Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura abasirikare babiri b’u Rwanda baherutse gushimutwa n’Igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR ndetse abakuru b’Ibihugu byombi bemeye kuzahurira muri Angola .

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura aba basirikare nyuma yuko hatangiye ibiganiro byo guhuza iki Gihugu n’u Rwanda bimaze iminsi micye bitarebana neza.

Perezida wa Angola, Joao Lourenço washyizweho nk’umuhuza hagati y’ibi Bihugu byombi, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko DRCongo yemeye kurekura aba basirikare babiri.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura aba basirikare nyuma yuko Perezida Joao Lourenço avuganye n’Umukuru w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Joao Lourenço yagize ati “Nkuko byasabwe na mugenzi we, Tshisekedi yemeye kurekura abasirikare babiri b’u Rwanda baherutse gufatirwa ku butaka bwa DRC.”

Yakomeje agira ati “Iyi ni inzira igamije kugabanya umwuka mubi uri hagati y’Ibihugu byombi.”

Perezida Joao Lourenço kandi yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure.

Nkuko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, nyuma y’ibi biganiro kandi abayobozi b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeje ko bazahura imbonankubone ku itariki izatangazwa nyuma bagahurira i Luanda muri Angola.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi micye urimo igitotsi gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, giherutse kurasa ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda byakomerekeje bamwe mu Banyarwanda ndetse bikanangiza bimwe mu bikorwa.

Igisirikare cya Congo kandi gifatanyije n’umutwe wa FDLR bashimuse aba basirikare babiri b’u Rwanda.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wubuye imirwano mu minsi ishize mu gihe u Rwanda rwamaganye ibi birego ruvuga ko rudashobora gutera inkunga umutwe wahungabanya umutekano w’Igihugu icyo ari cyo cyose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 10 =

Previous Post

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Next Post

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe
IBYAMAMARE

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

18/11/2025
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.