Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa

radiotv10by radiotv10
09/12/2021
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Gisagara bavuga ko ubutaka bwabo bwashaje ku buryo iyo bahinze badakoresheje ishwagara batabona umusaruro ushimishishije, bagasaba koroherezwa kuyibona kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

Bamwe mu bahinzi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko guhinga nta shwagara ari kimwe no kubireka, bakaba bifuza koroherezwa kuyibona kugira ngo bajye babasha kubona umusaruro.

Bamwe muri aba bahinzi ni abo mu Karere ka Nyaruguru, Gisagara na Nyamagabe bavuga ko ubutaka bwabo bwashaje ku buryo kugira ngo babone umusaruro bibasaba kubuhendahenda.

Inzego z’ubuhinzi zivuga ko 50% by’ubutaka  by’u Rwanda bufite acide nyinshi ituma busharira, ku buryo ubuhinzi bwo muri ibyo bice buba bukenewe kwitabwaho byihariye.

Kamali Stephen utuye mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe ati “Ubutaka bwarashaje ntibukera, kandi ni ku bihingwa byose, gusa hari aho ukoresha ishwagara n’ifumbire mvauganda bikera, ariko ishwagara ntabwo tubasha kuyibona bitworoheye.”

Undi wo mu Karere ka Gisagara na we yagize ati “Iyo urebye aho imyaka yahinzwe hakoreshejwe ishwagara ubona ko bitandukanye n’aho itari, turasaba natwe kuzadufasha kuyibona kandi igashyirwa muri nkunganire.”

Ni ikibazo aba baturage bamaze igihe itari gito bagaragaza,kuko no muri 2013 ubwo perezida Kagame yasuraga abaturage bo mu karere ka Nyaruguru na bo bakimugejejeho abizeza kugikemura.

Kuva ubwo ubwo Imyaka ibaye umunani iki kibazo kikiri ingume, icyakora ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB kivuga ko cyatangije umushinga wo kureba ubwoko bw’ishwagara bwatanga umusaruro kandi ngo ntibizatinda igisubizo kitabonetse

Umuyobozi w’umushinga ushinzwe gukora ubushakashatsi ku nyongeramusaruro muri RAB, Dr. Jules Rutebuka.

Ati “Kugeza ubu igice kinini cy’igihugu gifite ubutaka busharira, rero hatangiye gutangwa ishwagara ariko haherwa ku gice gifite ubusharire bukabije. UbU bushakashatsi niburangirA tumaze kumenya ishwagara yakwirana na buri gace, tuzasaba MINAGRI nk’izindi nyongeramusaruro iyishyire muri nkunganire kugira ngo abaturage bayibone.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe inzozi zabo zaba impamo bagahabwa ishwagara yo kuzanzamura ubu butaka bwabo, byatuma ikibazo cyo kutihaza mu biribwa kiba amateka.

Bavuga ko ubu kuri hegitare imwe beza ibilo 500 by’ibishyimbo mu gihe baramutse babonye ishwagara bajya basararura toni imwe, naho ku ngano ahavaga toni 1 bakaba bahasarura toni ziri hagati y’eshatu n’enye.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Gukingira COVID mu Rwanda: Intego ya 2021 yamaze kugerwaho umwaka ukibura iminsi 20

Next Post

COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

COVID-19 itaherukaga kugira uwo ihitana mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’umwana w’imyaka 13

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.