Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kuganira na Guterres ku bya Congo yagaragaje igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kuganira na Guterres ku bya Congo yagaragaje igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko yagiranye ikiganiro cyiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres ku makimbirane ari mu Burasirazuba bwa DRCongo, avuga ko haramutse habayeho ubushake hagagurikizwa ibyemerejwe i Nairobi n’i Luanda, umuti waboneka.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yatangaje ko yagiranye iki kiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Mu mwanya muto ushize nagiranye ikiganiro cyiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku nzira zisanzwe zarashyizweho zo gushakira umuti biriya bibazo, avuga ko ziramutse zubakiweho zatanga igisubizo.

Ati “Inzira n’uburyo bwo gukemura ibibazo mu mahoro, zirahari mu gihe zashingira ku myanzuro yafatiwe i Nairobi, i Luanda ndetse n’ubundi bushake bwagaragajwe n’amahanga. Tugomba kwiyemeza ubwacu kubishyira mu bikorwa.”

Ibiganiro by’i Nairobi byahuje Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’iby’i Luanda byahuje Perezida Paul Kagame na Tshisekedi kimwe n’izindi nama zatanzwe n’imiryango mpuzamahanga nk’Umuryango w’Abibumbye, bose bagarutse ko hagomba kubaho ibiganiro.

Ikindi kandi cyasabwe, ni uko hagomba kurwanywa imitwe yose yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda ishinja ubutegetsi bwa Congo kurenga ku byagiye byumvikanwaho ndetse n’ibyakunze gutangazwa na Perezida Felix Tshisekesi, ahubwo iki Gihugu kikaba giherutse kubura imirwano aho FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR baherutse kongera kugaba ibitero kuri M23.

Perezida Kagame yaganiriye na António Guterres nyuma y’amasaha macye, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buhaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, kuba atakihabarizwa.

Congo-Kinshasa ikomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda na rwo rukomeje kuvuga ko iki Gihugu cy’igituranyi kiri gufasha umutwe wa FDLR kwicuma ugana mu Rwanda ngo uruhungabanyirize umutekano.

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, ivuga ko yababajwe n’icyemezo cya Congo cyo kwirukana Ambasaderi warwo, ivuga ko inzego z’umutekano zarwo ziryamiye amajanja ku mupaka kugira ngo hatagira abawuhungabanya baturutse muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − four =

Previous Post

Umunyarwanda byavuzwe ko yahawe inshingano na M23 yagize icyo abivugaho

Next Post

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.