Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Sweden: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in Uncategorized
0
Sweden: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Magdalena Andersson wari wotorewe kuba Minisitiri w’Intebe wa Sweden akaba ari na we mugore wa mbere wari utorewe uyu mwanya muri iki Gihugu, yeguye ku nshingano ze nyuma y’amasaha macye yemejwe.

Madamu Magdalena Andersson yari yatangajwe kuri uyu wa Gatatu nka Minisitiri w’Intebe ariko akaba yeguye nyuma y’uko ishyaka bahuriye mu rugaga ruri ku butegetsi rivuye muri Guverinoma n’igitekerezo cyaryo cy’ingengo y’imari nticyemerwe.

Ahubwo, inteko ishingamategeko yatoye yemeza ingengo y’imari yatanzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo abafite ibitekerezo by’ubuhezanguni byo kwamagana abimukira.

Ubwo yatangazaga ubu bwegure bwe, Madamu Andersson yagize ati “Nabwiye Perezida w’inteko ko nifuza kwegura.”

Andersson wari ubaye umugore wa mbere ubaye Minisitiri w’Intebe muri Sweden, atangaza ko yizeye kongera kugerageza amahirwe yo gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe.

Andersson wo mu ishyaka rya Social Democratic Party yagize ati “Sinshaka kuyobora Guverinoma izibazwaho ku ishingiro ryayo.”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yavuze ko azavugana n’abakuru b’amashyaka ku kigiye gukurikiraho nyuma y’uko Andersson yeguye.

Madamu Andersson yari yatowe nka Minisitiri w’intebe mbere yaho ku wa gatatu kuko, bijyanye n’amategeko ya Suède, yari acyeneye gusa ko ubwiganze bw’abadepite badatora banga kumushyigikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − twelve =

Previous Post

Perezida Kagame muri DRCongo yagaragaje akamaro k’ibiganiro bihoraho hagati y’ibihugu byombi

Next Post

Masoro: Inkongi yibasiye uruganda rwarimo abakozi bakizwa n’amaguru

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Masoro: Inkongi yibasiye uruganda rwarimo abakozi bakizwa n’amaguru

Masoro: Inkongi yibasiye uruganda rwarimo abakozi bakizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.