Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hagendewe ku mubare w’urubyiruko rwa Afurika ndetse n’imishinga rukomeje kugaragaramo y’ikoranabuhanga, bigaragaza ko uyu Mugabane ufite ubushobozi bwo guhangana n’ibindi bice by’Isi mu bikorwa by’ishoramari n’ubucuruzi.

Perezida Paul Kagame yabitangaje ubwo yafunguraga Inama y’ikoranabuhanga mu bukungu butagira uwo buheza ‘Inclusive FinTech Forum’ y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Iyi Nama ya ‘Inclusive FinTech Forum’ yateguwe ku bufatanye bw’Ikigo Mpuzamhanga gishinzwe Serivisi z’Imari KIFC (Kigali International Financial Center) ndetse n’Ikigo ‘Elevandi’ cyo muri Singapore gitunganya Ikoranabuhanga ryifashishwa mu Bigo by’Imari na za Banki.

Perezida Kagame yaboneyeho gushimira iki kigo ‘Kigali International Financial Center’ ku ruhare kigira mu gutuma u Rwanda rukomeza kuba ahantu hakurura abashoramari.

Nanone kandi yaboneyeho gushimira Igihugu cya Singapore cyagize uruhare mu itegurwa ry’iyi nama. Ati “Iyi nama ni ikimenyetso cy’umwihariko w’umubano uri hagati y’u Rwanda na Singapore mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda rwiteguye kuzakomeza gukorana na Singapore mu kuzamura uru rwego rw’ikoranabuhanga mu rwego rw’ubukungu.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko urubyiruko rwa Afurika rukwiye gukomeza kurebera ku mishinga myiza ikomeje kugira uruhare mu mpinduka ziganisha aheza uyu Mugabane.

Yavuze ko hagendewe ku mubare w’urubyiruko rwa Afurika, uyu Mugabane “ushobora guhangana n’ibindi bice by’isi, kimwe n’indi mishinga yagize aho igera.”

Yavuze ko umuntu arebye imishinga yo mu bikorwa by’ubukungu, FinTech ikomeza kugiramo uruhare runini, ndetse ko binagaragazwa no kuba muri iyi myaka micye ishize, imishinga ya FinTech yikubye gatatu.

Ati “Iyi mishinga minini n’imito, ikomeje kugira uruhare mu kuzamura urwego rwacu rw’imari. Ibi tubibonera byumwihariko mu ikoreshwa rya Mobile Money no muri serivisi zo kohererezanya amafaranga.”

Yatanze urugero rw’inyigo iherutse gukorwa yagaragaje ko amafaranga yinjizwa n’imishinga ya FinTech muri Afurika, yitezweho kugera muri Miliyari 40 USD muri 2028.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo ibi bitanga icyizere ko uyu Mugabane uri gutera imbere, ariko hakiri Abanyafurika bacyumva mu myumvire yabo ko inzozi zabo ari ukujya gukorera mu Bihugu byo mu mahanga.

Ati “Ariko ntabwo ikibazo ari icyabo, ntabwo bagakwiye kubigayirwa, ahubwo ndatekereza ko bamwe muri twebwe abayobozi dukwiye kubyishinja.”

Yavuze ko nanone urwego rw’Imari rudaheza rukirimo ibibazo by’umwihariko ku barukemera cyane, barimo abagore bakigaragara mu bucuruzi buciriritse.

Yavuze ko kandi ibi biri kuba mu gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bikibangamiye uru rwego rw’ubukungu ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Ibi tugomba kubibona nk’ibituburira ko tugomba gukoresha neza umutungo wacu kandi tugafashanya. Kumva ko iterambere ryacu ari twe rireba, ntabwo ari ibintu twasabira abandi kubidukorera. Abashinze ibikorwa by’ubucuruzi, na bo bagomba kugira uruhare rwabo kandi bakagira icyizere cy’abashoramari.”

Yavuze u Rwanda rwakoze ishoramari mu bikorwa by’ikoranabuhanga ndetse n’ubumenyi, ndetse no korohereza abifuza gukora ubucuruzi n’ishoramari, bikaba byarashyizwe mu by’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 9 =

Previous Post

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Next Post

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.