Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yavuze ko yishimiye gushyira umukono ku masezerano yavugururiwe i Kigali mu Rwanda yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, yizeza Isi ko Igihugu cye kigiye kurushaho gukoresha ikoranabuhanga rigabanya iyo myuka.

Joe Biden yabitangaje kuri uyu wa Kane mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, aho yagize ati “Ntewe ishema no gusinya amasezerano y’amateka yavugururiwe i Kigali, azatuma inganda za America zirushaho gukoresha uburyo butangiza ikirere.”

Yakomeje agira ati “Ubuyobozi bwanjye buri gushyiraho uburyo bushoboka bwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, bityo rero Leta Zunze Ubumwe za America igomba kuyobora amasoko y’ikoranabuhanga ritangiza ikirere kandi rigatanga imirimo mishya myinshi.”

I’m proud to sign the Kigali Amendment – a historic, bipartisan win for American manufacturing and global climate action.

My Administration is phasing down super-polluting chemicals so the U.S. can lead the clean technology markets of the future and unlock thousands of new jobs.

— President Biden (@POTUS) October 27, 2022

Aya masezerano y’i Montreal yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere yavugururiwe i Kigali mu Rwanda tariki 15 Ukwakira 2016, ni imwe mu ntambwe ikomeye yatewe n’Isi mu kubungabunga akayunguruzo k’izuba, bizatuma ubushyuhe bw’Isi bugabanuka ku kigero cyo hejuru.

Umwaka ushize ubwo hizihizwaga Isabukuru y’imyaka itanu aya masezerano amaze avugururiwe mu Rwanda, Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze ko aya masezerano aramutse yubahirijwe, yatanga umusaruro ushimishije.

Icyo gihe yavuze ko kubahiriza aya masezerano byatuma hagabanuka toni miliyari 80 z’ibyuka bya CO2 bihumanya ikirere mu mwaka wa 2050.

Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze kandi ko iyubahirizwa ry’aya masezerano byatuma igipimo cy’ubushyuhe kigabanuka kugeza kuri dogere selisiyusi 0,4 mu mwaka wa 2100.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Rubavu: Habonetse inzu yarimo magendu y’inzoga zirimo izikomeye n’imivinyu bya 50.000.000Frw

Next Post

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

by radiotv10
18/09/2025
0

Across Africa, the phrase “African Time” is often used in conversations, parties, and even workplaces. It is a joking way...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

IZIHERUKA

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu
FOOTBALL

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

18/09/2025
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.