Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

radiotv10by radiotv10
27/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
5
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ababihombeyemo ntibazagira icyo babaza, ati “ahubwo bakwiye kujya muri 1930.”

Perezida Paul Kagame yagarutse ku bikorwa bimaze iminsi byo gushora imari mu bisa no kugerageza amahirwe byadutse muri iki gihe, byayobotswe n’ingeri zose kuva ku Bajenerali, Abaminisitiri kugeza ku baturage basanzwe, avuga ko bidakwiye ndetse ko ababigiyemo bakabihomberamo n’ababibashishikarije bari bakwiye kubibazwa.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’umushyikirano yahurije hamwe Abanyarwanda bose.

Ubwo yagarukaga ku migirire mibi ya bamwe mu bayobozi, Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibyadutse muri iki gihe byo gushishikariza abantu gushora amafaranga mu bisa no kugerageza amahirwe.

Yavuze kandi ko ibi byayobotswe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu.

Ati “Birimo abaminisitiri, birimo ba General, biri mu gisirikare biri mu gipolisi, mukajya aho mukajya muri ‘Chia seeds’ [ni bumwe mu buryo bwo muri ibi bikorwa] mwamara guhomba udufaranga mwari mufite mwagiye kuturunda mu mwobo uri budutware mukaza ngo ‘urareba tugomba gufasha abaturage’…mufasha abaturage? Ayo mafaranga iyo uyabaha se ahubwo niba ushaka gufasha abaturage.”

Avuga ko abijandika muri ibi bikorwa baba bashaka gukira vuba ariko ko bwa bukire baba birukiye birangira batabubonye, asaba abantu gukora bicye byiza.

Ati “Warangiza ukaza mu bagomba gufashwa na Leta, iyaba ari wowe warwaraga Bwaki ahubwo, bariya bana bazira ubusa…iyaba yagushiragaho ukarwara Bwaki wabyumva.”

Perezida Kagame yavuze ko nta faranga na rimwe rizajya gufasha abahombeye muri ubu bwambuzi, kuko hari byinshi Leta ikwiye gukora.

Ati “Abantu ba tombola ahubwo aho bakwiye kujya ni hehe? 1930 iracyabaho? Aho ni ho bakwiye kujya. Ari uwabishutse abantu, ari uwabigiyemo, bose bakwiye kujya aho, bagahurirayo noneho bakabikemura.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko abayobozi bishoye muri ibi bikorwa bitanoze bakwiye kubivamo ntibakomeze gutegereza ko hari uzaza kubibabwira.

RADIOTV10

Comments 5

  1. Karasira Jean Claude says:
    3 years ago

    Ni ukuri rwose babihe umurongo kuko ubona ko birimo gutera ubukene mubantu cyane cyane urubyiruko.

    Reply
    • Paul says:
      3 years ago

      Arko x Koko nabantu bize bakaminuza baba umutwaro kuri leta kugera ubwo ibasaba ati mureke ku betting ngaho araban.ubwo kuko bahombye baraje ati nyuma yo kubona ko abaturage babangamiwe niyi mikino ibaye ihagaritswe .Kandi Ari impamvu yo guhombya ba nyirayo

      Reply
  2. Rev Nsengiyumva Dieudonne says:
    3 years ago

    Nyakubahwa wacu rwose arakoze. Kuko abantu bagiye kuzasara, ndetse njye mbona ibyo bita amahirwe ,iribyo byatije umurindi abajurura bajujubije abaturage. Fat’amafaranga bari bafite. Bakayashora muri ubwambuzi,bikarangira bahombye, ubundi bakishora mu bikorwa bibi byo kwambura, abaturage, bataretse,no kubambura. Ubuzima. Abayobozi nabo niyo mpamvu, usannga ruswa barayigize intego. Aho gusohoza inshingano bababemeye gukora. Mu by’ukuri ibikorwa by’imikino ya mahirwe, njye nasaba ko bikwiye guhagarikwa. Kuko birashyira, igi hugu mukaga. Nawe urabona, uko ibintu bihagaze naduke twabonetse aho gutunga umuryango tukigira Muri Bete “Bwaki ntiyabura rwa” Gusa Imana shimwe, ko yaduhaye umuyobozi ,w’uzuye ubunararibonye muri byose. Imana ijye imukomereza amaboko.
    Murakoze

    Reply
  3. Justin Ngiro says:
    3 years ago

    Iyaba byaribihagaritswe pe!!! Dore urubyiruko tugiye kuba abatindi pe!!! Kdi n’ama radio twizera niyo yirirwa atwoshya ngo tubikore!!!! Umubyeyi wacu atubere maso tutarajya kuba inzererezi mumihanda!!

    Reply
  4. Miseke says:
    3 years ago

    Chia seed ni igihungwa cyakenesheje uburasirazuba.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − nine =

Previous Post

Umubare w’Abanyarwanda bose wamenyekanye: Abagore ni bo benshi

Next Post

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.