Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
19/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye umuhango wo kwakira ku meza wateguwe n’Urwego Ngishwanana rw’Abanyamerika rwa American Global Strategies.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yitabiriye uyu musangiro wabaye ku mugoroba [muri USA] wo kuri uyu wa Mbere.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko uyu musangiro “wateguwe na American Global Strategies, Urwego Ngishwanama ku ngamba, rwashinzwe n’uwahoze ari umujyanama mu by’umutekano muri America Robert O’Brien.”

Umukuru w’u Rwanda ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yitabiriye ibikorwa by’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78 itangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri 2023.

Perezida Paul Kagame kandi ku Cyumweru yahuye n’Abagize Akanama k’Impuguke Ngishwanama ke (PAC), baganira ku bikenewe gukorwa mu rwego rwo gukomeza kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Aha muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame akomeje guhura n’abayobozi banyuranye, barimo abayobora Ibigo bikomeye, nka Albert Bourla usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Uruganda Phizer rukora imiti n’inkingo, baganiriye ku kongerera imbaraga imikoranire isanzwe iri hagati y’uru ruganda n’u Rwanda.

Perezida Paul Kagame kandi yanahuye na Keller Rinaudo Cliffton, Umuyobozi Mukuru wa Zipline, isanzwe inafite ibikorwa mu Rwanda by’indege zitagira abapilote zifashishwa mu kugeza amaraso n’imiti mu bitaro n’amavuriro anyuranye.

Uru ruganda rwa Zipline rusanzwe rukorera mu Bihugu birindwi, birimo u Rwanda, ari na ho rufite ibikorwa byinshi kurusha ahandi rukorera.

Perezida Kagame na Keller Rinaudo baganiriye ku kwagura imikoranire ya Zipline n’u Rwanda, isanzwe ihagaze neza kandi itanga umusaruro ushimishije.

Perezida Kagame yitabiriye uyu musangiro
Yanagejeje ubutumwa ku bawitabiriye
Yashimiwe imiyoborere ye myiza

Perezida Kagame yari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri USA, Mathilde Mukantabana

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Hamenyekanye igihe hazerekanirwaho film ivuga ku Rwanda y’Ikirangirire ku Isi Ellen DeGeneres

Next Post

Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.