Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda bageze i Nairobi muri Kenya aho bitabiriye isinyinywa ry’amasezerano aha uburenganzira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, babanza guhura bagirana ikiganiro.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame Paul yageze i Nairobi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Mata 2022.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda bwanyujijwe kuri Twitter, bukomeza buvuga ko Perezida Kagame Paul yitabiriye “umuhango w’isinywa ry’amasezerano yo kwemeza Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Uyu muhango wanitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba barimo Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye uyu Muryango, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko na we yageze i Nairobi na we aho yitabiriye uyu muhango.

Kuri Twitter ya Museveni kandi yahise atangaza ko yahuye na Perezida Paul Kagame mbere y’uko bitabira uyu muhango w’isinywa ry’aya masezerano.

Museveni yagize ati “Nahuye na Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mbere gato y’uko twembi twitabira isinywa ry’amasezerano aha uburenganzira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri EAC.”

Tariki 21 Gashyantare 2020, Perezida Kagame Paul na Yoweri Museveni bari bahuriye i Gatuna mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze igihe biri hagati y’Ibihugu byabo.

Ibi biganiro byari byanitabiriwe na Perezida João Lourenço wa Angola na Felix Tshisekedi wa DRC, byarangiye Uganda isabwe gusuzuma no guhagarika ibirego yashinjwaga n’u Rwanda kugira ngo harebwe uburyo umupaka wakongera gufungurwa.

Perezida Kagame Paul na mugenzi we Museveni bahuriye muri Kenya nyuma y’iminsi umubano w’Ibihugu byombi wongeye kuzahuka ndetse umupaka wa Gatuna warafunguwe ubu abaturage b’ibi Bihugu barongeye kugenderana.

Bahuriye muri Kenya nyuma y’ibyumweru bitatu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umungu wa Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda akakirwa na Perezida Paul Kagame akanamugabira Inka.

Uru ruzinduko rwari urwa kabiri rwa Muhoozi mu mezi atatu, rwabaye mu gihe u Rwanda rwari rumaze iminsi rufunguye Umupaka wa Gatuna aho rwatangaje ko iri fungurwa rishingiye ku cyizere cy’izahuka ry’umubano warwo na Uganda kubera ibiganiro byari byahuje Perezida Kagame na Gen Muhoozi.

I met with H.E Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda shortly before we both witnessed the signing of the Treaty of Accession by the Democratic Republic of Congo to EAC at State House, Nairobi. pic.twitter.com/IOgakyJfNJ

— Yoweri K Museveni (@KagutaMuseveni) April 8, 2022

Perezida Kagame ubwo yari ageze muri Kenya

Museveni ubwo yari ageze i Nairobi

Abakuru b’Ibihugu bahise bajya muri uyu muhango

Perezida Kagame ashyira umukono kuri aya masezerano
Na Tshisekedi wa DRC
Na Uhuru Kenyatta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =

Previous Post

Nk’ukomoka ku barokotse ‘Holocaust’ icuraburindi mwanyuzemo ndaryumva- Ambasaderi wa Israel

Next Post

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.