Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Imana yaremye abantu bareshya ariko ko hari bamwe mu banyamadini bavuga ko abantu batareshya, ati “ntabwo Imana yaremye abantu ngo ibashyire mu byiciro nka bya bindi by’Ubudehe, ntabwo Imana yabikoze, murayibeshyera.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ubwo yagarukaga ku kuba hari bamwe mu bumva ko bakomeza kubaho bategeye amaboko abandi.

Perezida Kagame yagarutse ku kuba imyaka y’uburambe bw’Abanyarwanda yarazamutse ikagera kuri 69, avuga ko kugira ngo n’ubwo burambe bubeho hari ibindi biyishyigikira nk’umutekano.

Yagize ati “Umutekano mvuga ni uw’ibintu ni n’uw’abantu, umutekano ni ngombwa ntusubirwaho. Uwo mutekano kandi na wo ugomba gukorwa n’abantu yaba hagati y’Abanyarwanda ubwabo ndetse na hagati yabo n’abandi yaba abo mu karere ndetse no mu Bihugu bya kure.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyagiye bigerwaho byose, byashingiraga ku bufatanye bw’Abanyarwanda hagati yabo n’ubundi ndetse n’abandi.

Yasabye Abanyarwanda gukora ibifite umumaro bakirinda ibishobora kubanyuza mu nzira zitabaganisha imbere, kandi ko baba bakwiye gusuzuma ko ntabishobora kubasubiza inyuma.

Ati “Turifuza kugera kure, aho abandi bageze, simbizi ko hari Umunyarwanda wishimira guhora asindagizwa, umuntu ufite intege nke yaba umurwayi yaba ukirutse yaba ufite ibindi bibazo, bamusindagiza, tuzasindagizwa kugeza ryari.”

Perezida Kagame yavuze ko hari abayobozi batuma Abanyarwanda batarushaho kugira imibereho myiza.

Ati “Kandi ikibashuka ubwo twicaye hano nk’abayobozi, hari ubwo wireba ukiyumva ukumva ko buri wese ari ko ameze, cyangwa se ukumva ko ibyo ukora ari wowe gusa wireba ntawundi,…ni byo ufite umuryango ariko dufite Igihugu, dufite u Rwanda dufite Abaturarwanda.”

Avuga ko iyo ahamagarira abantu gukora, aba agira ngo “Abanyarwanda tutazasindagizwa igihe cyose… bikagera no kukugaburira. Guhora usunikwa, usunikwa kubera iki? ugusunika we yabivanye he utabivana wowe?”

Yavuze ko byumwihariko abayobozi bagomba guhora batekereza ko batikorera gusa ahubwo banakorera abandi.

Ati “Ariko hari no gusindagizwa bizima, erega baragusindagiza bakanagukubita inshyi, akaba ari byo wishyura, bakagucunaguza, mugahura mu nzira akakubaza ati ‘ariko iyo suti wambaye uzi ko ari njye wayikuguriye?’.”

Avuga ko abo bashaka gucunaguriza abandi ibyo babafasha, barenga n’imirongo bagashaka kubigisha imico, bakibutsa abantu uko bagomba kwifata nk’aho basanze badasanzwe bagufite.

Ati “Ikintu gishobora kubikiza abantu, ni kimwe gusa, gukora, ni no kwimenya, ukamenya icyo uri cyo ko uri umuntu nk’abandi nk’abo bagucunaguza na bo ni abantu nk’abandi.”

Yagarutse ku banyamadini n’inyigisho zabo, ati “Ntabwo imana yaremye abantu ngo nirangiza ngo ibashyire mu byiciro nka bya bindi by’Ubudehe, ntabwo Imana yabikoze murayibeshyera.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abashaka gusindagizwa bahari ariko ko Abanyarwanda badakwiye kuba muri abo.

Ati “Abashaka kuba batyo birabareba, ariko ntabwo twe ari ko dukwiye kuba tumeze, ntabwo Imana yafata iyi Ntara nini ya Afurika igafata abantu abarimo miliyari 1,3 z’abantu, Imana ikavuga ngo ‘mwebwe mupfuye ubusa’ muzabaho mutyo mutunzwe n’abandi, mucumbagizwa mucunaguzwa, mukabyemera?”

Umukuru w’u Rwanda yibukije Abanyarwanda ko batagomba kuzarira ahubwo ko bakwiye gukura amaboko mu mifuka bagakora ibyabateza imbere bikanateza imbere Igihugu cyabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga Umushyikirano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 16 =

Previous Post

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Next Post

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.