Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA
2
Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inzara kuko kwikora ku munwa bisigaye ari ihurizo rikomeye bitewe n’itumbagira rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Aba baturage bavuga ko basanzwe batungwa no guca incuro ndetse n’ubuhinzi buciriritse, babwiye RADIOTV10 ko nyirabayazana y’iyi nzara ibarembeje ari izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ndetse n’ibura ry’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Umwe yagize ati “None se nk’ubu nkoreye Magana arindwi, najya kubaza ibakure [hari aho bayita mironko] y’ibishyimbo bakambwira ngo ni icyatanu, ubwo nayakura he?”

Umwe wavugishije umunyamakuru mu masaaha y’umugoroba, yagize ati “Mperuka kurya ibiryo bya nijoro saa mbiri. Ubu dusigaye turya nijoro hanyuma ku manywa ukiyaranja nturye.”

Undi na we yagize ati “Umuntu ajya gukorera magana atanu, wayageze mu rugo, umugore akakubwira ati ‘aya maganatanu aramara iki?’ ukamubwira uti ‘ihanangane ni ayo nakoreye’.”

Aba baturage kandi bavuga ko n’iyo bariye, barya ibiryo bicye ku buryo ntaho bibakora kandi biba binoroheje ku buryo bidashobora gutinda mu nda.

Undi ati “Niba uguze nk’iyo fu y’ijana n’ako gasukari k’ijana, wenda ukagura n’ako gasabune, ubundi abana bakanywa ako gakoma ukagura n’umufungo wa maganabiri w’ibijumba, ubundi bagasomeza bakararira ibyo.”

Abasanzwe bakora ubuhinzi buciriritse na bo bararira ayo kwarika kuko na bo inzara ibageze habi kubera kubura umusaruro.

Umwe ati “Turahinga nawe urabona ko imisozi yose ihinze ariko na nubu mu isoko ntibyigeze bigabanuka.”

Uyu muturage usanzwe atunzwe n’ubuhinzi, avuga ko na bo inzara ibamereye nabi, ati “Mperuka kurya nijoro nabwo nariye nk’ibiyiko bibiri gusa. Ubwo ni ugutungwa n’umwuka w’Imana ntabindi.”

Avuga ko n’abigondera ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi ari mbarwa kubera itumbagira ry’ibiciro byabyo kuko nk’ikilo cy’imyumbati cyaguraga 150 Frw ubu kiri kugura 350 Frw.

Inzego za Leta zitangaza ko izamuka ry’ibiciro ku masoko ritabonerwa umuti wa vuba ndetse ko guhagarika umuvuduko waryo bidashoboka.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa aherutse gutangaza ko icyo inzego za Leta zakora ari ukugabanya umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro ariko ko kurihagarika ubwaryo byo bidashoboka.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana we aherutse kugira inama Abaturarwanda ko kugira ngo bahangane n’ibi bibazo, ari uko bakwigomwa bakagabanya ingano y’ibyo bahahaga cyangwa bagahindura, bakajya bahaha ibidahenze cyane.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 2

  1. ka says:
    3 years ago

    Hari ikitumvikana, umuntu ufite ubutaka, ufite amaboko, ufite imvura igwa umwaka wose, avuga ko afite inzara habaye iki? Kuvana amaboko mu mifuka, kutangiza bike bafite muri alcohol ahubwo bagahahira imiryango. Murakoze

    Reply
    • Mn says:
      3 years ago

      @ka Ubwo urumva bajya guhingira 700fr bafite amasambu koko?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + three =

Previous Post

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Next Post

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Related Posts

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwamaze guhagarikwa, zongeye kunyura mu Rwanda zerecyeza muri...

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika
MU RWANDA

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

12/05/2025
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.