Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG

radiotv10by radiotv10
13/09/2021
in MU RWANDA
0
PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo Ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’umutungo wa Leta inenga Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi (REG) kuba hari  ibibanza bya yo bigera kuri 426 biri hirya no hino mu gihugu 386 bitagira  ibyangombwa by’ubutaka bwabyo ndetse  amazu ahari yarangiritse bikomeye maze abadepite babasaba kubyihera abakene. Ubuyobozi bwa REG bwavuze ko muri aya mazu hari ari mu gishanga kandi ngo bagiye kuyasana.

Ingingo yagarutsweho cyane ni ukuba hari imitungo ibarwa mu bitabo bya REG ariko itabanditse yiganjemo amazu yubatse hirya no hino mu gihugu ibariwe hamwe irarenga 400 abadepite bagize PAC banenze bikomeye ukuntu REG yananiwe kwandikisha imitungo yabo kandi ngo n’umuturage ubwe adacikanwa ni kwandikisha isambu ye bityo basaba REG guha amazu abakene niba kuyabyaza umusaruro byarabananiye.

Umwe mu badepite yagize ati” Ese bu mwananiwe kwandikisha iyo mitungo?, Ese ko mbona inzu zamezemo ibyatsi…Mwanagezeyo? Ndibaza nti ko  umuturage amenya inzira acamo ngo abone ibyangombwa by’immitungo ye, REG nk’ikigo cya leta bananijwe n’iki kwandikisha imitungo yabo?..bahitemo izo nzu nziza z’amatafarari ahiye tuzihere abakene.

Undi yunze mu rye ati “Ese nyuma y’imyaka itatu musabwa kwikosora mukaba ntacyo muratwereka ubu mugiye kutwizeza iki? Mwafashe ngamba ki ?

Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta ysabye REG kwigobotora isindwe rya Electrogaz maze igakemura ibibazo byose ifite bimaze imyaka itatu.

Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ibikorwaremezo Eng.Patricie Uwase wari kumwe n’abagize itsinda rya REG yasobanuye ko mu mitungo babwiwe ko bacunze nabi hari iri mu gishanga igiye gusenywa ariko bemera gukurikirana iyacunzwe nabi amazu akavugururwa

Ikindi cyanenzwe n’abadepite ni ukuba hari abakozi ba REG yishyuye amafaranga menshi ku yo bagombaga guhabwa angana na Million 16 z’amafaranga y’u Rwanda ndetse no kuba hari umushinga wa Gishoma wahombeje Leta miliyari 40.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + four =

Previous Post

Uwayezu François Régis wari umaze imyaka 3 ari umunyamabanga wa FERWAFA yeguye

Next Post

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

Related Posts

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

IZIHERUKA

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo
MU RWANDA

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.