Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
19/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye umuhango wo kwakira ku meza wateguwe n’Urwego Ngishwanana rw’Abanyamerika rwa American Global Strategies.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yitabiriye uyu musangiro wabaye ku mugoroba [muri USA] wo kuri uyu wa Mbere.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko uyu musangiro “wateguwe na American Global Strategies, Urwego Ngishwanama ku ngamba, rwashinzwe n’uwahoze ari umujyanama mu by’umutekano muri America Robert O’Brien.”

Umukuru w’u Rwanda ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yitabiriye ibikorwa by’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78 itangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri 2023.

Perezida Paul Kagame kandi ku Cyumweru yahuye n’Abagize Akanama k’Impuguke Ngishwanama ke (PAC), baganira ku bikenewe gukorwa mu rwego rwo gukomeza kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Aha muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame akomeje guhura n’abayobozi banyuranye, barimo abayobora Ibigo bikomeye, nka Albert Bourla usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Uruganda Phizer rukora imiti n’inkingo, baganiriye ku kongerera imbaraga imikoranire isanzwe iri hagati y’uru ruganda n’u Rwanda.

Perezida Paul Kagame kandi yanahuye na Keller Rinaudo Cliffton, Umuyobozi Mukuru wa Zipline, isanzwe inafite ibikorwa mu Rwanda by’indege zitagira abapilote zifashishwa mu kugeza amaraso n’imiti mu bitaro n’amavuriro anyuranye.

Uru ruganda rwa Zipline rusanzwe rukorera mu Bihugu birindwi, birimo u Rwanda, ari na ho rufite ibikorwa byinshi kurusha ahandi rukorera.

Perezida Kagame na Keller Rinaudo baganiriye ku kwagura imikoranire ya Zipline n’u Rwanda, isanzwe ihagaze neza kandi itanga umusaruro ushimishije.

Perezida Kagame yitabiriye uyu musangiro
Yanagejeje ubutumwa ku bawitabiriye
Yashimiwe imiyoborere ye myiza

Perezida Kagame yari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri USA, Mathilde Mukantabana

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Hamenyekanye igihe hazerekanirwaho film ivuga ku Rwanda y’Ikirangirire ku Isi Ellen DeGeneres

Next Post

Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

Abahinzi n’urwego rubareberera ntibumva kimwe impungenge zifitwe n’uruhande rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.