Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakwihanganira kuvugwa nabi ariko rutakwihanganira icyaruhungabanya

radiotv10by radiotv10
01/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakwihanganira kuvugwa nabi ariko rutakwihanganira icyaruhungabanya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rushobora kwihanganira kunengwa no kuvugwa nabi uko byaba bingana kose nubwo byinshi biba bidafite ishingiro, ariko ko rudashobora kwihanganira icyahungabanya umutekano w’Abanyarwanda

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijambo ryinjiza Abanyarwanda mu mwaka wa 2024, ryatambutse mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa 31 Ukuboza 2023.

Perezida Paul Kagame yatangiye yibutsa Abanyarwanda ibyiza bagezeho muri uyu mwaka basoje, byagize uruhare mu iterambere ry’Igihugu birimo ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’ibya siporo byagize uruhare mu kuzanira amahirwe Abanyarwanda.

Muri ibyo bikorwa, harimo inama mpuzamahanga nka Women Delivery, iserukiramuco cya Giants of Africa, irushanwa rya Basketball rya BAL ndetse n’ibitaramo bya Global Citizen.

Yagize ati “Kwakira ibi birori, bitanga amafaranga n’akazi mu Banyarwanda, bigateza Igihugu imbere.”

Yanagarutse kandi ku bikorwa byagezweho bikomeye nko gutangiza Ikigo IRCAD, ndetse n’uruganda rw’inkingo n’imiti rwa BioNTech.

Yavuze ko ibi byose bigerwaho kubera icyizere u Rwanda rwifitiye ndetse n’abafaranyabikorwa bakabona aho bahera bakirugirira, aboneraho kandi gushimira buri Munyarwanda ko bose bagenda bagira uruhare mu byo Igihugu kigeraho.

Gusa nanone yavuze ko muri uyu mwaka wa 2023, habayeho ibibazo birimo imyuzure yibasiye Intara y’Iburengerazuba yahitanye ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda.

Nanone habayeho ibibazo by’umutekano biri mu karere ndetse n’ibiri ku mipaka ihuza u Rwanda na bimwe mu Bihugu, ariko yizeza Abanyarwanda ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose kugira ngo ibyo bibazo bitabageraho.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko dushobora kwihanganira kunengwa no kuvugwa nabi uko byaba bingana kose nubwo akenshi biba bidafite ishingiro. Twe tuzakomeza gukora ibikenewe kugira ngo Abanyarwanda bahore batekanye uko byagenda kose.”

Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abayobozi bacyo guhera kuri Perezida Felix Tshisekedi, bakunze kuvuga kenshi ko bifuza gutera u Rwanda, ndetse akaba aherutse kubisubiramo ubwo yiyamamarizaga kongera kuyobora iki Gihugu, akanavuga amagambo atari meza ku Rwanda no ku Mukuru warwo.

Muri ubu butumwa bwa Perezida Kagame bwifuriza umwaka mwiza Abanyarwanda, ntiyagarutse ku byakunze gutangazwa na mugenzi we Tshisekedi, gusa yizeje Abanyarwanda ko nubwo hari abakomeje kwifuza kubahungabanyiriza umutekano, ariko ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose ruhangane na bo.

Yavuze kandi ko u Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kugarura amahoro no kuyabungabunga mu Bihugu by’ibivandimwe bya Afurika bizifuza ko rubifasha.

Nk’uko Umukuru w’u Rwanda akunze kubyitsa Abanyarwanda, yongeye kubabwira ko ahabi bavuye, ari urugero rwiza rwo kudacika intege, ndetse ko nta heza batagera.

Ati “Iyo twibutse aho twavuye n’uko twari tubayeho, dusanga nta mpamvu yo kwinuba no gucika intege. Ikimenyetso kidukomeza kandi kiduha icyizere cy’ejo hazaza, ni imbaraga tubona mu rubyiruko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 5 =

Previous Post

Tuzakomeza kubaba hafi-P.Kagame yashimiye Ingabo z’u Rwanda yitsa ku miryango y’ababuriye ubuzima ku rugamba

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.