Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko hatangajwe ko mu Rwanda nta muntu urwaye Marburg uhari harakurikiraho iki?

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko nta muntu urwaye indwara ya Marburg ukigaragara mu Rwanda, harakurikiraho igikorwa cyo kubara iminsi yagenwe yo kugira ngo hatangazwe ko iyi ndwara itakiri ku butaka bw’u Rwanda.

Ni nyuma yuko iyi ndwara yatangajwe bwa mbere mu mpera za Nzeri tariki 27, bigaragaye ko nta murwayi mushya uri kugaragara, aho byemejwe ko kuva tariki 30 Ukwakira 2024 nta murwayi mushya wabonetse mu bipimo byafatwaga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ritangaza ko hagomba gukurikiraho igihe cy’iminsi 42 ibarwa, kugira ngo hemezwe ko iyi ndwara itakiri mu Rwanda.

Umwarwayi wa nyuma yasezerewe tariki 08 Ugushyingo 2024, aho bisabwa ko abantu bose baba barahuye n’uyu wasezerewe bwa nyuma kimwe n’abandi bose bahuye n’abandi baherutse gusezererwa, bagomba kuzakurikiranwa kugeza mu gihe cy’iminsi 21.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigira riti “Icyorezo gishobora gutangazwa ko cyarangiye mu gihe nta murwayi mushya ugaragaye mu gihe cy’iminsi 42 nyuma yuko umurwayi wa nyuma akize.”

Nubwo nta barwayi bashya bari kugaragara ariko, Inzego z’Ubuzima zivuga ko abantu bakwiye gukomeza kwitwararika.

OMS/WHO igakomeza ivuga ko muri iki gihe cy’ubugenzuzi, Minisiteri y’Ubuzima, izakomeza ingamba, ndetse inongerera ubumenyi abajyanama b’Ubuzima bagera mu bihumbi 60 mu rwego rwo kuzajya bafasha inzego z’ubuzima gutahura abantu bashobora gukekwaho iyi ndwara ya Marburg.

Kuva iyi ndwara yatangazwa mu Rwanda tariki 27 Nzeri 2024, hagaragaye abantu 66 bayanduye, muri bo ikaba yarahitanye 15, aho 80% by’abayirwaye, ari abakora mu nzego z’ubuzima, bagiye bandura ubwo babaga bita kuri bagenzi babo babaga banduye.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, aherutse gutangaza ko umuntu wa mbere wanduye iyi Virus ya Marburg, ari umuntu wari usanzwe akora mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cyarimo uducurama tuzwiho gukwirakwiza iyi virus, waje kuyanduza umugore we, na we akaza kuyanduza abaganga bamwitagaho.

Ikwirakwira ry’iyi ndwara itarahise imenyekana nyuma yo kwivugana uwo mubyeyi wari umaze no kubyara, ryaje gucibwa intege mu gihe cy’ibyumweru bibiri imaze gutahurwa ndetse bituma habaho igabanuka ryaryo kuri 90%.

Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Iki cyorezo cyatweretse ko igihe hatanzwe ubuvuzi bwiza kandi ku gihe, gukira bishoboka. Amasomo twigiye muri iki cyorezo, azatuma tubasha gukurikirana no gukumira ibindi byorezo byazabaho mu bihe biri imbere.”

Virus ya Marburg isanzwe iri mu bwoko bw’itera Ebola, aho yica ku gipimo kigera kuri 88%, aho igaragazwa no kugira umuriro mwinshi, kuribwa umutwe no gucibwamo, aho uko ibimenyeto bigenda bikura, bivamo no kuva amaraso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 9 =

Previous Post

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Next Post

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Related Posts

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi
MU RWANDA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.