Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda bageze i Nairobi muri Kenya aho bitabiriye isinyinywa ry’amasezerano aha uburenganzira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, babanza guhura bagirana ikiganiro.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame Paul yageze i Nairobi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Mata 2022.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda bwanyujijwe kuri Twitter, bukomeza buvuga ko Perezida Kagame Paul yitabiriye “umuhango w’isinywa ry’amasezerano yo kwemeza Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Uyu muhango wanitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba barimo Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye uyu Muryango, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko na we yageze i Nairobi na we aho yitabiriye uyu muhango.

Kuri Twitter ya Museveni kandi yahise atangaza ko yahuye na Perezida Paul Kagame mbere y’uko bitabira uyu muhango w’isinywa ry’aya masezerano.

Museveni yagize ati “Nahuye na Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mbere gato y’uko twembi twitabira isinywa ry’amasezerano aha uburenganzira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri EAC.”

Tariki 21 Gashyantare 2020, Perezida Kagame Paul na Yoweri Museveni bari bahuriye i Gatuna mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze igihe biri hagati y’Ibihugu byabo.

Ibi biganiro byari byanitabiriwe na Perezida João Lourenço wa Angola na Felix Tshisekedi wa DRC, byarangiye Uganda isabwe gusuzuma no guhagarika ibirego yashinjwaga n’u Rwanda kugira ngo harebwe uburyo umupaka wakongera gufungurwa.

Perezida Kagame Paul na mugenzi we Museveni bahuriye muri Kenya nyuma y’iminsi umubano w’Ibihugu byombi wongeye kuzahuka ndetse umupaka wa Gatuna warafunguwe ubu abaturage b’ibi Bihugu barongeye kugenderana.

Bahuriye muri Kenya nyuma y’ibyumweru bitatu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umungu wa Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda akakirwa na Perezida Paul Kagame akanamugabira Inka.

Uru ruzinduko rwari urwa kabiri rwa Muhoozi mu mezi atatu, rwabaye mu gihe u Rwanda rwari rumaze iminsi rufunguye Umupaka wa Gatuna aho rwatangaje ko iri fungurwa rishingiye ku cyizere cy’izahuka ry’umubano warwo na Uganda kubera ibiganiro byari byahuje Perezida Kagame na Gen Muhoozi.

I met with H.E Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda shortly before we both witnessed the signing of the Treaty of Accession by the Democratic Republic of Congo to EAC at State House, Nairobi. pic.twitter.com/IOgakyJfNJ

— Yoweri K Museveni (@KagutaMuseveni) April 8, 2022

Perezida Kagame ubwo yari ageze muri Kenya

Museveni ubwo yari ageze i Nairobi

Abakuru b’Ibihugu bahise bajya muri uyu muhango

Perezida Kagame ashyira umukono kuri aya masezerano
Na Tshisekedi wa DRC
Na Uhuru Kenyatta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Nk’ukomoka ku barokotse ‘Holocaust’ icuraburindi mwanyuzemo ndaryumva- Ambasaderi wa Israel

Next Post

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.