• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bakiriye Gen.Doumbouya na Madamu aho bororera ubushyo bw’Inyambo

radiotv10by radiotv10
03/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bakiriye Gen.Doumbouya na Madamu aho bororera ubushyo bw’Inyambo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye Perezida wa Guinée-Conakry, General Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya, basuye u Rwanda, aho babatembereje Urwuri rwabo ruri i Kibugabuga.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gicurasi 2025 nyuma yuko Perezida wa Guinée-Conakry, General Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya, bari baraye bageze mu Rwanda.

Mu ruzinduko barimo rw’iminsi itatu mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu bakiriwe n’Umukuru w’u Rwanda na Madamu we, aho bafite urwuri i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera.

Ubutumwa buherekejwe n’amashusho bwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gicurasi 2025, bugira buti “Uyu munsi, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye Perezida Mamadi Doumbouya na Mdamu Lauriane Doumbouya, mu rwuri rwabo ruri i Kibugabuga.”

Amashusho aherekeje ubu butumwa, agaragaza Perezida Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya, bishimiye kwakirwa na bagenzi babo b’u Rwanda muri uru rwuri, bagaragaza akanyamuneza kadasanzwe.

Umukuru w’u Rwanda akunze kwakirira abanyacyubahiro basanzwe ari inshuti ze zihariye, muri uru Rwuri, ndetse bamwe akabagabira inka z’Inyambo ziboneka hacye ku Isi.

Muri Werurwe 2022, Perezida Paul Kagame yari yakiriye General Muhoozi Kainerugaba, ubu wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, anamugabira Inka cumi z’Inyambo, nyuma yaje kumushimira ko zahise zororoka byihuse.

Perezida Kagame yahaye ikaze mugenzi wa Doumbouya
Bishimiye kwakirwa n’Umukuru w’u Rwanda na Madamu
Madamu Jeannette Kagame na Lauriane Doumbouya baganira
Perezida Kagame yahise ajya gutembereza mugenzi we uru rwuri

Yamweretse izi nka z’Inyambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 7 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Next Post

Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi

Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.