Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wongeye gukandagira mu ngoro y’Umukuru wa USA [White House], ubwo yatangiraga imbwirwaruhame ye kuri uyu wa Kabiri, yise Perezida Joe Biden, Visi Perezida, abantu baraseka.

Barack Obama wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America hagati ya 2009-2017, yari yungirijwe na Joe Biden ubu uyoboye iki Gihugu.

Uyu mugabo ufite inkomoka muri Kenya, nyuma y’imyaka itanu adaheruka muri White House kuva yayisigira Donald Trump, yongeye kuyijyamo ubwo yari yaje mu birori byo kwishimira ibyagezweho mu bwisungane mu by’ubuvuzi buzwi nka ACA (Affordable Care Act).

Atangira ijambo rye muri iki gikorwa, yatangiye atebya, ati “Visi Perezida Biden…” abari muri White House bahise baseka, na Biden wari umuhagaze iruhande araseka bahita bongera guhoberana. Akomeza agira ati “Uko ni ko byahoze Perezida wanjye Joe Biden.”

Barack Obama yatangaje ko yishimiye kongera kuza muri White House nyuma y’igihe kirekire, ati “Numvise ko hari impinduka zakozwe na Perezida uriho. Uko bigaragara abacunga umutekano basigaye Bambara amataratara y’umurimbo…”

Abasesengura ibya Politiki batangaje ko batunguwe n’uburyo Obama yatangiye imbwirwaruhame ye kuko bumvaga aza guhita agusha ku gikorwa nyirizina cyari cyamuzanye cy’ubu bwisungane bw’ubuvuzi.

Gusa nanone abazi Obama ntibatunguwe kuko ari umwe mu bahanga mu bijyanye no gutambutsa imbwirwaruhame ku buryo yasasiraga ijambo rye kugira ngo rize gucengera muri benshi.

Obama wagarutse ku mirongo n’amategeko byashyizweho mu korohereza abantu kwitabira ubu bwisungane, yagaragaje ko ubwitabire bukiri hasi.

Ati “Intego ntabwo iri kugerwaho mu buryo bukwiye. Ntabwo intsinzi iragerwaho byuzuye.”

Barack Obama yaboneyeho gusaba abo mu ishyaka ry’aba-Democrats gukomeza kugira uruhare runini muri ubu bwisungane kuko buzafasha imiryango myinshi kuzigama amafaranga menshi basanzwe batakaza mu bikorwa by’ubuvuzi.

It’s an honor to welcome my friend President @BarackObama back to the White House. I look forward to discussing the big step we’re announcing today that would expand coverage under the Affordable Care Act for families and lower health care costs for hardworking Americans. pic.twitter.com/FkLnkB96Jt

— President Biden (@POTUS) April 5, 2022

Perezida Joe Biden mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni iby’agaciro kwakira inshuti yanjye Perezida Barack Obama wagarutse muri White House, nzakomeza kuganira nawe uburyo twateza intambwe ubwisungane bwa ACA.”

Aba bagabo bavuzweho kuba inshuti zikomeye ubwo bakoranaga muri White House kuko buzuzanyaga cyane dore ko na bo bakunze kubigaragaza mu mashusho bakundaga gushyira hanze.

Biden yishimiye kwakira Obama wari umukuriye muri iyi ngoro
Byari ibyishimo muri White House

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − 1 =

Previous Post

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Next Post

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Related Posts

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

IZIHERUKA

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura
IMYIDAGADURO

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.