• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Operasiyo yo gufata uwibye insinga z’amashanyarazi yasize hatahuwe aho yari yazihishe

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Operasiyo yo gufata uwibye insinga z’amashanyarazi yasize hatahuwe aho yari yazihishe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 25 wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi, yafatanywe ikizingo cy’urusinga rw’amashanyarazi rureshya na metero 50, yari yahishe hafi y’urugo rwe.

Uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko Polisi ihawe amakuru n’abaturage, igahita itegura igikorwa cyo kumufata, akaza gusanganwa urutsinda rureshya na metero 50 yari yahishe mu gihugu kiri muri metero imwe uvuye ku rugo rwe mu Mugugudu wa Kagari mu Kagari ka Nyabishambi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, yagize ati “Hagendewe ku makuru yatanzwe na bamwe muri bo, Polisi yateguye igikorwa cyo gushakisha ucyekwaho ubwo bujura bw’insinga ku muyoboro mugari w’amashanyarazi, hafatwa umugabo w’imyaka 25 wasanganywe ikizingo cy’urusinga rureshya na metero 50 z’uburebure, yari yahishe mu gihuru kiri muri metero imwe uturutse ku rugo rwe.”

SP Jean Bosco Mwiseneza yongeye kwibutsa abaturage kugira uruhare mu kwirinda kwangiza ibikorwa remezo rusange, kuko ubu bujura bw’insinga z’amashanyarazi bubangamira umutekano, kuko aho zibwe, umuriro w’amashanyarazi ubura.

Yagize ati “Ni kenshi Polisi yagiye ishishikariza abaturage kwirinda kwangiza ibikorwa remezo rusange bitewe n’ingaruka mbi ubu bujura bugira ku mutekano, iterambere ry’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage, basabwa ahanini gutanga amakuru y’abacyekwaho kubyangiza.”

Uwafashwe n’insinga yafatanywe, yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha akurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 9 =

Previous Post

Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Next Post

DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira

DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.