Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Imana yaremye abantu bareshya ariko ko hari bamwe mu banyamadini bavuga ko abantu batareshya, ati “ntabwo Imana yaremye abantu ngo ibashyire mu byiciro nka bya bindi by’Ubudehe, ntabwo Imana yabikoze, murayibeshyera.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ubwo yagarukaga ku kuba hari bamwe mu bumva ko bakomeza kubaho bategeye amaboko abandi.

Perezida Kagame yagarutse ku kuba imyaka y’uburambe bw’Abanyarwanda yarazamutse ikagera kuri 69, avuga ko kugira ngo n’ubwo burambe bubeho hari ibindi biyishyigikira nk’umutekano.

Yagize ati “Umutekano mvuga ni uw’ibintu ni n’uw’abantu, umutekano ni ngombwa ntusubirwaho. Uwo mutekano kandi na wo ugomba gukorwa n’abantu yaba hagati y’Abanyarwanda ubwabo ndetse na hagati yabo n’abandi yaba abo mu karere ndetse no mu Bihugu bya kure.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyagiye bigerwaho byose, byashingiraga ku bufatanye bw’Abanyarwanda hagati yabo n’ubundi ndetse n’abandi.

Yasabye Abanyarwanda gukora ibifite umumaro bakirinda ibishobora kubanyuza mu nzira zitabaganisha imbere, kandi ko baba bakwiye gusuzuma ko ntabishobora kubasubiza inyuma.

Ati “Turifuza kugera kure, aho abandi bageze, simbizi ko hari Umunyarwanda wishimira guhora asindagizwa, umuntu ufite intege nke yaba umurwayi yaba ukirutse yaba ufite ibindi bibazo, bamusindagiza, tuzasindagizwa kugeza ryari.”

Perezida Kagame yavuze ko hari abayobozi batuma Abanyarwanda batarushaho kugira imibereho myiza.

Ati “Kandi ikibashuka ubwo twicaye hano nk’abayobozi, hari ubwo wireba ukiyumva ukumva ko buri wese ari ko ameze, cyangwa se ukumva ko ibyo ukora ari wowe gusa wireba ntawundi,…ni byo ufite umuryango ariko dufite Igihugu, dufite u Rwanda dufite Abaturarwanda.”

Avuga ko iyo ahamagarira abantu gukora, aba agira ngo “Abanyarwanda tutazasindagizwa igihe cyose… bikagera no kukugaburira. Guhora usunikwa, usunikwa kubera iki? ugusunika we yabivanye he utabivana wowe?”

Yavuze ko byumwihariko abayobozi bagomba guhora batekereza ko batikorera gusa ahubwo banakorera abandi.

Ati “Ariko hari no gusindagizwa bizima, erega baragusindagiza bakanagukubita inshyi, akaba ari byo wishyura, bakagucunaguza, mugahura mu nzira akakubaza ati ‘ariko iyo suti wambaye uzi ko ari njye wayikuguriye?’.”

Avuga ko abo bashaka gucunaguriza abandi ibyo babafasha, barenga n’imirongo bagashaka kubigisha imico, bakibutsa abantu uko bagomba kwifata nk’aho basanze badasanzwe bagufite.

Ati “Ikintu gishobora kubikiza abantu, ni kimwe gusa, gukora, ni no kwimenya, ukamenya icyo uri cyo ko uri umuntu nk’abandi nk’abo bagucunaguza na bo ni abantu nk’abandi.”

Yagarutse ku banyamadini n’inyigisho zabo, ati “Ntabwo imana yaremye abantu ngo nirangiza ngo ibashyire mu byiciro nka bya bindi by’Ubudehe, ntabwo Imana yabikoze murayibeshyera.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abashaka gusindagizwa bahari ariko ko Abanyarwanda badakwiye kuba muri abo.

Ati “Abashaka kuba batyo birabareba, ariko ntabwo twe ari ko dukwiye kuba tumeze, ntabwo Imana yafata iyi Ntara nini ya Afurika igafata abantu abarimo miliyari 1,3 z’abantu, Imana ikavuga ngo ‘mwebwe mupfuye ubusa’ muzabaho mutyo mutunzwe n’abandi, mucumbagizwa mucunaguzwa, mukabyemera?”

Umukuru w’u Rwanda yibukije Abanyarwanda ko batagomba kuzarira ahubwo ko bakwiye gukura amaboko mu mifuka bagakora ibyabateza imbere bikanateza imbere Igihugu cyabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga Umushyikirano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + four =

Previous Post

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Next Post

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.