Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wongeye gukandagira mu ngoro y’Umukuru wa USA [White House], ubwo yatangiraga imbwirwaruhame ye kuri uyu wa Kabiri, yise Perezida Joe Biden, Visi Perezida, abantu baraseka.

Barack Obama wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America hagati ya 2009-2017, yari yungirijwe na Joe Biden ubu uyoboye iki Gihugu.

Uyu mugabo ufite inkomoka muri Kenya, nyuma y’imyaka itanu adaheruka muri White House kuva yayisigira Donald Trump, yongeye kuyijyamo ubwo yari yaje mu birori byo kwishimira ibyagezweho mu bwisungane mu by’ubuvuzi buzwi nka ACA (Affordable Care Act).

Atangira ijambo rye muri iki gikorwa, yatangiye atebya, ati “Visi Perezida Biden…” abari muri White House bahise baseka, na Biden wari umuhagaze iruhande araseka bahita bongera guhoberana. Akomeza agira ati “Uko ni ko byahoze Perezida wanjye Joe Biden.”

Barack Obama yatangaje ko yishimiye kongera kuza muri White House nyuma y’igihe kirekire, ati “Numvise ko hari impinduka zakozwe na Perezida uriho. Uko bigaragara abacunga umutekano basigaye Bambara amataratara y’umurimbo…”

Abasesengura ibya Politiki batangaje ko batunguwe n’uburyo Obama yatangiye imbwirwaruhame ye kuko bumvaga aza guhita agusha ku gikorwa nyirizina cyari cyamuzanye cy’ubu bwisungane bw’ubuvuzi.

Gusa nanone abazi Obama ntibatunguwe kuko ari umwe mu bahanga mu bijyanye no gutambutsa imbwirwaruhame ku buryo yasasiraga ijambo rye kugira ngo rize gucengera muri benshi.

Obama wagarutse ku mirongo n’amategeko byashyizweho mu korohereza abantu kwitabira ubu bwisungane, yagaragaje ko ubwitabire bukiri hasi.

Ati “Intego ntabwo iri kugerwaho mu buryo bukwiye. Ntabwo intsinzi iragerwaho byuzuye.”

Barack Obama yaboneyeho gusaba abo mu ishyaka ry’aba-Democrats gukomeza kugira uruhare runini muri ubu bwisungane kuko buzafasha imiryango myinshi kuzigama amafaranga menshi basanzwe batakaza mu bikorwa by’ubuvuzi.

It’s an honor to welcome my friend President @BarackObama back to the White House. I look forward to discussing the big step we’re announcing today that would expand coverage under the Affordable Care Act for families and lower health care costs for hardworking Americans. pic.twitter.com/FkLnkB96Jt

— President Biden (@POTUS) April 5, 2022

Perezida Joe Biden mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni iby’agaciro kwakira inshuti yanjye Perezida Barack Obama wagarutse muri White House, nzakomeza kuganira nawe uburyo twateza intambwe ubwisungane bwa ACA.”

Aba bagabo bavuzweho kuba inshuti zikomeye ubwo bakoranaga muri White House kuko buzuzanyaga cyane dore ko na bo bakunze kubigaragaza mu mashusho bakundaga gushyira hanze.

Biden yishimiye kwakira Obama wari umukuriye muri iyi ngoro
Byari ibyishimo muri White House

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Next Post

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.