Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in SIPORO
0
Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umukinnyi wa Rayon Sports n’Ikipe y’Igihugu, Iranzi Jean Claude yerecyeje muri Leta Zunze Ubumwe za America. Hamenyekanye amakuru mpamo y’ikimujyanye ndetse hanasobanurwa niba azagaruka cyangwa atazagaruka.

Iranzi Jean Claude yuriye rutemikirere mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022 aho yari aherekejwe n’umuryango we ukamugeza ku kibuga cy’Indege i Kanombe.

Umunyamakuru wacu, Mucyo Biganiro Antha, usanzwe ari inshuti ya Iranzi Jean Claude, yavuze ko urugendo rw’uyu mukinnyi yarugize ibanda rikomeye ku bushake bwe.

Antha yavuze ko Iranzi ajya kugenda, yabanje kumuganiriza akamubitsa ibanga azamena ubwo azaba amaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America ubu akaba yamaze kugerayo muri Leta ya Indiana.

Iranzi Jean Claude yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America ku butumire bwa Buyoya wakinnye umupira w’amaguru mu Rwanda ubu utuye muri Leta Zunze Ubimwe za America.

Uyu Buyoya waganiriye na Iranzi Jean Claude uburyo azagera muri Leta Zunze Ubumwe za America akigumirayo ashakishirizayo imibereho, yamusabye kwegeranya ibyangombwa byose by’amakipe yakiniye ndetse n’ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu Amavubi.

Ngo ibi byangombwa ni byo yajyanye ku Kigo cy’Igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo yemeze ko atazigera acika, bituma bamuha Visa.

Biganiro Antha, yagize ati “Iranzi yabonye Visa ku wa Kabiri w’icyumweru cyashize, arayibika abigira ibanga, ku wa Gatandatu ni bwo yari afite urugendo, saa mbiri z’ijoro ni bwo yari ageze ku kibuga cy’indege n’umuryango we gusa, ntawundi muntu ubizi.”

Antha avuga ko ubwo Iranzi yari akigera mu ndege yamwandikiye ubutumwa amumenyesha iri banga rye ko agiye gushakishiriza imibereho muri USA.

Ati “Arambwira ati ‘nshuti yanjye, ibi bintu nkubwiye ntabwo nshaka ko ubivuga, uzabivuge nagezeyo’ arambwira ati ‘ngiye mu mujyi nyine’. Irangi yagiye Rayon Sports itabizi, nanjye iyo mbivuga nari kuba muvuyemo.”

Antha wabaraga inkuru y’igenda rya Iranzi, yagize ati “Iranzi agiye mu bukwe bwa Buyoya ariko iyo umaze kugerayo, ufata ubutumire n’ibindi bitandukanye wajyanye ukabishyira ku ruhande, ugahita utangira akazi ugatangira gushaka ibindi byangombwa byo kuba hariya tutakwirirwa tuvuga mu mazina, mu yandi magambo, abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports, aba APR, abakunzi ba Iranzi Jean Claude, Iranzi Jean Claude kwaheri n’umupira w’amaguru.”

Iranzi yamaze kugera muri USA yakirwa na Buyoya

OPERASIYO YOSE YUMVE HANO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Next Post

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.