Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in MU RWANDA
0
OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO/OMS) riributsa ko COVID-19 igihari kandi ko ikica, rigira inama abatuye Isi, kwibuka ingamba zo kwirinda iyi ndwara bakazikurikiza.

Imibare y’iri shami, igaragaza ko kuva iki cyorezo cyakwaduka mu mpera za 2019, abamaze kucyandura ari 555 325 972 mu gihe abo kimaze guhitana ari 6 362 665.

OMS igaragaza ko kugeza ubu abamaze gukira iki cyorezo ari 530 092 913 mu gihe abafite ubwandu ari 18 870 394.

Ubuyobozi bw’iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, bwaboneyeho kugira inama abatuye isi ko “Abantu baracyaremba bakanapfa kubera COVID-19 buri cyumweru. Ubuzima bwawe ni ingenzi.”

Ubutumwa bwa OMS bugira inama abantu kwirinda no kurinda abandi, bugaragaza ibintu bitandatu abantu bakwiye kubahiriza mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo burimo kwikingiza, gukaraba ibiganza no gufungura amadirishya y’aho abantu bateraniye.

Kuva mu cyumweru gishize, imibare y’abasangwamo ubwandu bwa COVID-19 mu Rwanda yongeye kuzamuka aho ku ya 30 Kamena habonetse abanduye bashya 69, ku ya 01 Kamena haboneka 63, kuri 02 Kamena hagaragara 70 naho kuri 03 Kamena haboneka 79.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Muhire wari wahagaritswe ku Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yasubijwe mu nshingano

Next Post

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.