• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo n’u Rwanda, bifatwa mu nyungu za bamwe bitewe n’ibyo bamwe baba baremereye ababifata.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 14 Gicurasi 2026 ubwo hatangizwaga Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika izwi nka Africa CEO Forum.

Perezida Kagame yavuze ko kuva mu bihe byatambutse Umugabane wa Afurika wakunze guhura n’ibibazo binyuranye, ariko ko hari n’uburyo bwo guhangana na byo kuko bitazabura kubaho.

Ati “Hazahoraho ibibazo, twagize ibinyejana by’ibintu byinshi; ubucakara, ubukoloni, intambara, ibyorezo n’ibyo byose bizahoraho igihe cyose. Ariko ntabwo dushobora kuguma aho, dukwiye kubyigiraho mu kwagura ibyo turi gukora ubwacu kandi ibikorwa bikatuyobora ku buryo duhangana n’ibi bintu.”

Yavuze ko bimwe mu bibazo uyu Mugabane wagiye uhura na byo, bitari bikwiye kuko, ubusanzwe Afurika ifite ibihagije byagakwiye kuyifasha kwishakamo ibisubizo.

Ati “Reka mvuge ko tugomba gukoresha amahirwe yo guhiganwa kandi arahari menshi. Afurika buri gihe ihora iri mu bibazo? Iyo usubiye inyuma ubona aho Afurika yagiye ibura ibi n’ibi kandi Afurika ifite byose. Iyo urebye mu by’ukuri kuri izi ngufu zitangiza, Afurika ifite 60% by’ingufu z’imirasire y’izuba kandi iyo urebye amabuye y’agaciro amenshi ari muri uyu Mugabane, ngo abe yakora za bateri n’ibindi.”

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku bihano bikunze gufatirwa bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika n’igitutu bikunze kotswa, agaragaza ko haba hari ikibyihishe inyuma kiri mu nyungu za bamwe.

Ati “Bifatwa hagendete ku batanga bicye kurusha undi, bikagendera ku nyungu z’utanga byinshi, niba bizwi ko umuntu azungukira byinshi ku bantu runaka, bazorohera abo bantu yewe n’iyo yaba ari we uri mu makosa.”

Umukuru w’u Rwanda, kandi yavuze ko ibi byigaragaza kuko bitakigombera gukorwa habayeho kwihishira, ahubwo ko bisigaye bikorwa mu buryo bugaragarira buri wese.

Ati “Ibi biri gukorwa hano uyu munsi, babwira umuntu bati ‘genda wikorera ibyo ushaka hariya’. Ni uwo murongo Afurika inyuzwamo.”

Perezida Paul Kagame kandi yongeye kunenga ibyo Bihugu bikomeye bihora byigisha ihame rya Demokarasi n’iryo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ariko akenshi bikaza bibyitwaje, bifite inyungu bikurikiranye, bityo ko Umugabane wa Afurika ukwiye kubyigobotora, ukihesha agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seven =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Next Post

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w'Intebe usabwa kwegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.