Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Abanyarwanda bihanganishije Umwami wa Maroc, Mohammed VI wapfushije umubyeyi we, kandi ko bifatanyije n’umuryango w’Ubwami bwa Maroc, ndetse n’abaturage b’iki Gihugu, muri ibi bihe by’akababaro.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu butumwa yatanze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, bwo kwihanganisha Umwami wa Morocco n’abaturage b’iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame, yagize ati “Mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye bwite, nihanganishije Nyiricyubahiro Umwami Mohammed VI ku bw’itabaruka ry’umubyeyi we, Umwamikazi Lalla Latifa.”

Umukuru w’Igihugu, yakomeje agira ati “U Rwanda rwifatanyije n’Umuryango w’ibwami ndetse n’abaturage b’Ubwami bwa Morocoo, muri ibi bihe bitoroshye by’akababaro.”

Uretse kuba u Rwanda na Maroc ari Ibihugu bisanganywe umubano mwiza, Perezida Paul Kagame n’Umwami wa Maroc, Mohammed VI; basanzwe bafitanye umubano mwiza, aho mu kwezi k’Ukwakira 2016 yagiriye uruzinduko mu Rwanda, akakirwa n’Umukuru w’u Rwanda.

Icyo gihe kandi Umwami wa Maroc ubwo yari ahumuje uruzinduko rwe mu Rwanda rwari runabaye urwa mbere, yaherekejwe na Perezida Kagame amutwaye mu modoka.

Muri uwo mwaka wa 2016, Umukuru w’u Rwanda na we yari yagiriye uruzinduko muri Maroc muri Kamena, aho na we yanaherewe umudari w’icyubahiro witiriwe Wissam Al-Mohammadi, yambitswe n’Umwami Mohammed VI.

Muri 2016 ubwo Mohammed VI yagiriraga uruzinduko mu Rwanda
Perezida Kagame ubwo yari amuherekeje ahumuje uruzinduko rwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 7 =

Previous Post

Menya inama igirwa Leta mu guca intege igipimo cyo kunywa inzoga mu Rwanda gikomeje kuzamuka

Next Post

Lady Gaga Pulled Off One of the Best Halftime Shows Ever

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Lady Gaga Pulled Off One of the Best Halftime Shows Ever

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.