Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa

radiotv10by radiotv10
09/12/2021
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Gisagara bavuga ko ubutaka bwabo bwashaje ku buryo iyo bahinze badakoresheje ishwagara batabona umusaruro ushimishishije, bagasaba koroherezwa kuyibona kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

Bamwe mu bahinzi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko guhinga nta shwagara ari kimwe no kubireka, bakaba bifuza koroherezwa kuyibona kugira ngo bajye babasha kubona umusaruro.

Bamwe muri aba bahinzi ni abo mu Karere ka Nyaruguru, Gisagara na Nyamagabe bavuga ko ubutaka bwabo bwashaje ku buryo kugira ngo babone umusaruro bibasaba kubuhendahenda.

Inzego z’ubuhinzi zivuga ko 50% by’ubutaka  by’u Rwanda bufite acide nyinshi ituma busharira, ku buryo ubuhinzi bwo muri ibyo bice buba bukenewe kwitabwaho byihariye.

Kamali Stephen utuye mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe ati “Ubutaka bwarashaje ntibukera, kandi ni ku bihingwa byose, gusa hari aho ukoresha ishwagara n’ifumbire mvauganda bikera, ariko ishwagara ntabwo tubasha kuyibona bitworoheye.”

Undi wo mu Karere ka Gisagara na we yagize ati “Iyo urebye aho imyaka yahinzwe hakoreshejwe ishwagara ubona ko bitandukanye n’aho itari, turasaba natwe kuzadufasha kuyibona kandi igashyirwa muri nkunganire.”

Ni ikibazo aba baturage bamaze igihe itari gito bagaragaza,kuko no muri 2013 ubwo perezida Kagame yasuraga abaturage bo mu karere ka Nyaruguru na bo bakimugejejeho abizeza kugikemura.

Kuva ubwo ubwo Imyaka ibaye umunani iki kibazo kikiri ingume, icyakora ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB kivuga ko cyatangije umushinga wo kureba ubwoko bw’ishwagara bwatanga umusaruro kandi ngo ntibizatinda igisubizo kitabonetse

Umuyobozi w’umushinga ushinzwe gukora ubushakashatsi ku nyongeramusaruro muri RAB, Dr. Jules Rutebuka.

Ati “Kugeza ubu igice kinini cy’igihugu gifite ubutaka busharira, rero hatangiye gutangwa ishwagara ariko haherwa ku gice gifite ubusharire bukabije. UbU bushakashatsi niburangirA tumaze kumenya ishwagara yakwirana na buri gace, tuzasaba MINAGRI nk’izindi nyongeramusaruro iyishyire muri nkunganire kugira ngo abaturage bayibone.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe inzozi zabo zaba impamo bagahabwa ishwagara yo kuzanzamura ubu butaka bwabo, byatuma ikibazo cyo kutihaza mu biribwa kiba amateka.

Bavuga ko ubu kuri hegitare imwe beza ibilo 500 by’ibishyimbo mu gihe baramutse babonye ishwagara bajya basararura toni imwe, naho ku ngano ahavaga toni 1 bakaba bahasarura toni ziri hagati y’eshatu n’enye.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 14 =

Previous Post

Gukingira COVID mu Rwanda: Intego ya 2021 yamaze kugerwaho umwaka ukibura iminsi 20

Next Post

COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.