Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kwakira intumwa yihariye iturutse Zambia yanakiriye iz’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kwakira intumwa yihariye iturutse Zambia yanakiriye iz’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida w’agace ka Oromia muri Ethiopia, akaba imwe mu ntumwa z’iki Gihugu ziri mu biganiro bigamije guteza imbere umubano hagati y’Ibihugu byombi. Ni nyuma y’umunsi umwe yakiriye intumwa yihariye ya Perezida wa Zambia, yamushyikirije ubutumwa bwe.

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yavuze ko “Perezida Kagame yahuye na Perezida w’agace ka Oromia, Shimelis Abdisa uri mu bagize itsinda riturutse muri Ethiopia rije mu biganiro bigamije guteza imbere umubano.”

Perezida Kagame kandi ku wa Gatanu tariki 10 Mutarama 2025, yari yakiriye Amb. Lazarous Kapambwe nk’intumwa yihariye ya Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, anamushyikiriza ubutumwa bwe.

Shimelis Abdisa ukuriye agace ka Oromia wakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro kuri iki Cyumweru, yari kumwe n’itsinda rimuherekeje, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia, Maj Gen Charles Karamba.

Aka gace ka Oromia kayoborwa na Shimelis Abdisa, ni ko ka mbere kanini muri Ethiopia, kakaba ari na nako gatuwe n’abaturage benshi, ndetse n’murwa Mukuru wako ukaba ari Addis Ababa gahuje n’Igihugu.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Ethiopia, zisanganywe umubano n’imikoranire byiza mu nzego zinyuranye, ndetse muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, zikaba zarasinye amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zitandukanye nko mu rwego rw’imicungire y’ibiza, mu bucuruzi no muri siporo.

Perezida Kagame yakiriye Perezida w’agace ka Oromia, Shimelis Abdisa
Ku wa Gatanu yari yakiriye intumwa yihariye ya Perezida wa Zambia anamushyikiriza ubutumwa bwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Imiterere y’ibyaha biregwa abarimo Gitifu w’Umurenge umwe muri Rutsiro bari mu maboko ya RIB

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

by radiotv10
08/01/2026
0

In today’s digital world, screens are everywhere. From phones and laptops to TVs and tablets, many people spend hours staring...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira
IMYIDAGADURO

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.