Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB) cyatangaje ko cyahagaritse ibigo ibigo 13 by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro birimo ibitazongererwa impunshya, kubera amakosa byagaragaweho arimo ayo kutubahiriza umutekano w’abacukuzi.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iki Kigo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ugushyingo 2023, rivuga ko iki cyemezo gishingiye ku “makosa akomeje kubaho” ajyanye no kubahiriza umutekano, amabwiriza y’ibidukikije, no kubahiriza itegeko ry’umurimo.

RMB ikomeza igira iti “Uyu munsi hagendewe ku mategeko, RMB yahagaritse cyangwa itegeka ko hatazabaho ivugururwa ry’impushya z’ibigo 13 bikurikira kubera amakosa akomeye amaze iminsi aba.”

Ibi bigo byahagaritswe cyangwa bikaba bitazavugururirwa impushya; ni Africome International, Better Generation and Machinery Limited, Cooperative Abahizi, TMT Limited, Cooperative KOPAMU, Soremi Intego Limited, SEAVMC Limited, DEMICARU Limited, Mushishiro Mining Company Limited, ndetse n’ikigo cya Hard Metal Limited.

RMB ikomeza ivuga ko hari izindi kompanyi zagaragaweho amakosa akomeye, na zo zahawe umuburo w’integuza wo kuzifungira, zinasabwa kugaragaza ibyo zakoze zikosora ayo makosa mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri. Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibitazabyubahiriza, bizahagarikirwa impushya.”

RMB isaba ibindi bigo gukomeza kurushaho kunoza ibikorwa byabyo, ivuga ko hari ibikabakaba 150 bikora neza birimo n’ibisanzwe ari iby’abashoramari b’imbere mu Rwanda.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’iminsi micye, hakomeje kuba impanuka z’ibirombe bigwira abakozi bacukura amabuye y’agaciro, bamwe bakahasiga ubuzima, barimo batandatu babukoreraga mu kirombe cyo Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bagwiriwe n’ikirombe mu cyumweru gishize, bagahita bahasiga ubuzima.

Mu kwezi gushize kandi, ikindi kirombe cyo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, na cyo cyari cyagwiriye abantu babiri, bo banabuze, hagafatwa icyemezo cyo kuhashyira ikimenyetso ko ari ho baguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nineteen =

Previous Post

Urujijo ku wari wabuze basanze amanitse nyuma y’amagambo yabwiye n’uwo bari bagiranye ikibazo

Next Post

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.