Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA
2
Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inzara kuko kwikora ku munwa bisigaye ari ihurizo rikomeye bitewe n’itumbagira rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Aba baturage bavuga ko basanzwe batungwa no guca incuro ndetse n’ubuhinzi buciriritse, babwiye RADIOTV10 ko nyirabayazana y’iyi nzara ibarembeje ari izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ndetse n’ibura ry’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Umwe yagize ati “None se nk’ubu nkoreye Magana arindwi, najya kubaza ibakure [hari aho bayita mironko] y’ibishyimbo bakambwira ngo ni icyatanu, ubwo nayakura he?”

Umwe wavugishije umunyamakuru mu masaaha y’umugoroba, yagize ati “Mperuka kurya ibiryo bya nijoro saa mbiri. Ubu dusigaye turya nijoro hanyuma ku manywa ukiyaranja nturye.”

Undi na we yagize ati “Umuntu ajya gukorera magana atanu, wayageze mu rugo, umugore akakubwira ati ‘aya maganatanu aramara iki?’ ukamubwira uti ‘ihanangane ni ayo nakoreye’.”

Aba baturage kandi bavuga ko n’iyo bariye, barya ibiryo bicye ku buryo ntaho bibakora kandi biba binoroheje ku buryo bidashobora gutinda mu nda.

Undi ati “Niba uguze nk’iyo fu y’ijana n’ako gasukari k’ijana, wenda ukagura n’ako gasabune, ubundi abana bakanywa ako gakoma ukagura n’umufungo wa maganabiri w’ibijumba, ubundi bagasomeza bakararira ibyo.”

Abasanzwe bakora ubuhinzi buciriritse na bo bararira ayo kwarika kuko na bo inzara ibageze habi kubera kubura umusaruro.

Umwe ati “Turahinga nawe urabona ko imisozi yose ihinze ariko na nubu mu isoko ntibyigeze bigabanuka.”

Uyu muturage usanzwe atunzwe n’ubuhinzi, avuga ko na bo inzara ibamereye nabi, ati “Mperuka kurya nijoro nabwo nariye nk’ibiyiko bibiri gusa. Ubwo ni ugutungwa n’umwuka w’Imana ntabindi.”

Avuga ko n’abigondera ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi ari mbarwa kubera itumbagira ry’ibiciro byabyo kuko nk’ikilo cy’imyumbati cyaguraga 150 Frw ubu kiri kugura 350 Frw.

Inzego za Leta zitangaza ko izamuka ry’ibiciro ku masoko ritabonerwa umuti wa vuba ndetse ko guhagarika umuvuduko waryo bidashoboka.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa aherutse gutangaza ko icyo inzego za Leta zakora ari ukugabanya umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro ariko ko kurihagarika ubwaryo byo bidashoboka.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana we aherutse kugira inama Abaturarwanda ko kugira ngo bahangane n’ibi bibazo, ari uko bakwigomwa bakagabanya ingano y’ibyo bahahaga cyangwa bagahindura, bakajya bahaha ibidahenze cyane.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 2

  1. ka says:
    3 years ago

    Hari ikitumvikana, umuntu ufite ubutaka, ufite amaboko, ufite imvura igwa umwaka wose, avuga ko afite inzara habaye iki? Kuvana amaboko mu mifuka, kutangiza bike bafite muri alcohol ahubwo bagahahira imiryango. Murakoze

    Reply
    • Mn says:
      3 years ago

      @ka Ubwo urumva bajya guhingira 700fr bafite amasambu koko?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 16 =

Previous Post

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Next Post

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.