Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Paris: Minisitiri yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Bucyibaruta ahishura amateka atari azwi ya Jenoside

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA
0
France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yatanze ubuhamya mu rubanza ruregwamo Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro, avuga ko iyi Perefegitura ari yo yarokotsemo Abatutsi bacye, anavuga ko we ubwe yiciwe abantu 84.

Dr Jean Damascene Bizimana watanze ubuhamya yifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure, yagaragarije Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, amwe mu mateka ashaririye Abatutsi banyuzemo kugeza kuri Jenoside.

Agaruka ku ruhare rwa Laurent Bucyibaruta muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, Dr Bizimana yavuze ko Laurent Bucyibaruta yakoresheje inama muri Cyanika ku itariki 14 Mata 1994, yo guhamagarira Abahutu kwikiza umwanzi ari we Mututsi.

Yavuze kandi ko iyi nama yatangiwemo amabwiriza yo gushyiraho za bariyeri, kugira ngo bakumire Abatutsi guhunga.

Iyi nama kandi, ni na yo yatangiwemo itegeko ko Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya Cyanika, batagomba kuhava.

Minisitiri Bizimana yavuze ko itariki yo kwica Abatutsi yemezwaga ari uko babona ko abo bashaka kwica bahageze, ku buryo iyo baburagamo umwe, bamuhigaga kugeza bamubonye bakamwica.

Yavuze ko bahurije hamwe Abatutsi babizeza kubacungira umutekano ariko ko yari amayeri yo kugira ngo babone uko babicira hamwe bitabagoye.

Minisitiri Bizimana yavuze ko ubwe yabuze abantu bagera kuri 84 bo mu muryango we, bishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yanongeyeho ko abayobozi bakuru bakwirakwizaga imvugo z’urwango, bakoreshaga amagambo azimije, nk’inyenzi, gukora akazi ariko abo babwira bakamenya icyo bababwiye.

Dr Bizimana yavuze ko imanza nk’izi z’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda bagahunga, zikenewe kugira ngo babihanirwe ndetse n’Abanyarwanda n’Isi yose bamenye ukuri nyako kuri Jenoside.

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eleven =

Previous Post

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Next Post

M23 yafashe indi mijyi ibiri ikomeye irimo uwo FARDC yiyemeje kuvamo itarwanye

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe indi mijyi ibiri ikomeye irimo uwo FARDC yiyemeje kuvamo itarwanye

M23 yafashe indi mijyi ibiri ikomeye irimo uwo FARDC yiyemeje kuvamo itarwanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.