Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Abanyarwanda bihanganishije Umwami wa Maroc, Mohammed VI wapfushije umubyeyi we, kandi ko bifatanyije n’umuryango w’Ubwami bwa Maroc, ndetse n’abaturage b’iki Gihugu, muri ibi bihe by’akababaro.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu butumwa yatanze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, bwo kwihanganisha Umwami wa Morocco n’abaturage b’iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame, yagize ati “Mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye bwite, nihanganishije Nyiricyubahiro Umwami Mohammed VI ku bw’itabaruka ry’umubyeyi we, Umwamikazi Lalla Latifa.”

Umukuru w’Igihugu, yakomeje agira ati “U Rwanda rwifatanyije n’Umuryango w’ibwami ndetse n’abaturage b’Ubwami bwa Morocoo, muri ibi bihe bitoroshye by’akababaro.”

Uretse kuba u Rwanda na Maroc ari Ibihugu bisanganywe umubano mwiza, Perezida Paul Kagame n’Umwami wa Maroc, Mohammed VI; basanzwe bafitanye umubano mwiza, aho mu kwezi k’Ukwakira 2016 yagiriye uruzinduko mu Rwanda, akakirwa n’Umukuru w’u Rwanda.

Icyo gihe kandi Umwami wa Maroc ubwo yari ahumuje uruzinduko rwe mu Rwanda rwari runabaye urwa mbere, yaherekejwe na Perezida Kagame amutwaye mu modoka.

Muri uwo mwaka wa 2016, Umukuru w’u Rwanda na we yari yagiriye uruzinduko muri Maroc muri Kamena, aho na we yanaherewe umudari w’icyubahiro witiriwe Wissam Al-Mohammadi, yambitswe n’Umwami Mohammed VI.

Muri 2016 ubwo Mohammed VI yagiriraga uruzinduko mu Rwanda
Perezida Kagame ubwo yari amuherekeje ahumuje uruzinduko rwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 16 =

Previous Post

Menya inama igirwa Leta mu guca intege igipimo cyo kunywa inzoga mu Rwanda gikomeje kuzamuka

Next Post

Lady Gaga Pulled Off One of the Best Halftime Shows Ever

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Lady Gaga Pulled Off One of the Best Halftime Shows Ever

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.