Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in MU RWANDA
0
Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko hagaragaye abantu babiri barwaye indwara y’ubushita bw’inkende, bamwe mu bakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi barimo abatwara abagenzi kuri moto, baravuga ko badasobanukiwe iby’iyi ndwara, bagasaba ko basobanurirwa uko yandura n’uko bayirinda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko indwara y’ubushita bw’inkende iterwa na virusi ya MPox yagaragaye ku bantu bantu babiri mu Rwanda, ndetse uru rwego rusaba abaturage kuyirinda.

Bbamwe mu bakora imirimo ituma bahura n’abantu benshi kandi baturutse hirya no hino, nk’abacuruzi n’abamotari baravuga ko badasobanukiwe iby’iyi ndwara n’uko bayirinda.

Umwe mu bamotari mu mujyi wa Kigali agize ati “Ntabwo nyizi, ntayo namenye pe ariko nimuyimbwira ndayimenya mbe nabasha kumenya uko nayirinda. Cyeretse wenda niba iyo ndwara n’amafaranga ampaye yayakoraho akaba yajyaho.”

Basaba inzego zibifite mu nshingano gushyiraho uburyo bwihariye bwabafasha kuyirinda bitewe n’imirimo bakora.

Undi utwara abantu kuri moto yagize ati “Icyo nasaba ni uko batubwira ukuntu yandura bakatubwira n’abayifite tukabasha kuyirinda. Nakwirinda sinandure ngo nanduze n’umuryango wanjye nkarinda n’abandi nkarinda n’Abanyarwanda muri rusange ngendana na abo mpura na bo.”

Umuyobozi Ushinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Edson Rwagasore, avuga ko nubwo iyi ndwara yandura ariko kuyirinda bishoboka.

Ati “Nubwo bwose M-Pox yandura, kuyirinda birashoboka cyane. Umuntu wese ashobora kwandura M-POX binyuze mu gukora ku muntu uyirwaye cyangwa gukora ku matembabuzi y’uyirwaye.”

Dr. Edson Rwagasore avuga ko bimenyetso by’iyi ndwara, birimo kugira ibiheri bimeze nk’ubushye bibabaza, bituma umuntu ashaka kwishimashima.

Ati “Ufite ibyo biheri bimutera kandi kubabuka ku mubi cyane ku myanya ndangagitsina, mu maso, mu mugongo, ku kiganza. Kugira umuriro mwinshi, kubyimba mu nsina z’amatwi, kubabara umutwe bikabije no kubabara umugongo n’imikaya. Kugira inturugunyu cyangwa amasazi na byo ni ibimenyetso bimwe by’iyi ndwara.”

Indwara y’ubushita bw’inkende itangira kugaragaza ibimenyetso byayo ku wayirwaye hagati y’iminsi ibiri (2) na 19.

RBC kandi ishishikariza abaturage kwihutira kugana ku ivuriro mu gihe bagaragaje ibimenyetso, cyangwa bagahamagara ku murongo 114.

Iyi ndwara y’ubushita bw’inkende yagaragaraye kuva muri 2022 mu Bihugu bituranye n’u Rwanda birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro

Next Post

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.