Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kuganira na Guterres ku bya Congo yagaragaje igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kuganira na Guterres ku bya Congo yagaragaje igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko yagiranye ikiganiro cyiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres ku makimbirane ari mu Burasirazuba bwa DRCongo, avuga ko haramutse habayeho ubushake hagagurikizwa ibyemerejwe i Nairobi n’i Luanda, umuti waboneka.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yatangaje ko yagiranye iki kiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Mu mwanya muto ushize nagiranye ikiganiro cyiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku nzira zisanzwe zarashyizweho zo gushakira umuti biriya bibazo, avuga ko ziramutse zubakiweho zatanga igisubizo.

Ati “Inzira n’uburyo bwo gukemura ibibazo mu mahoro, zirahari mu gihe zashingira ku myanzuro yafatiwe i Nairobi, i Luanda ndetse n’ubundi bushake bwagaragajwe n’amahanga. Tugomba kwiyemeza ubwacu kubishyira mu bikorwa.”

Ibiganiro by’i Nairobi byahuje Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’iby’i Luanda byahuje Perezida Paul Kagame na Tshisekedi kimwe n’izindi nama zatanzwe n’imiryango mpuzamahanga nk’Umuryango w’Abibumbye, bose bagarutse ko hagomba kubaho ibiganiro.

Ikindi kandi cyasabwe, ni uko hagomba kurwanywa imitwe yose yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda ishinja ubutegetsi bwa Congo kurenga ku byagiye byumvikanwaho ndetse n’ibyakunze gutangazwa na Perezida Felix Tshisekesi, ahubwo iki Gihugu kikaba giherutse kubura imirwano aho FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR baherutse kongera kugaba ibitero kuri M23.

Perezida Kagame yaganiriye na António Guterres nyuma y’amasaha macye, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buhaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, kuba atakihabarizwa.

Congo-Kinshasa ikomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda na rwo rukomeje kuvuga ko iki Gihugu cy’igituranyi kiri gufasha umutwe wa FDLR kwicuma ugana mu Rwanda ngo uruhungabanyirize umutekano.

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, ivuga ko yababajwe n’icyemezo cya Congo cyo kwirukana Ambasaderi warwo, ivuga ko inzego z’umutekano zarwo ziryamiye amajanja ku mupaka kugira ngo hatagira abawuhungabanya baturutse muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 3 =

Previous Post

Umunyarwanda byavuzwe ko yahawe inshingano na M23 yagize icyo abivugaho

Next Post

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.