Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wongeye gukandagira mu ngoro y’Umukuru wa USA [White House], ubwo yatangiraga imbwirwaruhame ye kuri uyu wa Kabiri, yise Perezida Joe Biden, Visi Perezida, abantu baraseka.

Barack Obama wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America hagati ya 2009-2017, yari yungirijwe na Joe Biden ubu uyoboye iki Gihugu.

Uyu mugabo ufite inkomoka muri Kenya, nyuma y’imyaka itanu adaheruka muri White House kuva yayisigira Donald Trump, yongeye kuyijyamo ubwo yari yaje mu birori byo kwishimira ibyagezweho mu bwisungane mu by’ubuvuzi buzwi nka ACA (Affordable Care Act).

Atangira ijambo rye muri iki gikorwa, yatangiye atebya, ati “Visi Perezida Biden…” abari muri White House bahise baseka, na Biden wari umuhagaze iruhande araseka bahita bongera guhoberana. Akomeza agira ati “Uko ni ko byahoze Perezida wanjye Joe Biden.”

Barack Obama yatangaje ko yishimiye kongera kuza muri White House nyuma y’igihe kirekire, ati “Numvise ko hari impinduka zakozwe na Perezida uriho. Uko bigaragara abacunga umutekano basigaye Bambara amataratara y’umurimbo…”

Abasesengura ibya Politiki batangaje ko batunguwe n’uburyo Obama yatangiye imbwirwaruhame ye kuko bumvaga aza guhita agusha ku gikorwa nyirizina cyari cyamuzanye cy’ubu bwisungane bw’ubuvuzi.

Gusa nanone abazi Obama ntibatunguwe kuko ari umwe mu bahanga mu bijyanye no gutambutsa imbwirwaruhame ku buryo yasasiraga ijambo rye kugira ngo rize gucengera muri benshi.

Obama wagarutse ku mirongo n’amategeko byashyizweho mu korohereza abantu kwitabira ubu bwisungane, yagaragaje ko ubwitabire bukiri hasi.

Ati “Intego ntabwo iri kugerwaho mu buryo bukwiye. Ntabwo intsinzi iragerwaho byuzuye.”

Barack Obama yaboneyeho gusaba abo mu ishyaka ry’aba-Democrats gukomeza kugira uruhare runini muri ubu bwisungane kuko buzafasha imiryango myinshi kuzigama amafaranga menshi basanzwe batakaza mu bikorwa by’ubuvuzi.

It’s an honor to welcome my friend President @BarackObama back to the White House. I look forward to discussing the big step we’re announcing today that would expand coverage under the Affordable Care Act for families and lower health care costs for hardworking Americans. pic.twitter.com/FkLnkB96Jt

— President Biden (@POTUS) April 5, 2022

Perezida Joe Biden mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni iby’agaciro kwakira inshuti yanjye Perezida Barack Obama wagarutse muri White House, nzakomeza kuganira nawe uburyo twateza intambwe ubwisungane bwa ACA.”

Aba bagabo bavuzweho kuba inshuti zikomeye ubwo bakoranaga muri White House kuko buzuzanyaga cyane dore ko na bo bakunze kubigaragaza mu mashusho bakundaga gushyira hanze.

Biden yishimiye kwakira Obama wari umukuriye muri iyi ngoro
Byari ibyishimo muri White House

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + thirteen =

Previous Post

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Next Post

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Related Posts

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali
MU RWANDA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.