Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hagendewe ku mubare w’urubyiruko rwa Afurika ndetse n’imishinga rukomeje kugaragaramo y’ikoranabuhanga, bigaragaza ko uyu Mugabane ufite ubushobozi bwo guhangana n’ibindi bice by’Isi mu bikorwa by’ishoramari n’ubucuruzi.

Perezida Paul Kagame yabitangaje ubwo yafunguraga Inama y’ikoranabuhanga mu bukungu butagira uwo buheza ‘Inclusive FinTech Forum’ y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Iyi Nama ya ‘Inclusive FinTech Forum’ yateguwe ku bufatanye bw’Ikigo Mpuzamhanga gishinzwe Serivisi z’Imari KIFC (Kigali International Financial Center) ndetse n’Ikigo ‘Elevandi’ cyo muri Singapore gitunganya Ikoranabuhanga ryifashishwa mu Bigo by’Imari na za Banki.

Perezida Kagame yaboneyeho gushimira iki kigo ‘Kigali International Financial Center’ ku ruhare kigira mu gutuma u Rwanda rukomeza kuba ahantu hakurura abashoramari.

Nanone kandi yaboneyeho gushimira Igihugu cya Singapore cyagize uruhare mu itegurwa ry’iyi nama. Ati “Iyi nama ni ikimenyetso cy’umwihariko w’umubano uri hagati y’u Rwanda na Singapore mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda rwiteguye kuzakomeza gukorana na Singapore mu kuzamura uru rwego rw’ikoranabuhanga mu rwego rw’ubukungu.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko urubyiruko rwa Afurika rukwiye gukomeza kurebera ku mishinga myiza ikomeje kugira uruhare mu mpinduka ziganisha aheza uyu Mugabane.

Yavuze ko hagendewe ku mubare w’urubyiruko rwa Afurika, uyu Mugabane “ushobora guhangana n’ibindi bice by’isi, kimwe n’indi mishinga yagize aho igera.”

Yavuze ko umuntu arebye imishinga yo mu bikorwa by’ubukungu, FinTech ikomeza kugiramo uruhare runini, ndetse ko binagaragazwa no kuba muri iyi myaka micye ishize, imishinga ya FinTech yikubye gatatu.

Ati “Iyi mishinga minini n’imito, ikomeje kugira uruhare mu kuzamura urwego rwacu rw’imari. Ibi tubibonera byumwihariko mu ikoreshwa rya Mobile Money no muri serivisi zo kohererezanya amafaranga.”

Yatanze urugero rw’inyigo iherutse gukorwa yagaragaje ko amafaranga yinjizwa n’imishinga ya FinTech muri Afurika, yitezweho kugera muri Miliyari 40 USD muri 2028.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo ibi bitanga icyizere ko uyu Mugabane uri gutera imbere, ariko hakiri Abanyafurika bacyumva mu myumvire yabo ko inzozi zabo ari ukujya gukorera mu Bihugu byo mu mahanga.

Ati “Ariko ntabwo ikibazo ari icyabo, ntabwo bagakwiye kubigayirwa, ahubwo ndatekereza ko bamwe muri twebwe abayobozi dukwiye kubyishinja.”

Yavuze ko nanone urwego rw’Imari rudaheza rukirimo ibibazo by’umwihariko ku barukemera cyane, barimo abagore bakigaragara mu bucuruzi buciriritse.

Yavuze ko kandi ibi biri kuba mu gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bikibangamiye uru rwego rw’ubukungu ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Ibi tugomba kubibona nk’ibituburira ko tugomba gukoresha neza umutungo wacu kandi tugafashanya. Kumva ko iterambere ryacu ari twe rireba, ntabwo ari ibintu twasabira abandi kubidukorera. Abashinze ibikorwa by’ubucuruzi, na bo bagomba kugira uruhare rwabo kandi bakagira icyizere cy’abashoramari.”

Yavuze u Rwanda rwakoze ishoramari mu bikorwa by’ikoranabuhanga ndetse n’ubumenyi, ndetse no korohereza abifuza gukora ubucuruzi n’ishoramari, bikaba byarashyizwe mu by’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Next Post

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.