Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko hatangajwe ko mu Rwanda nta muntu urwaye Marburg uhari harakurikiraho iki?

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko nta muntu urwaye indwara ya Marburg ukigaragara mu Rwanda, harakurikiraho igikorwa cyo kubara iminsi yagenwe yo kugira ngo hatangazwe ko iyi ndwara itakiri ku butaka bw’u Rwanda.

Ni nyuma yuko iyi ndwara yatangajwe bwa mbere mu mpera za Nzeri tariki 27, bigaragaye ko nta murwayi mushya uri kugaragara, aho byemejwe ko kuva tariki 30 Ukwakira 2024 nta murwayi mushya wabonetse mu bipimo byafatwaga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ritangaza ko hagomba gukurikiraho igihe cy’iminsi 42 ibarwa, kugira ngo hemezwe ko iyi ndwara itakiri mu Rwanda.

Umwarwayi wa nyuma yasezerewe tariki 08 Ugushyingo 2024, aho bisabwa ko abantu bose baba barahuye n’uyu wasezerewe bwa nyuma kimwe n’abandi bose bahuye n’abandi baherutse gusezererwa, bagomba kuzakurikiranwa kugeza mu gihe cy’iminsi 21.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigira riti “Icyorezo gishobora gutangazwa ko cyarangiye mu gihe nta murwayi mushya ugaragaye mu gihe cy’iminsi 42 nyuma yuko umurwayi wa nyuma akize.”

Nubwo nta barwayi bashya bari kugaragara ariko, Inzego z’Ubuzima zivuga ko abantu bakwiye gukomeza kwitwararika.

OMS/WHO igakomeza ivuga ko muri iki gihe cy’ubugenzuzi, Minisiteri y’Ubuzima, izakomeza ingamba, ndetse inongerera ubumenyi abajyanama b’Ubuzima bagera mu bihumbi 60 mu rwego rwo kuzajya bafasha inzego z’ubuzima gutahura abantu bashobora gukekwaho iyi ndwara ya Marburg.

Kuva iyi ndwara yatangazwa mu Rwanda tariki 27 Nzeri 2024, hagaragaye abantu 66 bayanduye, muri bo ikaba yarahitanye 15, aho 80% by’abayirwaye, ari abakora mu nzego z’ubuzima, bagiye bandura ubwo babaga bita kuri bagenzi babo babaga banduye.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, aherutse gutangaza ko umuntu wa mbere wanduye iyi Virus ya Marburg, ari umuntu wari usanzwe akora mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cyarimo uducurama tuzwiho gukwirakwiza iyi virus, waje kuyanduza umugore we, na we akaza kuyanduza abaganga bamwitagaho.

Ikwirakwira ry’iyi ndwara itarahise imenyekana nyuma yo kwivugana uwo mubyeyi wari umaze no kubyara, ryaje gucibwa intege mu gihe cy’ibyumweru bibiri imaze gutahurwa ndetse bituma habaho igabanuka ryaryo kuri 90%.

Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Iki cyorezo cyatweretse ko igihe hatanzwe ubuvuzi bwiza kandi ku gihe, gukira bishoboka. Amasomo twigiye muri iki cyorezo, azatuma tubasha gukurikirana no gukumira ibindi byorezo byazabaho mu bihe biri imbere.”

Virus ya Marburg isanzwe iri mu bwoko bw’itera Ebola, aho yica ku gipimo kigera kuri 88%, aho igaragazwa no kugira umuriro mwinshi, kuribwa umutwe no gucibwamo, aho uko ibimenyeto bigenda bikura, bivamo no kuva amaraso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Next Post

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.