Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB) cyatangaje ko cyahagaritse ibigo ibigo 13 by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro birimo ibitazongererwa impunshya, kubera amakosa byagaragaweho arimo ayo kutubahiriza umutekano w’abacukuzi.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iki Kigo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ugushyingo 2023, rivuga ko iki cyemezo gishingiye ku “makosa akomeje kubaho” ajyanye no kubahiriza umutekano, amabwiriza y’ibidukikije, no kubahiriza itegeko ry’umurimo.

RMB ikomeza igira iti “Uyu munsi hagendewe ku mategeko, RMB yahagaritse cyangwa itegeka ko hatazabaho ivugururwa ry’impushya z’ibigo 13 bikurikira kubera amakosa akomeye amaze iminsi aba.”

Ibi bigo byahagaritswe cyangwa bikaba bitazavugururirwa impushya; ni Africome International, Better Generation and Machinery Limited, Cooperative Abahizi, TMT Limited, Cooperative KOPAMU, Soremi Intego Limited, SEAVMC Limited, DEMICARU Limited, Mushishiro Mining Company Limited, ndetse n’ikigo cya Hard Metal Limited.

RMB ikomeza ivuga ko hari izindi kompanyi zagaragaweho amakosa akomeye, na zo zahawe umuburo w’integuza wo kuzifungira, zinasabwa kugaragaza ibyo zakoze zikosora ayo makosa mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri. Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibitazabyubahiriza, bizahagarikirwa impushya.”

RMB isaba ibindi bigo gukomeza kurushaho kunoza ibikorwa byabyo, ivuga ko hari ibikabakaba 150 bikora neza birimo n’ibisanzwe ari iby’abashoramari b’imbere mu Rwanda.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’iminsi micye, hakomeje kuba impanuka z’ibirombe bigwira abakozi bacukura amabuye y’agaciro, bamwe bakahasiga ubuzima, barimo batandatu babukoreraga mu kirombe cyo Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bagwiriwe n’ikirombe mu cyumweru gishize, bagahita bahasiga ubuzima.

Mu kwezi gushize kandi, ikindi kirombe cyo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, na cyo cyari cyagwiriye abantu babiri, bo banabuze, hagafatwa icyemezo cyo kuhashyira ikimenyetso ko ari ho baguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 10 =

Previous Post

Urujijo ku wari wabuze basanze amanitse nyuma y’amagambo yabwiye n’uwo bari bagiranye ikibazo

Next Post

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.