Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda bageze i Nairobi muri Kenya aho bitabiriye isinyinywa ry’amasezerano aha uburenganzira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, babanza guhura bagirana ikiganiro.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame Paul yageze i Nairobi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Mata 2022.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda bwanyujijwe kuri Twitter, bukomeza buvuga ko Perezida Kagame Paul yitabiriye “umuhango w’isinywa ry’amasezerano yo kwemeza Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Uyu muhango wanitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba barimo Perezida Uhuru Kenyatta unayoboye uyu Muryango, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko na we yageze i Nairobi na we aho yitabiriye uyu muhango.

Kuri Twitter ya Museveni kandi yahise atangaza ko yahuye na Perezida Paul Kagame mbere y’uko bitabira uyu muhango w’isinywa ry’aya masezerano.

Museveni yagize ati “Nahuye na Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mbere gato y’uko twembi twitabira isinywa ry’amasezerano aha uburenganzira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri EAC.”

Tariki 21 Gashyantare 2020, Perezida Kagame Paul na Yoweri Museveni bari bahuriye i Gatuna mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze igihe biri hagati y’Ibihugu byabo.

Ibi biganiro byari byanitabiriwe na Perezida João Lourenço wa Angola na Felix Tshisekedi wa DRC, byarangiye Uganda isabwe gusuzuma no guhagarika ibirego yashinjwaga n’u Rwanda kugira ngo harebwe uburyo umupaka wakongera gufungurwa.

Perezida Kagame Paul na mugenzi we Museveni bahuriye muri Kenya nyuma y’iminsi umubano w’Ibihugu byombi wongeye kuzahuka ndetse umupaka wa Gatuna warafunguwe ubu abaturage b’ibi Bihugu barongeye kugenderana.

Bahuriye muri Kenya nyuma y’ibyumweru bitatu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umungu wa Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda akakirwa na Perezida Paul Kagame akanamugabira Inka.

Uru ruzinduko rwari urwa kabiri rwa Muhoozi mu mezi atatu, rwabaye mu gihe u Rwanda rwari rumaze iminsi rufunguye Umupaka wa Gatuna aho rwatangaje ko iri fungurwa rishingiye ku cyizere cy’izahuka ry’umubano warwo na Uganda kubera ibiganiro byari byahuje Perezida Kagame na Gen Muhoozi.

I met with H.E Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda shortly before we both witnessed the signing of the Treaty of Accession by the Democratic Republic of Congo to EAC at State House, Nairobi. pic.twitter.com/IOgakyJfNJ

— Yoweri K Museveni (@KagutaMuseveni) April 8, 2022

Perezida Kagame ubwo yari ageze muri Kenya

Museveni ubwo yari ageze i Nairobi

Abakuru b’Ibihugu bahise bajya muri uyu muhango

Perezida Kagame ashyira umukono kuri aya masezerano
Na Tshisekedi wa DRC
Na Uhuru Kenyatta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Nk’ukomoka ku barokotse ‘Holocaust’ icuraburindi mwanyuzemo ndaryumva- Ambasaderi wa Israel

Next Post

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.