Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Baku muri Azerbaijan aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 29 yiga ku mihindagurikire y’Ibihe (COP29), yabonaye na mugenzi we wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev ndetse n’Igikomangoma cy’Ubwami bwa Jordan, Prince Al Hussein bin Abdullah.

Umukuru w’u Rwanda wageze i Baku mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, yahise anitabira itangizwa ry’iyi nama ya COP 29 mu gikorwa cyabereye kuri Sitade ya Baku.

Umukuru w’u Rwanda ubwo yitabiraga itangizwa ry’iyi nama, yahawe ikaze na Perezida Ilham Aliyev wa Azerbaijan ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mbere yuko bajya ahari abandi bayobozi bitabiriye itangizwa ry’iyi nama mpuzahanga isanzwe itegurwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, kandi byatangaje ko mu gitondo cy’uyu munsi “Perezida Kagame yahuye na Kassym-Jomart Tokayev wa Kazakhstan bitabiriye COP 29.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ivuga ko Abakuru b’Ibihugu byombi “Baganiriye ku gutsimbataza imikoranire ishingiye ku bukungu mu nzego zitandukanye, mu nyungu z’Abaturage b’u Rwanda n’Aba Kazakhstan.”

Nanone kandi Perezida Paul Kagame yanahuye n’Igikomangoma cy’Ubwami bwa Jordan, Prince Al Hussein bin Abdullah na we bagirana ibiganiro.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame na Prince Al Hussein bin Abdullah baganiriye ku mubano w’u Rwanda na Jordan usanzwe wifashe neza, byose biganisha ku nyungu zihuriweho z’abatuye ibi Bihugu byombi.

Perezida Kagame na Kassym-Jomart Tokayev baganiriye ku mubano w’Ibihugu byombi
Umukuru w’u Rwanda kandi yanabonanye n’Igikomangoma cy’Ubwami bwa Jordan, Prince Al Hussein bin Abdullah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − one =

Previous Post

Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe

Next Post

Ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi 8 amukubise umwase yabitanzeho ibisobanuro

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi 8 amukubise umwase yabitanzeho ibisobanuro

Ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi 8 amukubise umwase yabitanzeho ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.