Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko hatangajwe ko mu Rwanda nta muntu urwaye Marburg uhari harakurikiraho iki?

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko nta muntu urwaye indwara ya Marburg ukigaragara mu Rwanda, harakurikiraho igikorwa cyo kubara iminsi yagenwe yo kugira ngo hatangazwe ko iyi ndwara itakiri ku butaka bw’u Rwanda.

Ni nyuma yuko iyi ndwara yatangajwe bwa mbere mu mpera za Nzeri tariki 27, bigaragaye ko nta murwayi mushya uri kugaragara, aho byemejwe ko kuva tariki 30 Ukwakira 2024 nta murwayi mushya wabonetse mu bipimo byafatwaga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ritangaza ko hagomba gukurikiraho igihe cy’iminsi 42 ibarwa, kugira ngo hemezwe ko iyi ndwara itakiri mu Rwanda.

Umwarwayi wa nyuma yasezerewe tariki 08 Ugushyingo 2024, aho bisabwa ko abantu bose baba barahuye n’uyu wasezerewe bwa nyuma kimwe n’abandi bose bahuye n’abandi baherutse gusezererwa, bagomba kuzakurikiranwa kugeza mu gihe cy’iminsi 21.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigira riti “Icyorezo gishobora gutangazwa ko cyarangiye mu gihe nta murwayi mushya ugaragaye mu gihe cy’iminsi 42 nyuma yuko umurwayi wa nyuma akize.”

Nubwo nta barwayi bashya bari kugaragara ariko, Inzego z’Ubuzima zivuga ko abantu bakwiye gukomeza kwitwararika.

OMS/WHO igakomeza ivuga ko muri iki gihe cy’ubugenzuzi, Minisiteri y’Ubuzima, izakomeza ingamba, ndetse inongerera ubumenyi abajyanama b’Ubuzima bagera mu bihumbi 60 mu rwego rwo kuzajya bafasha inzego z’ubuzima gutahura abantu bashobora gukekwaho iyi ndwara ya Marburg.

Kuva iyi ndwara yatangazwa mu Rwanda tariki 27 Nzeri 2024, hagaragaye abantu 66 bayanduye, muri bo ikaba yarahitanye 15, aho 80% by’abayirwaye, ari abakora mu nzego z’ubuzima, bagiye bandura ubwo babaga bita kuri bagenzi babo babaga banduye.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, aherutse gutangaza ko umuntu wa mbere wanduye iyi Virus ya Marburg, ari umuntu wari usanzwe akora mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cyarimo uducurama tuzwiho gukwirakwiza iyi virus, waje kuyanduza umugore we, na we akaza kuyanduza abaganga bamwitagaho.

Ikwirakwira ry’iyi ndwara itarahise imenyekana nyuma yo kwivugana uwo mubyeyi wari umaze no kubyara, ryaje gucibwa intege mu gihe cy’ibyumweru bibiri imaze gutahurwa ndetse bituma habaho igabanuka ryaryo kuri 90%.

Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Iki cyorezo cyatweretse ko igihe hatanzwe ubuvuzi bwiza kandi ku gihe, gukira bishoboka. Amasomo twigiye muri iki cyorezo, azatuma tubasha gukurikirana no gukumira ibindi byorezo byazabaho mu bihe biri imbere.”

Virus ya Marburg isanzwe iri mu bwoko bw’itera Ebola, aho yica ku gipimo kigera kuri 88%, aho igaragazwa no kugira umuriro mwinshi, kuribwa umutwe no gucibwamo, aho uko ibimenyeto bigenda bikura, bivamo no kuva amaraso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Next Post

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.