Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yakosoye imvugo itagoroye ya Ramaphosa kuri RDF anamuha ubutumwa niba Igihugu cye cyifuza guhangana

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
P.Kagame yakosoye imvugo itagoroye ya Ramaphosa kuri RDF anamuha ubutumwa niba Igihugu cye cyifuza guhangana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakosoye imvugo igoramye yakoreshejwe na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, aho yise RDF umutwe w’inyeshyamba, amubwira ko ari “Ingabo z’Igihugu, atari inyeshyamba” anamubwira kandi ko niba Igihugu cye cyifuza guhangana, u Rwanda rufite uburyo ruzabyitwaramo igihe cyabyo nikigera.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijoro ryacyeye, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, asubiza ubundi burebure bwatanzwe na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ubwo yunamiraga abasirikare 13 b’Igihugu cye baguye mu mirwano muri DRC.

Perezida Kagame yavuze ko muri iki cyumweru yagiranye ibiganiro bibiri na Ramaphosa, birimo icyo bagiranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, byombi byagarukaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Ibyagiye bitangazwa kuri ibi biganiro yaba ibyatambutse mu bitangazamakuru n’ibyatangajwe na Perezida Ramaphosa ubwe, byose byuzuye kugoreka kwinshi, kwibasira ndetse n’ibinyoma. Niba hashobora gutangazwa ibihabanye n’ibyaganiriweho bigatangazwa mu matangazo yo ku karubanda, ibyo bigaragaza uburemere bw’uko ibibazo bikomeye biri gukemurwa.”

Mu mvugo yakoreshejwe na Ramaphosa mu itangazo yanyujije kuri X avuga ku mpfu z’abasirikare 13 b’Igihugu cye, yavuze ko kubura ubuzima kwabo kwaturutse “ku gukaza umurego w’imirwano y’umutwe w’inyeshyamaba wa M23 n’umutwe wa Rwanda Defence Force (RDF)…”

Mu butumwa bw’Umukuru w’u Rwanda busubiza ubwa Ramaphosa, yakomeje avuga ko hari ibyo yifuza gutangaho umucyo ku byavuzwe na mugenzi we, ati “icya mbere, Rwanda Defence Force ni Ingabo ntabwo ari inyeshyamba.”

Naho ku kijyanye n’ingabo ziri mu butumwa bwa SADC zahawe izina rya SAMIDRC; Perezida Kagame yavuze ko atari ingabo zagiye gucunga amahoro, ndetse ko zitari zikwiye guhabwa ijambo mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Ati “Zahawe uburenganzira na SADC nk’izazanye umwiryane zishora mu mirwano yo gufasha Guverinoma ya DRC kwivuna abaturage bayo, bakorana n’imitwe y’Abajenosideri nka FDLR igambiriye guhungabanya u Rwanda, ndetse zinagamije gushoza intambara ku Rwanda ubwazo.”

Yakomeje yibutsa kandi ko izi ngabo za SAMIDRC zaje zisimbura bisa nko kwirukana ingabo zari ziri mu butumwa bw’amahoro mu buryo bufatika z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kandi ko izi za SADC zazambije ibintu zikanahindanya isura y’ibiganiro by’amahoro byariho bikorwa.

Ati “Perezida Ramaphosa ntiyigeze atanga umuburo uwo ari wo wose, ahubwo atanga ubutumwa mu rurimi rw’iwabo ntanabashije kumva. Yasabye ubufasha bwo kuba Ingabo za Afurika y’Epfo zabona amashanyarari, ibiryo n’amazi, kandi tuzafasha mu kubatangira ubutumwa.”

Perezida Kagame yakomeje kandi avuga ko muri ibyo biganiro, Ramaphosa yamwemereye ko “Nta basirikare ba Afurika y’Epfo bishwe na M23, ahubwo ko byakozwe na FARDC.”

Yasoje ubutumwa bwe avuga ko niba Afurika y’Epfo yifuza gukomeza gutanga umusanzu binyuze mu nzira z’amahoro, byaba ari amahire, ariko ko iki Gihugu kidafite umwanya mu butumwa bw’amahoro cyangwa mu buhuza. Ati “Ariko niba Afurika y’Epfo yifuza guhangana, u Rwanda rufite uburyo ruzabyitwaramo muri uwo mujyo umunsi nugera.”

Ni mu gihe kandi Perezida Ramaphosa akomeje gushyira ku gitutu n’abaturage b’Igihugu cye, bamunenga uburyo yafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare muri DRC none bakaba bari kuhatikirira, bakamusaba ibisobanuro no kuba yafata icyemezo cyo kubacyura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. akumiro says:
    6 months ago

    ariko se umuntu arohereza abasirikare kurugamba yumva batazapfa?? (Ramaphosa atekereza ko abasirikare be bazajya barasa abandi bagatega umutwe ntibasubize?) nareke kwiriza nk’umwana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 11 =

Previous Post

Ibisobanuro by’uregwa gusambanya inshuro nyinshi umukobwa we yibyariye akanamutera inda

Next Post

Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.