Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kwakira intumwa yihariye iturutse Zambia yanakiriye iz’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kwakira intumwa yihariye iturutse Zambia yanakiriye iz’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida w’agace ka Oromia muri Ethiopia, akaba imwe mu ntumwa z’iki Gihugu ziri mu biganiro bigamije guteza imbere umubano hagati y’Ibihugu byombi. Ni nyuma y’umunsi umwe yakiriye intumwa yihariye ya Perezida wa Zambia, yamushyikirije ubutumwa bwe.

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yavuze ko “Perezida Kagame yahuye na Perezida w’agace ka Oromia, Shimelis Abdisa uri mu bagize itsinda riturutse muri Ethiopia rije mu biganiro bigamije guteza imbere umubano.”

Perezida Kagame kandi ku wa Gatanu tariki 10 Mutarama 2025, yari yakiriye Amb. Lazarous Kapambwe nk’intumwa yihariye ya Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, anamushyikiriza ubutumwa bwe.

Shimelis Abdisa ukuriye agace ka Oromia wakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro kuri iki Cyumweru, yari kumwe n’itsinda rimuherekeje, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia, Maj Gen Charles Karamba.

Aka gace ka Oromia kayoborwa na Shimelis Abdisa, ni ko ka mbere kanini muri Ethiopia, kakaba ari na nako gatuwe n’abaturage benshi, ndetse n’murwa Mukuru wako ukaba ari Addis Ababa gahuje n’Igihugu.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Ethiopia, zisanganywe umubano n’imikoranire byiza mu nzego zinyuranye, ndetse muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, zikaba zarasinye amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zitandukanye nko mu rwego rw’imicungire y’ibiza, mu bucuruzi no muri siporo.

Perezida Kagame yakiriye Perezida w’agace ka Oromia, Shimelis Abdisa
Ku wa Gatanu yari yakiriye intumwa yihariye ya Perezida wa Zambia anamushyikiriza ubutumwa bwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 10 =

Previous Post

Imiterere y’ibyaha biregwa abarimo Gitifu w’Umurenge umwe muri Rutsiro bari mu maboko ya RIB

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.