Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa

radiotv10by radiotv10
09/12/2021
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Gisagara bavuga ko ubutaka bwabo bwashaje ku buryo iyo bahinze badakoresheje ishwagara batabona umusaruro ushimishishije, bagasaba koroherezwa kuyibona kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

Bamwe mu bahinzi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko guhinga nta shwagara ari kimwe no kubireka, bakaba bifuza koroherezwa kuyibona kugira ngo bajye babasha kubona umusaruro.

Bamwe muri aba bahinzi ni abo mu Karere ka Nyaruguru, Gisagara na Nyamagabe bavuga ko ubutaka bwabo bwashaje ku buryo kugira ngo babone umusaruro bibasaba kubuhendahenda.

Inzego z’ubuhinzi zivuga ko 50% by’ubutaka  by’u Rwanda bufite acide nyinshi ituma busharira, ku buryo ubuhinzi bwo muri ibyo bice buba bukenewe kwitabwaho byihariye.

Kamali Stephen utuye mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe ati “Ubutaka bwarashaje ntibukera, kandi ni ku bihingwa byose, gusa hari aho ukoresha ishwagara n’ifumbire mvauganda bikera, ariko ishwagara ntabwo tubasha kuyibona bitworoheye.”

Undi wo mu Karere ka Gisagara na we yagize ati “Iyo urebye aho imyaka yahinzwe hakoreshejwe ishwagara ubona ko bitandukanye n’aho itari, turasaba natwe kuzadufasha kuyibona kandi igashyirwa muri nkunganire.”

Ni ikibazo aba baturage bamaze igihe itari gito bagaragaza,kuko no muri 2013 ubwo perezida Kagame yasuraga abaturage bo mu karere ka Nyaruguru na bo bakimugejejeho abizeza kugikemura.

Kuva ubwo ubwo Imyaka ibaye umunani iki kibazo kikiri ingume, icyakora ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB kivuga ko cyatangije umushinga wo kureba ubwoko bw’ishwagara bwatanga umusaruro kandi ngo ntibizatinda igisubizo kitabonetse

Umuyobozi w’umushinga ushinzwe gukora ubushakashatsi ku nyongeramusaruro muri RAB, Dr. Jules Rutebuka.

Ati “Kugeza ubu igice kinini cy’igihugu gifite ubutaka busharira, rero hatangiye gutangwa ishwagara ariko haherwa ku gice gifite ubusharire bukabije. UbU bushakashatsi niburangirA tumaze kumenya ishwagara yakwirana na buri gace, tuzasaba MINAGRI nk’izindi nyongeramusaruro iyishyire muri nkunganire kugira ngo abaturage bayibone.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe inzozi zabo zaba impamo bagahabwa ishwagara yo kuzanzamura ubu butaka bwabo, byatuma ikibazo cyo kutihaza mu biribwa kiba amateka.

Bavuga ko ubu kuri hegitare imwe beza ibilo 500 by’ibishyimbo mu gihe baramutse babonye ishwagara bajya basararura toni imwe, naho ku ngano ahavaga toni 1 bakaba bahasarura toni ziri hagati y’eshatu n’enye.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

Gukingira COVID mu Rwanda: Intego ya 2021 yamaze kugerwaho umwaka ukibura iminsi 20

Next Post

COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

Related Posts

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa
IBYAMAMARE

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.