Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yabonanye n’Umwami wu Bwongereza Charles III

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yabonanye n’Umwami wu Bwongereza Charles III
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Samoa aho yitabiriye Ibikorwa by’Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango ‘Commonwealth’, yitabiriye ibiganiro byayobowe n’Umwami w’u Bwongereza Charles III.

Ibi biganiro byayobowe n’Umwami w’u Bwongereza, Charles III, byagarutse kuri gahunda y’Amasoko arambye, izwi nka Sustainable Markets Initiative (SMI).

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame unayoboye Umuryango w’Ibihugu bikoresha Urumimi rw’Icyongereza muri iyi myaka ibiriri iri kurangira, yanabonanye n’Umwami Charles III muri ibi biganiro.

Iyi nama ya CHOGM iri kubera mu Gihugu cya Samoa, ni na yo Perezida Paul Kagame azaherekanyamo ububasha n’ugomba kumusimbura kuri izi nshingano, aho biteganyijwe gukorwa mu Nama nyirizina y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma izaba kuri uyu wa Gatanu.

Iyi nama ya Sustainable Markets Initiative (SMI) yayobowe n’Umwami w’u Bwongereza, igamije gutera imbaraga urwego rw’abikorera mu gushora imari mu bikorwa birambye, ndetse no gushishikariza Ibihugu gukomeza gukurura abashoramari by’umwihariko mu bikorwa bitabangamira ibidukikije.

Iyi gahunda kandi inarimo inkingi zinyuranye zirimo izo mu rwego rw’Ubuhinzi no kongerera agaciro ibibukomokaho, inagaragaza imirongo yatuma ubuhinzi bukorwa mu buryo bwa kinyamwuga, kandi bukarushaho kugira uruhare mu kwihaza mu biribwa no kuzamura urwego rw’ubucuruzi bwohereza ibicuruzwa hanze.

Perezida Kagame yabonanye n’Umwami w’u Bwongereza

Iyi nama yarimo kandi na Perezida wa Ghana Nana Addo Dankwa Akufo-Addo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + thirteen =

Previous Post

Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Next Post

Amakuru agezweho ku munyamakuru Fatakumavuta ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku munyamakuru Fatakumavuta ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye

Amakuru agezweho ku munyamakuru Fatakumavuta ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.