Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG

radiotv10by radiotv10
13/09/2021
in MU RWANDA
0
PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo Ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’umutungo wa Leta inenga Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi (REG) kuba hari  ibibanza bya yo bigera kuri 426 biri hirya no hino mu gihugu 386 bitagira  ibyangombwa by’ubutaka bwabyo ndetse  amazu ahari yarangiritse bikomeye maze abadepite babasaba kubyihera abakene. Ubuyobozi bwa REG bwavuze ko muri aya mazu hari ari mu gishanga kandi ngo bagiye kuyasana.

Ingingo yagarutsweho cyane ni ukuba hari imitungo ibarwa mu bitabo bya REG ariko itabanditse yiganjemo amazu yubatse hirya no hino mu gihugu ibariwe hamwe irarenga 400 abadepite bagize PAC banenze bikomeye ukuntu REG yananiwe kwandikisha imitungo yabo kandi ngo n’umuturage ubwe adacikanwa ni kwandikisha isambu ye bityo basaba REG guha amazu abakene niba kuyabyaza umusaruro byarabananiye.

Umwe mu badepite yagize ati” Ese bu mwananiwe kwandikisha iyo mitungo?, Ese ko mbona inzu zamezemo ibyatsi…Mwanagezeyo? Ndibaza nti ko  umuturage amenya inzira acamo ngo abone ibyangombwa by’immitungo ye, REG nk’ikigo cya leta bananijwe n’iki kwandikisha imitungo yabo?..bahitemo izo nzu nziza z’amatafarari ahiye tuzihere abakene.

Undi yunze mu rye ati “Ese nyuma y’imyaka itatu musabwa kwikosora mukaba ntacyo muratwereka ubu mugiye kutwizeza iki? Mwafashe ngamba ki ?

Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta ysabye REG kwigobotora isindwe rya Electrogaz maze igakemura ibibazo byose ifite bimaze imyaka itatu.

Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ibikorwaremezo Eng.Patricie Uwase wari kumwe n’abagize itsinda rya REG yasobanuye ko mu mitungo babwiwe ko bacunze nabi hari iri mu gishanga igiye gusenywa ariko bemera gukurikirana iyacunzwe nabi amazu akavugururwa

Ikindi cyanenzwe n’abadepite ni ukuba hari abakozi ba REG yishyuye amafaranga menshi ku yo bagombaga guhabwa angana na Million 16 z’amafaranga y’u Rwanda ndetse no kuba hari umushinga wa Gishoma wahombeje Leta miliyari 40.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + fourteen =

Previous Post

Uwayezu François Régis wari umaze imyaka 3 ari umunyamabanga wa FERWAFA yeguye

Next Post

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

Related Posts

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

IZIHERUKA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.