Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni, yongeye kuvuga kuri Perezida Paul Kagame, yifashishije ifoto Perezida Kagame ari kumwe n’Umwamikazi Rosalie Gicanda, avuga ko uretse kuba Perezida Kagame ari Umusirikare mwiza ariko anafitanye isano n’umuryango w’Ubwami.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, amaze iminsi ashima Perezida Kagame aho yanavuze ko ari Se wabo.

Kuva yaza mu Rwanda mu mpera z’ukwezi gushize, ndetse na mbere yaho gato, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakunze kugaruka kuri Perezida Kagame amushimira.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yashyize ifoto kuri Twitter ye, igaragza Perezida Kagame ari kumwe n’Umwamikazi Rosalie Gicanda mu bihe byo hambere.

Ubutumwa buherekeje iyi foto, bugira buti “Perezida Kagame ari kumwe na Nyirasenge Umwamikazi Rosalie Gicanda mu myaka y’ 1970.”

President Kagame and his auntie Queen Rosalie Gicanda in the 1970s. Queen Gicanda was wife of King Mutara III Rudahigwa. A great King. President Kagame is not only a great military commander but he is also royalty! pic.twitter.com/NqhNKKcciE

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 23, 2022

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akomeza avuga ko Umwamikazi Gicanda yari umugore w’Umwami Mutara III Rudahigwa, ati “Umwami mwiza.”

Muhoozi akomeza agira ati “Perezida Kagame si ukuba ari Umusirikare w’Intangarugero gusa ahubwo anakomoka mu muryango w’Ubwami.”

Rosalie Gicanda wishwe tariki 20 Mata 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, azwiho kugwa neza aho buri wese wabashije kugira amahirwe yo kuvugana na we, amushimira ubugwaneza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho

Next Post

TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

by radiotv10
20/11/2025
0

Culture is more than traditions, dances, food, or clothing. It is the identity of a people the stories they tell,...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV

TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.