Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’uko M23 itegujwe kotswaho umuriro yagaragaje ko aho igenzura amahoro ahinda

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Nyuma y’uko M23 itegujwe kotswaho umuriro yagaragaje ko aho igenzura amahoro ahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wategujwe na SADC ko ugiye kugabwaho ibitero simusiga byo kuwurandura, wo ukomeje kugaragaza ko mu bice ugenzura, abaturage baryama bagasinzira, ndetse ko babayeho neza kurusha mbere.

Itangazo riteguza M23 ko igiye kugabwaho ibitero byo kuyitsinsura, ryasohowe n’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC ku Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024.

Iri tangazo ry’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC ryagiraga riti “SAMIDRC ifatanyije n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bagiye gukora ibikorwa bya gisirikare byo kurandura inyeshyamba za M23, bagarure amahoro n’umutekano mu rwego rwo kuzana umwuka mwiza ndetse no kurinda abasivile n’ibyabo ko byagabwaho ibitero.”

M23 itaragira icyo ivuga kuri iri tangazo riyiburira, kuva kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, ikomeje kugaragaza ko amahoro ahinda mu bice igenzura.

Mu butumwa bwashyizwe hanze n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Mbere, bugaragaza “Abanyeshuri bo mu bice byabohowe, bari gukora ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, bari mu kizamini cyanditse.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amafoto n’amashusho bigaragaza abanyeshuri bari gukora ibizamini banahabwa amabwiriza y’ibizamini, bwakurikiwe n’ubundi bwashyizwe hanze na Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi, bugaragaza ubuyobozi bwa M23 bwasuye abarwayi bari mu bitaro, bunabashyiriye bimwe mu byo bakenera.

Ni igikorwa M23 ivuga ko cyari kigamije kwizihiza isabukuru y’imyaka 12 y’ivuka ry’uyu mutwe, aho Lawrence Kanyuka yagize ati “Mu kuzirikana isabukuru yayo [M23] kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, hakozwe igikorwa cy’urukundo cyo gusura abarwayi cyateguwe n’Ibitaro Bikuru by’Icyitegererezo bya Rutshuru.”

Ni igikorwa cyakozwe na bamwe mu barwanyi ba M23 bari kumwe n’abakada b’uyu mutwe ndetse n’abayobozi mu nzego z’ibanze muri Teritwari ya Rutshuru.

Amashusho n’amafoto byashyizwe hanze na M23, bigaragaza abarwanyi b’uyu mutwe, bari guha bimwe mu bikoresho by’ibanze abarwariye muri ibi Bitaro.

Abanyeshuri bo mu bice bigenzurwa na M23 bari mu bizamini bya Leta
Basuye abarwayi mu Bitaro babaha iby’ibanze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Next Post

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.