Nyuma y’uko Arsenal itsinzwe bitunguranye yagenewe ubutumwa n’uwakiniye igihe kinini

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Nyuma y’uko Arsenal isezerewe na West Ham mu mikino ya English Football League cup (Carabao Cup), ubwo yatsindirwaga i London Stadium ibitego 3-1, Umufaransa Bacary Sagna wakiniye iyi kipe imyaka irindwi, yageneye ubutumwa Mikel Arteta uyitoza.

Bacary Sagna yamenyesheje Mikel Arteta ko bishoboka ko batwara igikombe cya Shampiyona, ariko agomba gukora ikintu kimwe.

Izindi Nkuru

Aganira na Genting Casino, Sagna yagize ati “Ndatekereza ko Arsenal yakwegukana igikombe cya Shampiyona uyu mwaka rwose, ariko bizashingira cyane ku mubiri n’ubuzima bwa myugariro William Saliba, bigaragara ko ari umukinnyi ukomeye ngenderwaho cyane, kandi n’umwaka w’imikino ushize byaragaragaye igihe yaburaga.”

Sagna yakomeje agira ati “Ndahamya ko Wenda bataragera ku rwego rwo hejuru cyane kuko hari byinshi bagitegereje gukora, ariko birashoboka ukurikije n’andi makipe bahanganye ubu.”

Ubu Arsenal ni iya kabiri ku rutonde rwa shampiyona, ikurikiye Tottenham Hotspurs iyoboye uru rutonde ndetse na Man City na Liverpool nazo zikiri hafi aho.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru