• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Beata Habyarimana wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yahise agirwa umuyobozi wa BK Group PLC

Share on FacebookShare on Twitter

Beata Uwamaliza Habyarimana wahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wasimbujwe mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma mu mpera z’icyumweru gishize, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa sosiyete ya BK Group PLC isanzwe irimo na Banki ya Kigali (BK).

Itangazo ryashyizwe hanze na BK Group PLC ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, rivuga ko bishimiye gutangaza ko Beata Uwamaliza Habyarimana yagizwe Umuyobozi Mukuru wa BK Group PLC.

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya BK Group PLC, Marc Holtzman yavuze ko bishimiye guha ikaze Beata Uwamaliza Habyarimana nk’umuyobozi Mukuru w’iyi sosiyete ya BK Group PLC.

Yagize ati “Imiyoborere ye n’ubunararibonye bwagutse mu rwego rw’imari bizaba imvumba yo kwihutisha intego yacu.”

Uyu muyobozi wa BK Group PLC yatangaje ko Madamu Beata azakorana bya hafi n’abandi bayobozi b’amashami y’iyi sosiyete barimo uwa Banki ya Kigali, Diane Karusisi, uwa Bank of Kigali Plc, Alex Bahizi n’uwa BK General Insurane, Carine Umutoni.

Beata afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Masters mu by’ubukungu yakuye muri kaminuza ya Maastricht mu Buholandi, akaba yaragize imyanya itandukanye mu bigo by’imari.

Yabaye umuyobozi Wungirije muri Banki ya Afurika, akaba yaranabaye Umuyobozi Mukuru wa Agaseke Bank.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

Next Post

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.