• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in Uncategorized
0
Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umupasiteri wo mu itorero rya Christ High Commission Ministry ryo muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, yahamagajwe na Polisi kugira ngo ajye gusobanura iby’amafaranga abarirwa muri 740USD [740.000Frw] yatse abayoboke ababwira ko azabaha uburenganzira bwo kujya mu ijuru.

Uyu mushumba w’Imana witwa Ade Noah Abraham, yatse abayoboke aya mafaranga ababwira ko yabitumywe n’Imana.

Polisi yo mu gace ka Ekiti, yemeje ko iherutse gutumiza Ade Noah Abraham kugira ngo abazwe ku byo ashinjwa n’abayoboke byo kubaka amafaranga abizeza kubajyana mu uijuru.

Uyu mupasiteri avugwaho kuba yarasabye abayoboke bo muri iritorero rya Christ High Commission Ministry kuva mu rusengero bakajya kuzana Ama-Nairas 310,000 [angana na 743 USD] ubundi bakayishyura kugira ngo bazabashe kujya mu ijuru ubwo Isi izaba irangiye.

Icyo gihe yasigaranye abayoboke 40 mu rusengero ruherereye ahitwa Araromi-Ugbesi muri Omuo-Oke, muri Leta ya Ekiti, kugira ngo babe bari mu muyiteguro yo kwakira Yezu/Yesu.

Bamwe mu bayoboke baratashye bagurisha ibyabo bizeye ko bagiye kwakira umwami Yesu mu gihe abandi bahise bajya kuzana abo mu miryango yabo ngo bajyane mu ijuru.

Umwe mu bakirisitu yagize ati “Twari twizeye ko Pasiteri azamanura Yesu mu ijuru ubundi akaza akagwa mu rusengero rwe akaza kwibanira n’abakirisitu ubuziraherezo.”

Uyu mupasiteri na we yiyemerera ko yabibwiye abayoboke b’idini rye, ati “Ni byo rwose nabasabye kwishyura N310,000, nabitangaje kuko nabonaga ko abakirisitu ukwizera kwabo kugeze ahabi.”

Yakomeje agira ati “Nabikoze kuko uburenganzira nabuhawe n’Imana yampamagaye ikansaba kubikorera abifuza kubana n’umukiza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =

Previous Post

Kuki ihagarikwa rya Bamporiki ryahagurukije imbaga?

Next Post

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.