Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’uko M23 itegujwe kotswaho umuriro yagaragaje ko aho igenzura amahoro ahinda

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Nyuma y’uko M23 itegujwe kotswaho umuriro yagaragaje ko aho igenzura amahoro ahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wategujwe na SADC ko ugiye kugabwaho ibitero simusiga byo kuwurandura, wo ukomeje kugaragaza ko mu bice ugenzura, abaturage baryama bagasinzira, ndetse ko babayeho neza kurusha mbere.

Itangazo riteguza M23 ko igiye kugabwaho ibitero byo kuyitsinsura, ryasohowe n’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC ku Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024.

Iri tangazo ry’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC ryagiraga riti “SAMIDRC ifatanyije n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bagiye gukora ibikorwa bya gisirikare byo kurandura inyeshyamba za M23, bagarure amahoro n’umutekano mu rwego rwo kuzana umwuka mwiza ndetse no kurinda abasivile n’ibyabo ko byagabwaho ibitero.”

M23 itaragira icyo ivuga kuri iri tangazo riyiburira, kuva kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, ikomeje kugaragaza ko amahoro ahinda mu bice igenzura.

Mu butumwa bwashyizwe hanze n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Mbere, bugaragaza “Abanyeshuri bo mu bice byabohowe, bari gukora ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, bari mu kizamini cyanditse.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amafoto n’amashusho bigaragaza abanyeshuri bari gukora ibizamini banahabwa amabwiriza y’ibizamini, bwakurikiwe n’ubundi bwashyizwe hanze na Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi, bugaragaza ubuyobozi bwa M23 bwasuye abarwayi bari mu bitaro, bunabashyiriye bimwe mu byo bakenera.

Ni igikorwa M23 ivuga ko cyari kigamije kwizihiza isabukuru y’imyaka 12 y’ivuka ry’uyu mutwe, aho Lawrence Kanyuka yagize ati “Mu kuzirikana isabukuru yayo [M23] kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, hakozwe igikorwa cy’urukundo cyo gusura abarwayi cyateguwe n’Ibitaro Bikuru by’Icyitegererezo bya Rutshuru.”

Ni igikorwa cyakozwe na bamwe mu barwanyi ba M23 bari kumwe n’abakada b’uyu mutwe ndetse n’abayobozi mu nzego z’ibanze muri Teritwari ya Rutshuru.

Amashusho n’amafoto byashyizwe hanze na M23, bigaragaza abarwanyi b’uyu mutwe, bari guha bimwe mu bikoresho by’ibanze abarwariye muri ibi Bitaro.

Abanyeshuri bo mu bice bigenzurwa na M23 bari mu bizamini bya Leta
Basuye abarwayi mu Bitaro babaha iby’ibanze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Kenya: Hari igikorwa cyasubukuwe nyuma y’ibyumweru bibiri gihagaze kubera imyuzure

Next Post

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.