Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura abasirikare babiri b’u Rwanda baherutse gushimutwa n’Igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR ndetse abakuru b’Ibihugu byombi bemeye kuzahurira muri Angola .

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura aba basirikare nyuma yuko hatangiye ibiganiro byo guhuza iki Gihugu n’u Rwanda bimaze iminsi micye bitarebana neza.

Perezida wa Angola, Joao Lourenço washyizweho nk’umuhuza hagati y’ibi Bihugu byombi, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko DRCongo yemeye kurekura aba basirikare babiri.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kurekura aba basirikare nyuma yuko Perezida Joao Lourenço avuganye n’Umukuru w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Joao Lourenço yagize ati “Nkuko byasabwe na mugenzi we, Tshisekedi yemeye kurekura abasirikare babiri b’u Rwanda baherutse gufatirwa ku butaka bwa DRC.”

Yakomeje agira ati “Iyi ni inzira igamije kugabanya umwuka mubi uri hagati y’Ibihugu byombi.”

Perezida Joao Lourenço kandi yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure.

Nkuko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, nyuma y’ibi biganiro kandi abayobozi b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeje ko bazahura imbonankubone ku itariki izatangazwa nyuma bagahurira i Luanda muri Angola.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi micye urimo igitotsi gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, giherutse kurasa ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda byakomerekeje bamwe mu Banyarwanda ndetse bikanangiza bimwe mu bikorwa.

Igisirikare cya Congo kandi gifatanyije n’umutwe wa FDLR bashimuse aba basirikare babiri b’u Rwanda.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wubuye imirwano mu minsi ishize mu gihe u Rwanda rwamaganye ibi birego ruvuga ko rudashobora gutera inkunga umutwe wahungabanya umutekano w’Igihugu icyo ari cyo cyose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Next Post

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.