Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in SIPORO
0
Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umukinnyi wa Rayon Sports n’Ikipe y’Igihugu, Iranzi Jean Claude yerecyeje muri Leta Zunze Ubumwe za America. Hamenyekanye amakuru mpamo y’ikimujyanye ndetse hanasobanurwa niba azagaruka cyangwa atazagaruka.

Iranzi Jean Claude yuriye rutemikirere mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022 aho yari aherekejwe n’umuryango we ukamugeza ku kibuga cy’Indege i Kanombe.

Umunyamakuru wacu, Mucyo Biganiro Antha, usanzwe ari inshuti ya Iranzi Jean Claude, yavuze ko urugendo rw’uyu mukinnyi yarugize ibanda rikomeye ku bushake bwe.

Antha yavuze ko Iranzi ajya kugenda, yabanje kumuganiriza akamubitsa ibanga azamena ubwo azaba amaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America ubu akaba yamaze kugerayo muri Leta ya Indiana.

Iranzi Jean Claude yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America ku butumire bwa Buyoya wakinnye umupira w’amaguru mu Rwanda ubu utuye muri Leta Zunze Ubimwe za America.

Uyu Buyoya waganiriye na Iranzi Jean Claude uburyo azagera muri Leta Zunze Ubumwe za America akigumirayo ashakishirizayo imibereho, yamusabye kwegeranya ibyangombwa byose by’amakipe yakiniye ndetse n’ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu Amavubi.

Ngo ibi byangombwa ni byo yajyanye ku Kigo cy’Igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo yemeze ko atazigera acika, bituma bamuha Visa.

Biganiro Antha, yagize ati “Iranzi yabonye Visa ku wa Kabiri w’icyumweru cyashize, arayibika abigira ibanga, ku wa Gatandatu ni bwo yari afite urugendo, saa mbiri z’ijoro ni bwo yari ageze ku kibuga cy’indege n’umuryango we gusa, ntawundi muntu ubizi.”

Antha avuga ko ubwo Iranzi yari akigera mu ndege yamwandikiye ubutumwa amumenyesha iri banga rye ko agiye gushakishiriza imibereho muri USA.

Ati “Arambwira ati ‘nshuti yanjye, ibi bintu nkubwiye ntabwo nshaka ko ubivuga, uzabivuge nagezeyo’ arambwira ati ‘ngiye mu mujyi nyine’. Irangi yagiye Rayon Sports itabizi, nanjye iyo mbivuga nari kuba muvuyemo.”

Antha wabaraga inkuru y’igenda rya Iranzi, yagize ati “Iranzi agiye mu bukwe bwa Buyoya ariko iyo umaze kugerayo, ufata ubutumire n’ibindi bitandukanye wajyanye ukabishyira ku ruhande, ugahita utangira akazi ugatangira gushaka ibindi byangombwa byo kuba hariya tutakwirirwa tuvuga mu mazina, mu yandi magambo, abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports, aba APR, abakunzi ba Iranzi Jean Claude, Iranzi Jean Claude kwaheri n’umupira w’amaguru.”

Iranzi yamaze kugera muri USA yakirwa na Buyoya

OPERASIYO YOSE YUMVE HANO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Next Post

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.