Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Beata Habyarimana wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yahise agirwa umuyobozi wa BK Group PLC

Share on FacebookShare on Twitter

Beata Uwamaliza Habyarimana wahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wasimbujwe mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma mu mpera z’icyumweru gishize, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa sosiyete ya BK Group PLC isanzwe irimo na Banki ya Kigali (BK).

Itangazo ryashyizwe hanze na BK Group PLC ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, rivuga ko bishimiye gutangaza ko Beata Uwamaliza Habyarimana yagizwe Umuyobozi Mukuru wa BK Group PLC.

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya BK Group PLC, Marc Holtzman yavuze ko bishimiye guha ikaze Beata Uwamaliza Habyarimana nk’umuyobozi Mukuru w’iyi sosiyete ya BK Group PLC.

Yagize ati “Imiyoborere ye n’ubunararibonye bwagutse mu rwego rw’imari bizaba imvumba yo kwihutisha intego yacu.”

Uyu muyobozi wa BK Group PLC yatangaje ko Madamu Beata azakorana bya hafi n’abandi bayobozi b’amashami y’iyi sosiyete barimo uwa Banki ya Kigali, Diane Karusisi, uwa Bank of Kigali Plc, Alex Bahizi n’uwa BK General Insurane, Carine Umutoni.

Beata afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Masters mu by’ubukungu yakuye muri kaminuza ya Maastricht mu Buholandi, akaba yaragize imyanya itandukanye mu bigo by’imari.

Yabaye umuyobozi Wungirije muri Banki ya Afurika, akaba yaranabaye Umuyobozi Mukuru wa Agaseke Bank.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

Next Post

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.