Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yavuze ko yishimiye gushyira umukono ku masezerano yavugururiwe i Kigali mu Rwanda yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, yizeza Isi ko Igihugu cye kigiye kurushaho gukoresha ikoranabuhanga rigabanya iyo myuka.

Joe Biden yabitangaje kuri uyu wa Kane mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, aho yagize ati “Ntewe ishema no gusinya amasezerano y’amateka yavugururiwe i Kigali, azatuma inganda za America zirushaho gukoresha uburyo butangiza ikirere.”

Yakomeje agira ati “Ubuyobozi bwanjye buri gushyiraho uburyo bushoboka bwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, bityo rero Leta Zunze Ubumwe za America igomba kuyobora amasoko y’ikoranabuhanga ritangiza ikirere kandi rigatanga imirimo mishya myinshi.”

I’m proud to sign the Kigali Amendment – a historic, bipartisan win for American manufacturing and global climate action.

My Administration is phasing down super-polluting chemicals so the U.S. can lead the clean technology markets of the future and unlock thousands of new jobs.

— President Biden (@POTUS) October 27, 2022

Aya masezerano y’i Montreal yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere yavugururiwe i Kigali mu Rwanda tariki 15 Ukwakira 2016, ni imwe mu ntambwe ikomeye yatewe n’Isi mu kubungabunga akayunguruzo k’izuba, bizatuma ubushyuhe bw’Isi bugabanuka ku kigero cyo hejuru.

Umwaka ushize ubwo hizihizwaga Isabukuru y’imyaka itanu aya masezerano amaze avugururiwe mu Rwanda, Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze ko aya masezerano aramutse yubahirijwe, yatanga umusaruro ushimishije.

Icyo gihe yavuze ko kubahiriza aya masezerano byatuma hagabanuka toni miliyari 80 z’ibyuka bya CO2 bihumanya ikirere mu mwaka wa 2050.

Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yavuze kandi ko iyubahirizwa ry’aya masezerano byatuma igipimo cy’ubushyuhe kigabanuka kugeza kuri dogere selisiyusi 0,4 mu mwaka wa 2100.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Rubavu: Habonetse inzu yarimo magendu y’inzoga zirimo izikomeye n’imivinyu bya 50.000.000Frw

Next Post

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.