• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Perezida Kagame muri DRCongo yagaragaje akamaro k’ibiganiro bihoraho hagati y’ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in POLITIKI
0
Perezida Kagame muri DRCongo yagaragaje akamaro k’ibiganiro bihoraho hagati y’ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Nyuma yo kugirana ibiganiro byihariye na mugenzi we Félix Tshisekedi, yavuze ko ibiganiro bihoraho hagati y’ibihugu ari ingenzi kandi ko ibi bidakwiye kuba hagati y’u Rwanda na DRC gusa ahubwo no mu bindi bihugu byo mu karere n’ahandi hose.

Perezida Paul Kagame yabivugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yagiye kuri uyu wa Kane tariki 25 Ugushyingo 2021 mu nama yiga ku buringanire, ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa n’uruhare rw’abagabo mu kurirandura.

Perezida Kagame wavuze ko iki kibazo gituma bimwe mu bihugu bidatera imbere, yavuze ko Umugabane wa Afurika ufite icyo wakora ngo iri hohoterwa riranduke burundu.

Perezida Kagame kandi yashimye mugenzi we Félix Tshisekedi wamutumiye muri iyi nama, anagaruka ku mubano mwiza w’Ibihugu byombi ukomeje gusagamba.

Ati “Icy’ingenzi gikomeye ni ibiganiro bihoraho biduhuza bigamije gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi by’ingenzi ku mahoro, iterambere n’umutekano atari ku bihugu byacu byombi ahubwo no mu karere n’ahandi.”

Kuva Félix Tshisekedi yatorerwa kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umubano w’ibihugu byombi wakunze kugaragaramo intambwe nziza, bikaba byaranakunze kugaragazwa n’ibiganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiye bagirana.

Perezida Kagame yakunze kugaruka ku miyoborere ya mugenzi we Félix Tshisekedi waranzwe no gutuma ibi bihugu by’ibituranyi bibana neza.

Yavuze ko ibihugu biba bikwiye kugirana ibiganiro bihoraho
Perezida Kagame na mugenzi we Félix Tshisekedi baganiriye n’Itangazamakuru
Bagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Marine, Rutsiro na Etincelles FC zakomorewe kwakirira imikino kuri Stade Umuganda hakaza n’abafana

Next Post

Sweden: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

by radiotv10
30/05/2026
0

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiriko ko rukwiye gushyira imbere ikizaramira Igihugu cyarwibarutse, arwizeza ko nubwo hari imwe mu miryango igifite...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Uko byagenze ngo ibiganiro by’intumwa za AFC/M23 n’u Busuwisi byari kubera i Goma bibere mu Rwanda

by radiotv10
28/05/2026
0

Intumwa z’u Busuwisi zigenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho hagati y’ubutegetsi bwa DRC na AFC/M23 ziherutse kugirira ibiganiro mu Rwanda n’abahagarariye...

Next Post
Sweden: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe

Sweden: Minisitiri w'Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.