Thursday, September 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul ari mu Misiri mu ruzinduko yakiriwemo na mugenzi we Abdel Fattah Al-Sisi of Egypt, banagiranye ibiganiro byo mu muhezo.

Uru ruzinduko rwa Perezida Paul Kagame arugize nyuma y’urw’iminsi itatu aherutse kugirira muri Azerbaijan, yari yatangiye tariki 19 Nzeri 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nzeri, byatangaje ko “Perezida Kagame yageze mu Misiri mu ruzinduko rw’akazi mu Misiri.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yakomeje ivuga ko Umukuru w’Igihugu “yakiriwe na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri muri Al-Ittihadiya Palace, aho Abakuru b’Ibihugu bombi bagiranye ibiganiro byo mu muhezo (tête-à-tête) mbere yuko bayobora Ibiganiro by’amatsinda y’intumwa zabo.”

Igihugu cy’u Rwanda n’icya Misiri, bisanganywe umubano n’imikoranire myiza, bishingiye ku masezerano y’ubufatanye n’imikoranire byasinyanye, arimo ayashyizweho umukono muri Kanama 2024 nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida Kagame arahiriye kuyobora u Rwanda. Aya masezerano ni ayo guteza imbere ubucuruzi, ubwikorezi, n’ubuzima.

U Rwanda na Misiri kandi bisanganywe imikoranire mu bya Gisirikare, aho tariki 01 Kamena uyu mwaka wa 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Lt Gen Ahmed Fathi Ibrahim Khalifa, yagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi itatu.

Muri urwo ruzinduko kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, n’uw’iz’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, banasinyanye amasezerano agamije guteza imbere imikoranire hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi buryo burambye.

Perezida Kagame yakiriwe na Abdel Fattah Al-Sisi
Bagiranye ibiganiro byo mu muhezo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Next Post

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Related Posts

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) kuba ryarahisemo ko Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda, ndetse akaba...

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

by radiotv10
25/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare...

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
25/09/2025
1

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

by radiotv10
25/09/2025
0

Some students in Kigali City say that after classes were suspended because of the UCI World Cycling Championship, they have...

IZIHERUKA

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda
SIPORO

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.