyijweho kuko abafite ubwenegihugu bw’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba dusanzwe tubemera ko ari abavandimwe bacu, batajya basabwa visa igihe baje mu Gihugu cyacu.”

Uburyo bwo kohereza abantu mu Bihugu byo muri Afurika, ni politiki ya Perezida Donald Trump yo guhangana n’ikibazo cy’abari mu Gihugu cye mu buryo bunyuranyije amategeko.

Muri Nyakanga uyu mwaka, abantu batanu birukanywe muri America, bakiriwe n’Igihugu cya Eswatini, abandi umunani bakirwa na Sudan y’Epfo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Next Post

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.