Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

radiotv10by radiotv10
27/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
5
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ababihombeyemo ntibazagira icyo babaza, ati “ahubwo bakwiye kujya muri 1930.”

Perezida Paul Kagame yagarutse ku bikorwa bimaze iminsi byo gushora imari mu bisa no kugerageza amahirwe byadutse muri iki gihe, byayobotswe n’ingeri zose kuva ku Bajenerali, Abaminisitiri kugeza ku baturage basanzwe, avuga ko bidakwiye ndetse ko ababigiyemo bakabihomberamo n’ababibashishikarije bari bakwiye kubibazwa.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’umushyikirano yahurije hamwe Abanyarwanda bose.

Ubwo yagarukaga ku migirire mibi ya bamwe mu bayobozi, Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibyadutse muri iki gihe byo gushishikariza abantu gushora amafaranga mu bisa no kugerageza amahirwe.

Yavuze kandi ko ibi byayobotswe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu.

Ati “Birimo abaminisitiri, birimo ba General, biri mu gisirikare biri mu gipolisi, mukajya aho mukajya muri ‘Chia seeds’ [ni bumwe mu buryo bwo muri ibi bikorwa] mwamara guhomba udufaranga mwari mufite mwagiye kuturunda mu mwobo uri budutware mukaza ngo ‘urareba tugomba gufasha abaturage’…mufasha abaturage? Ayo mafaranga iyo uyabaha se ahubwo niba ushaka gufasha abaturage.”

Avuga ko abijandika muri ibi bikorwa baba bashaka gukira vuba ariko ko bwa bukire baba birukiye birangira batabubonye, asaba abantu gukora bicye byiza.

Ati “Warangiza ukaza mu bagomba gufashwa na Leta, iyaba ari wowe warwaraga Bwaki ahubwo, bariya bana bazira ubusa…iyaba yagushiragaho ukarwara Bwaki wabyumva.”

Perezida Kagame yavuze ko nta faranga na rimwe rizajya gufasha abahombeye muri ubu bwambuzi, kuko hari byinshi Leta ikwiye gukora.

Ati “Abantu ba tombola ahubwo aho bakwiye kujya ni hehe? 1930 iracyabaho? Aho ni ho bakwiye kujya. Ari uwabishutse abantu, ari uwabigiyemo, bose bakwiye kujya aho, bagahurirayo noneho bakabikemura.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko abayobozi bishoye muri ibi bikorwa bitanoze bakwiye kubivamo ntibakomeze gutegereza ko hari uzaza kubibabwira.

RADIOTV10

Comments 5

  1. Karasira Jean Claude says:
    3 years ago

    Ni ukuri rwose babihe umurongo kuko ubona ko birimo gutera ubukene mubantu cyane cyane urubyiruko.

    Reply
    • Paul says:
      3 years ago

      Arko x Koko nabantu bize bakaminuza baba umutwaro kuri leta kugera ubwo ibasaba ati mureke ku betting ngaho araban.ubwo kuko bahombye baraje ati nyuma yo kubona ko abaturage babangamiwe niyi mikino ibaye ihagaritswe .Kandi Ari impamvu yo guhombya ba nyirayo

      Reply
  2. Rev Nsengiyumva Dieudonne says:
    3 years ago

    Nyakubahwa wacu rwose arakoze. Kuko abantu bagiye kuzasara, ndetse njye mbona ibyo bita amahirwe ,iribyo byatije umurindi abajurura bajujubije abaturage. Fat’amafaranga bari bafite. Bakayashora muri ubwambuzi,bikarangira bahombye, ubundi bakishora mu bikorwa bibi byo kwambura, abaturage, bataretse,no kubambura. Ubuzima. Abayobozi nabo niyo mpamvu, usannga ruswa barayigize intego. Aho gusohoza inshingano bababemeye gukora. Mu by’ukuri ibikorwa by’imikino ya mahirwe, njye nasaba ko bikwiye guhagarikwa. Kuko birashyira, igi hugu mukaga. Nawe urabona, uko ibintu bihagaze naduke twabonetse aho gutunga umuryango tukigira Muri Bete “Bwaki ntiyabura rwa” Gusa Imana shimwe, ko yaduhaye umuyobozi ,w’uzuye ubunararibonye muri byose. Imana ijye imukomereza amaboko.
    Murakoze

    Reply
  3. Justin Ngiro says:
    3 years ago

    Iyaba byaribihagaritswe pe!!! Dore urubyiruko tugiye kuba abatindi pe!!! Kdi n’ama radio twizera niyo yirirwa atwoshya ngo tubikore!!!! Umubyeyi wacu atubere maso tutarajya kuba inzererezi mumihanda!!

    Reply
  4. Miseke says:
    3 years ago

    Chia seed ni igihungwa cyakenesheje uburasirazuba.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + two =

Previous Post

Umubare w’Abanyarwanda bose wamenyekanye: Abagore ni bo benshi

Next Post

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.