Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakwihanganira kuvugwa nabi ariko rutakwihanganira icyaruhungabanya

radiotv10by radiotv10
01/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakwihanganira kuvugwa nabi ariko rutakwihanganira icyaruhungabanya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rushobora kwihanganira kunengwa no kuvugwa nabi uko byaba bingana kose nubwo byinshi biba bidafite ishingiro, ariko ko rudashobora kwihanganira icyahungabanya umutekano w’Abanyarwanda

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijambo ryinjiza Abanyarwanda mu mwaka wa 2024, ryatambutse mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa 31 Ukuboza 2023.

Perezida Paul Kagame yatangiye yibutsa Abanyarwanda ibyiza bagezeho muri uyu mwaka basoje, byagize uruhare mu iterambere ry’Igihugu birimo ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’ibya siporo byagize uruhare mu kuzanira amahirwe Abanyarwanda.

Muri ibyo bikorwa, harimo inama mpuzamahanga nka Women Delivery, iserukiramuco cya Giants of Africa, irushanwa rya Basketball rya BAL ndetse n’ibitaramo bya Global Citizen.

Yagize ati “Kwakira ibi birori, bitanga amafaranga n’akazi mu Banyarwanda, bigateza Igihugu imbere.”

Yanagarutse kandi ku bikorwa byagezweho bikomeye nko gutangiza Ikigo IRCAD, ndetse n’uruganda rw’inkingo n’imiti rwa BioNTech.

Yavuze ko ibi byose bigerwaho kubera icyizere u Rwanda rwifitiye ndetse n’abafaranyabikorwa bakabona aho bahera bakirugirira, aboneraho kandi gushimira buri Munyarwanda ko bose bagenda bagira uruhare mu byo Igihugu kigeraho.

Gusa nanone yavuze ko muri uyu mwaka wa 2023, habayeho ibibazo birimo imyuzure yibasiye Intara y’Iburengerazuba yahitanye ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda.

Nanone habayeho ibibazo by’umutekano biri mu karere ndetse n’ibiri ku mipaka ihuza u Rwanda na bimwe mu Bihugu, ariko yizeza Abanyarwanda ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose kugira ngo ibyo bibazo bitabageraho.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko dushobora kwihanganira kunengwa no kuvugwa nabi uko byaba bingana kose nubwo akenshi biba bidafite ishingiro. Twe tuzakomeza gukora ibikenewe kugira ngo Abanyarwanda bahore batekanye uko byagenda kose.”

Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abayobozi bacyo guhera kuri Perezida Felix Tshisekedi, bakunze kuvuga kenshi ko bifuza gutera u Rwanda, ndetse akaba aherutse kubisubiramo ubwo yiyamamarizaga kongera kuyobora iki Gihugu, akanavuga amagambo atari meza ku Rwanda no ku Mukuru warwo.

Muri ubu butumwa bwa Perezida Kagame bwifuriza umwaka mwiza Abanyarwanda, ntiyagarutse ku byakunze gutangazwa na mugenzi we Tshisekedi, gusa yizeje Abanyarwanda ko nubwo hari abakomeje kwifuza kubahungabanyiriza umutekano, ariko ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose ruhangane na bo.

Yavuze kandi ko u Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kugarura amahoro no kuyabungabunga mu Bihugu by’ibivandimwe bya Afurika bizifuza ko rubifasha.

Nk’uko Umukuru w’u Rwanda akunze kubyitsa Abanyarwanda, yongeye kubabwira ko ahabi bavuye, ari urugero rwiza rwo kudacika intege, ndetse ko nta heza batagera.

Ati “Iyo twibutse aho twavuye n’uko twari tubayeho, dusanga nta mpamvu yo kwinuba no gucika intege. Ikimenyetso kidukomeza kandi kiduha icyizere cy’ejo hazaza, ni imbaraga tubona mu rubyiruko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Tuzakomeza kubaba hafi-P.Kagame yashimiye Ingabo z’u Rwanda yitsa ku miryango y’ababuriye ubuzima ku rugamba

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Related Posts

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

IZIHERUKA

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho
BASKETBALL

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.