Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA
2
Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inzara kuko kwikora ku munwa bisigaye ari ihurizo rikomeye bitewe n’itumbagira rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Aba baturage bavuga ko basanzwe batungwa no guca incuro ndetse n’ubuhinzi buciriritse, babwiye RADIOTV10 ko nyirabayazana y’iyi nzara ibarembeje ari izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ndetse n’ibura ry’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Umwe yagize ati “None se nk’ubu nkoreye Magana arindwi, najya kubaza ibakure [hari aho bayita mironko] y’ibishyimbo bakambwira ngo ni icyatanu, ubwo nayakura he?”

Umwe wavugishije umunyamakuru mu masaaha y’umugoroba, yagize ati “Mperuka kurya ibiryo bya nijoro saa mbiri. Ubu dusigaye turya nijoro hanyuma ku manywa ukiyaranja nturye.”

Undi na we yagize ati “Umuntu ajya gukorera magana atanu, wayageze mu rugo, umugore akakubwira ati ‘aya maganatanu aramara iki?’ ukamubwira uti ‘ihanangane ni ayo nakoreye’.”

Aba baturage kandi bavuga ko n’iyo bariye, barya ibiryo bicye ku buryo ntaho bibakora kandi biba binoroheje ku buryo bidashobora gutinda mu nda.

Undi ati “Niba uguze nk’iyo fu y’ijana n’ako gasukari k’ijana, wenda ukagura n’ako gasabune, ubundi abana bakanywa ako gakoma ukagura n’umufungo wa maganabiri w’ibijumba, ubundi bagasomeza bakararira ibyo.”

Abasanzwe bakora ubuhinzi buciriritse na bo bararira ayo kwarika kuko na bo inzara ibageze habi kubera kubura umusaruro.

Umwe ati “Turahinga nawe urabona ko imisozi yose ihinze ariko na nubu mu isoko ntibyigeze bigabanuka.”

Uyu muturage usanzwe atunzwe n’ubuhinzi, avuga ko na bo inzara ibamereye nabi, ati “Mperuka kurya nijoro nabwo nariye nk’ibiyiko bibiri gusa. Ubwo ni ugutungwa n’umwuka w’Imana ntabindi.”

Avuga ko n’abigondera ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi ari mbarwa kubera itumbagira ry’ibiciro byabyo kuko nk’ikilo cy’imyumbati cyaguraga 150 Frw ubu kiri kugura 350 Frw.

Inzego za Leta zitangaza ko izamuka ry’ibiciro ku masoko ritabonerwa umuti wa vuba ndetse ko guhagarika umuvuduko waryo bidashoboka.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa aherutse gutangaza ko icyo inzego za Leta zakora ari ukugabanya umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro ariko ko kurihagarika ubwaryo byo bidashoboka.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana we aherutse kugira inama Abaturarwanda ko kugira ngo bahangane n’ibi bibazo, ari uko bakwigomwa bakagabanya ingano y’ibyo bahahaga cyangwa bagahindura, bakajya bahaha ibidahenze cyane.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 2

  1. ka says:
    3 years ago

    Hari ikitumvikana, umuntu ufite ubutaka, ufite amaboko, ufite imvura igwa umwaka wose, avuga ko afite inzara habaye iki? Kuvana amaboko mu mifuka, kutangiza bike bafite muri alcohol ahubwo bagahahira imiryango. Murakoze

    Reply
    • Mn says:
      3 years ago

      @ka Ubwo urumva bajya guhingira 700fr bafite amasambu koko?

      Reply

Leave a Reply to Mn Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Next Post

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Related Posts

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, uregwa kunyereza miliyoni 15 Frw, yaburanye ahakana icyaha, avuga ko...

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

by radiotv10
03/03/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa uruhande rumwe, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo biri mu...

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

by radiotv10
03/03/2026
0

Umugabo wo mu Mueenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma mu gatuza nyuma y'intonganya zaturutse...

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

by radiotv10
03/03/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafashe, bibogamye kandi bidakwiye binagoreka ukuri ku makimbirane ari...

Before You Say “Minerals,” Remember the Shelling of Rwanda: The Security Roots of Rwanda’s Congo CONFLICT

Before You Say “Minerals,” Remember the Shelling of Rwanda: The Security Roots of Rwanda’s Congo CONFLICT

by radiotv10
03/03/2026
0

In recent years, the United States Department of the Treasury has imposed sanctions on Rwandan officials and entities linked to...

IZIHERUKA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa
MU RWANDA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

03/03/2026
Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

03/03/2026
Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

03/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.