Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida mushya w’Itsinda ry’Abadepite b’Ishyaka rya Moïse Katumbi, mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yizeje abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, kuzaharanira ko bagira ijambo mu Nteko ndetse n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Depite Christian Mwando Nsimba Kabulo yabitangaje nyuma yo gutorerwa kuba Perezida w’Itsinda ry’Abadepite b’ishyaka Ensemble pour la République ry’Umunyapolitiki Moïse Katumbi Chapwe, kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024 mu matora yabereye ku cyicaro cy’Inteko i Kinshasa.

Muri iki gikorwa kandi hanasuzumwe ku mategeko n’amabwiriza y’Inteko Ishinga Amategeko, agena kungurana ibitekerezo hagati y’Abadepote bo ku rwego rw’Igihugu.

Christian Mwando Nsimba Kabulo yagize ati “Hakunze kubaho ikibazo mu bikorwa by’amahame ngengamyitwarire y’Inteko Ishinga Amategeko. Murabizi ko amateteko y’Inteko Ishinga Amategeko yemejwe mu cyumweru gishize kandi yoherejwe mu Rukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga kugira ngo agenzurwe.”

Yavuze ko aya mategeko azatuma abadepite bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bagira uruhare mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ati “Kuri uyu mwanya, nk’uko nashyizweho nka Perezida w’itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko. Nemejwe na bagenzi banjye nka Perezida w’itsinda ry’Inteko ishinga Amategeko b’abatavuga rumwe.”

Ku batavuga rumwe n’ubutegetsi, Christian Mwando Nsimba Kabulo yabizeje ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ndetse no kurinda indangagaciro za Demokarasi.

Yagize ati “Icyo nabizeza, ni uko mbere na mbere iri tsinda rizaba rikomeye, rizaba rivuga ukuri igihe cyose, kandi riharanira Demokarasi nyakuri aho buri wese azaba afite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo bye mu bwisanzure.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fifteen =

Previous Post

Operasiyo yo gufata uwibye insinga z’amashanyarazi yasize hatahuwe aho yari yazihishe

Next Post

AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.