Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yavuze ko yishimiye gushyira umukono ku masezerano yavugururiwe i Kigali mu Rwanda yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, yizeza Isi ko Igihugu cye kigiye kurushaho gukoresha ikoranabuhanga rigabanya iyo myuka.

Joe Biden yabitangaje kuri uyu wa Kane mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, aho yagize ati “Ntewe ishema no gusinya amasezerano y’amateka yavugururiwe i Kigali, azatuma inganda za America zirushaho gukoresha uburyo butangiza ikirere.”

Yakomeje agira ati “Ubuyobozi bwanjye buri gushyiraho uburyo bushoboka bwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, bityo rero Leta Zunze Ubumwe za America igomba kuyobora amasoko y’ikoranabuhanga ritangiza ikirere kandi rigatanga imirimo mishya myinshi.”

I’m proud to sign the Kigali Amendment – a historic, bipartisan win for American manufacturing and global climate action.

My Administration is phasing down super-polluting chemicals so the U.S. can lead the clean technology markets of the future and unlock thousands of new jobs.

— President Biden (@POTUS) October 27, 2022

Aya masezerano y’i Montreal yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere yavugururiwe i Kigali mu Rwanda tariki 15 Ukwakira 2016, ni imwe mu ntambwe ikomeye yatewe n’Isi mu kubungabunga akayunguruzo k’izuba, bizatuma ubushyuhe bw’Isi bugabanuka ku kigero cyo hejuru.

Umwaka ushize ubwo hizihizwaga Isabukuru y’imyaka itanu aya masezerano amaze avugururiwe mu Rwanda, Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze ko aya masezerano aramutse yubahirijwe, yatanga umusaruro ushimishije.

Icyo gihe yavuze ko kubahiriza aya masezerano byatuma hagabanuka toni miliyari 80 z’ibyuka bya CO2 bihumanya ikirere mu mwaka wa 2050.

Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze kandi ko iyubahirizwa ry’aya masezerano byatuma igipimo cy’ubushyuhe kigabanuka kugeza kuri dogere selisiyusi 0,4 mu mwaka wa 2100.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Rubavu: Habonetse inzu yarimo magendu y’inzoga zirimo izikomeye n’imivinyu bya 50.000.000Frw

Next Post

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.