Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in Uncategorized
0
Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umupasiteri wo mu itorero rya Christ High Commission Ministry ryo muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, yahamagajwe na Polisi kugira ngo ajye gusobanura iby’amafaranga abarirwa muri 740USD [740.000Frw] yatse abayoboke ababwira ko azabaha uburenganzira bwo kujya mu ijuru.

Uyu mushumba w’Imana witwa Ade Noah Abraham, yatse abayoboke aya mafaranga ababwira ko yabitumywe n’Imana.

Polisi yo mu gace ka Ekiti, yemeje ko iherutse gutumiza Ade Noah Abraham kugira ngo abazwe ku byo ashinjwa n’abayoboke byo kubaka amafaranga abizeza kubajyana mu uijuru.

Uyu mupasiteri avugwaho kuba yarasabye abayoboke bo muri iritorero rya Christ High Commission Ministry kuva mu rusengero bakajya kuzana Ama-Nairas 310,000 [angana na 743 USD] ubundi bakayishyura kugira ngo bazabashe kujya mu ijuru ubwo Isi izaba irangiye.

Icyo gihe yasigaranye abayoboke 40 mu rusengero ruherereye ahitwa Araromi-Ugbesi muri Omuo-Oke, muri Leta ya Ekiti, kugira ngo babe bari mu muyiteguro yo kwakira Yezu/Yesu.

Bamwe mu bayoboke baratashye bagurisha ibyabo bizeye ko bagiye kwakira umwami Yesu mu gihe abandi bahise bajya kuzana abo mu miryango yabo ngo bajyane mu ijuru.

Umwe mu bakirisitu yagize ati “Twari twizeye ko Pasiteri azamanura Yesu mu ijuru ubundi akaza akagwa mu rusengero rwe akaza kwibanira n’abakirisitu ubuziraherezo.”

Uyu mupasiteri na we yiyemerera ko yabibwiye abayoboke b’idini rye, ati “Ni byo rwose nabasabye kwishyura N310,000, nabitangaje kuko nabonaga ko abakirisitu ukwizera kwabo kugeze ahabi.”

Yakomeje agira ati “Nabikoze kuko uburenganzira nabuhawe n’Imana yampamagaye ikansaba kubikorera abifuza kubana n’umukiza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 9 =

Previous Post

Kuki ihagarikwa rya Bamporiki ryahagurukije imbaga?

Next Post

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.