Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hagendewe ku mubare w’urubyiruko rwa Afurika ndetse n’imishinga rukomeje kugaragaramo y’ikoranabuhanga, bigaragaza ko uyu Mugabane ufite ubushobozi bwo guhangana n’ibindi bice by’Isi mu bikorwa by’ishoramari n’ubucuruzi.

Perezida Paul Kagame yabitangaje ubwo yafunguraga Inama y’ikoranabuhanga mu bukungu butagira uwo buheza ‘Inclusive FinTech Forum’ y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Iyi Nama ya ‘Inclusive FinTech Forum’ yateguwe ku bufatanye bw’Ikigo Mpuzamhanga gishinzwe Serivisi z’Imari KIFC (Kigali International Financial Center) ndetse n’Ikigo ‘Elevandi’ cyo muri Singapore gitunganya Ikoranabuhanga ryifashishwa mu Bigo by’Imari na za Banki.

Perezida Kagame yaboneyeho gushimira iki kigo ‘Kigali International Financial Center’ ku ruhare kigira mu gutuma u Rwanda rukomeza kuba ahantu hakurura abashoramari.

Nanone kandi yaboneyeho gushimira Igihugu cya Singapore cyagize uruhare mu itegurwa ry’iyi nama. Ati “Iyi nama ni ikimenyetso cy’umwihariko w’umubano uri hagati y’u Rwanda na Singapore mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda rwiteguye kuzakomeza gukorana na Singapore mu kuzamura uru rwego rw’ikoranabuhanga mu rwego rw’ubukungu.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko urubyiruko rwa Afurika rukwiye gukomeza kurebera ku mishinga myiza ikomeje kugira uruhare mu mpinduka ziganisha aheza uyu Mugabane.

Yavuze ko hagendewe ku mubare w’urubyiruko rwa Afurika, uyu Mugabane “ushobora guhangana n’ibindi bice by’isi, kimwe n’indi mishinga yagize aho igera.”

Yavuze ko umuntu arebye imishinga yo mu bikorwa by’ubukungu, FinTech ikomeza kugiramo uruhare runini, ndetse ko binagaragazwa no kuba muri iyi myaka micye ishize, imishinga ya FinTech yikubye gatatu.

Ati “Iyi mishinga minini n’imito, ikomeje kugira uruhare mu kuzamura urwego rwacu rw’imari. Ibi tubibonera byumwihariko mu ikoreshwa rya Mobile Money no muri serivisi zo kohererezanya amafaranga.”

Yatanze urugero rw’inyigo iherutse gukorwa yagaragaje ko amafaranga yinjizwa n’imishinga ya FinTech muri Afurika, yitezweho kugera muri Miliyari 40 USD muri 2028.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo ibi bitanga icyizere ko uyu Mugabane uri gutera imbere, ariko hakiri Abanyafurika bacyumva mu myumvire yabo ko inzozi zabo ari ukujya gukorera mu Bihugu byo mu mahanga.

Ati “Ariko ntabwo ikibazo ari icyabo, ntabwo bagakwiye kubigayirwa, ahubwo ndatekereza ko bamwe muri twebwe abayobozi dukwiye kubyishinja.”

Yavuze ko nanone urwego rw’Imari rudaheza rukirimo ibibazo by’umwihariko ku barukemera cyane, barimo abagore bakigaragara mu bucuruzi buciriritse.

Yavuze ko kandi ibi biri kuba mu gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bikibangamiye uru rwego rw’ubukungu ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Ibi tugomba kubibona nk’ibituburira ko tugomba gukoresha neza umutungo wacu kandi tugafashanya. Kumva ko iterambere ryacu ari twe rireba, ntabwo ari ibintu twasabira abandi kubidukorera. Abashinze ibikorwa by’ubucuruzi, na bo bagomba kugira uruhare rwabo kandi bakagira icyizere cy’abashoramari.”

Yavuze u Rwanda rwakoze ishoramari mu bikorwa by’ikoranabuhanga ndetse n’ubumenyi, ndetse no korohereza abifuza gukora ubucuruzi n’ishoramari, bikaba byarashyizwe mu by’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 5 =

Previous Post

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Next Post

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Igisirikare cya S.Africa cyasohoye itangazo nyuma y’itaha ry’inkomere z’ingabo za SADC zavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.