• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

radiotv10by radiotv10
07/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America, barimo Paula White-Cain, usanzwe ari Umujyanama Mukuru muri White House ushinzwe imyemerere n’amadini.

Aba bayobozi mu bijyanye n’imyemerere, bakiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 06 Ugushyingo 2025, nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Uyu Mujyanama Mukuru mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe imyemerere, Paula White-Cain, yari kumwe kandi na Jennifer S. Korn usanzwe ari Umujyanama wa Perezida wa kiriya Gihugu akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bishinzwe imyemerere muri White House.

Aba bayobozi muri White House, kandi bari kumwe n’Umuhanzi Jonathan Cain, umuhanga mu gucuranga Piano, akaba n’umwanditsi w’indirimbo, ndetse na mugenzi we Bradley Knight.

Iri tsinda kandi ryarimo Arikibishop Nicholas Duncan-Williams washinze Itorero Action Chapel International, rifite amashami mu bice binyuranye ku Isi.

Iri tsinda rigari, ryarimo kandi abandi, nk’umuhanga mu by’ubucuruzi Rosa Whitaker Duncan-Williams; wanabaye Umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za America mu bijyanye n’ubucuruzi, ku byerecyeye Umugabane wa Afurika, umukozi w’Imana Joel Duncan-Williams; ndetse n’umucuruzi na Chekinah Olivier.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ivuga ko muri uku kubakira ku meza “Baganiriye ku ndangagaciro zihuriweho zijyanye n’imyemerere, amahoro ndetse n’imiyoborere, ndetse na bimwe mu bibazo byugarije akarere no ku Isi.”

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye aba bayobozi, bari kumwe na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, barimo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 7 =

Previous Post

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Next Post

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.