Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kuganira na Guterres ku bya Congo yagaragaje igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kuganira na Guterres ku bya Congo yagaragaje igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko yagiranye ikiganiro cyiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres ku makimbirane ari mu Burasirazuba bwa DRCongo, avuga ko haramutse habayeho ubushake hagagurikizwa ibyemerejwe i Nairobi n’i Luanda, umuti waboneka.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yatangaje ko yagiranye iki kiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Mu mwanya muto ushize nagiranye ikiganiro cyiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku nzira zisanzwe zarashyizweho zo gushakira umuti biriya bibazo, avuga ko ziramutse zubakiweho zatanga igisubizo.

Ati “Inzira n’uburyo bwo gukemura ibibazo mu mahoro, zirahari mu gihe zashingira ku myanzuro yafatiwe i Nairobi, i Luanda ndetse n’ubundi bushake bwagaragajwe n’amahanga. Tugomba kwiyemeza ubwacu kubishyira mu bikorwa.”

Ibiganiro by’i Nairobi byahuje Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’iby’i Luanda byahuje Perezida Paul Kagame na Tshisekedi kimwe n’izindi nama zatanzwe n’imiryango mpuzamahanga nk’Umuryango w’Abibumbye, bose bagarutse ko hagomba kubaho ibiganiro.

Ikindi kandi cyasabwe, ni uko hagomba kurwanywa imitwe yose yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda ishinja ubutegetsi bwa Congo kurenga ku byagiye byumvikanwaho ndetse n’ibyakunze gutangazwa na Perezida Felix Tshisekesi, ahubwo iki Gihugu kikaba giherutse kubura imirwano aho FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR baherutse kongera kugaba ibitero kuri M23.

Perezida Kagame yaganiriye na António Guterres nyuma y’amasaha macye, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buhaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, kuba atakihabarizwa.

Congo-Kinshasa ikomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda na rwo rukomeje kuvuga ko iki Gihugu cy’igituranyi kiri gufasha umutwe wa FDLR kwicuma ugana mu Rwanda ngo uruhungabanyirize umutekano.

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, ivuga ko yababajwe n’icyemezo cya Congo cyo kwirukana Ambasaderi warwo, ivuga ko inzego z’umutekano zarwo ziryamiye amajanja ku mupaka kugira ngo hatagira abawuhungabanya baturutse muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Umunyarwanda byavuzwe ko yahawe inshingano na M23 yagize icyo abivugaho

Next Post

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.