• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ari muri Senegal

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ari muri Senegal
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika “Africa Food Systems Forum’ yiga ku guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi mu rwego rwo kwihaza mu biribwa ku Mugabane wa Afurika.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yageze i Dakar kuri iki Cyumweru tariki 31 Kanama nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yatangaje ko “Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal, aho yakiriwe na Perezida Bassirou Diomaye Faye.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko Perezida Kagame yagiye muri Senegal mu Nama y’Ihuriro Nyafurika Africa Food Systems Forum (AFS Forum) rya 2025 ryiga ku kwihaza mu biribwa.

AFS Forum ni Ihuriro rigira uruhare runini mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, bigamije kongera umusaruro w’ibikomoka kuri uru rwego rufatiye runini imibereho ya muntu.

Abitabira iri Huriro Ngarukamwaka, bungarana ibitekerezo kugira ngo hafatwe ingamba zo kuzamura ubuhinzi n’ubworozi ku Mugabane wa Afurika.

Iri huriro rihuza abo mu ngeri zinyuranye, rifite abafatanyabikorwa 28, iry’umwaka ushize wa 2024, ryabereye mu Rwanda, aho ryari rifite insanganyamatsiko yagiraga iti “Innovate, Accelerate, and Scale: Delivering Food Systems Transformation in a Digital and Climate Era”.

Perezida Paul Kagame witabiriye iri huriro ry’uyu mwaka rigiye kubera muri Senegal, ni Umwe mu banyacyubahiro b’inararibonye mu bitekerezo byagira uruhare mu gukomeza kuzamura urwego rw’Ubuhinzi n’ubworozi, nk’Umuyobozi w’Igihugu gikomeje guteza imbere izi nzego.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Perezida Bassirou Diomaye Faye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

Next Post

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.