Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura abasirikare babiri b’u Rwanda baherutse gushimutwa n’Igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR ndetse abakuru b’Ibihugu byombi bemeye kuzahurira muri Angola .

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura aba basirikare nyuma yuko hatangiye ibiganiro byo guhuza iki Gihugu n’u Rwanda bimaze iminsi micye bitarebana neza.

Perezida wa Angola, Joao Lourenço washyizweho nk’umuhuza hagati y’ibi Bihugu byombi, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko DRCongo yemeye kurekura aba basirikare babiri.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura aba basirikare nyuma yuko Perezida Joao Lourenço avuganye n’Umukuru w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Joao Lourenço yagize ati “Nkuko byasabwe na mugenzi we, Tshisekedi yemeye kurekura abasirikare babiri b’u Rwanda baherutse gufatirwa ku butaka bwa DRC.”

Yakomeje agira ati “Iyi ni inzira igamije kugabanya umwuka mubi uri hagati y’Ibihugu byombi.”

Perezida Joao Lourenço kandi yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure.

Nkuko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, nyuma y’ibi biganiro kandi abayobozi b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeje ko bazahura imbonankubone ku itariki izatangazwa nyuma bagahurira i Luanda muri Angola.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi micye urimo igitotsi gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, giherutse kurasa ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda byakomerekeje bamwe mu Banyarwanda ndetse bikanangiza bimwe mu bikorwa.

Igisirikare cya Congo kandi gifatanyije n’umutwe wa FDLR bashimuse aba basirikare babiri b’u Rwanda.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wubuye imirwano mu minsi ishize mu gihe u Rwanda rwamaganye ibi birego ruvuga ko rudashobora gutera inkunga umutwe wahungabanya umutekano w’Igihugu icyo ari cyo cyose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Next Post

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.