Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Imana yaremye abantu bareshya ariko ko hari bamwe mu banyamadini bavuga ko abantu batareshya, ati “ntabwo Imana yaremye abantu ngo ibashyire mu byiciro nka bya bindi by’Ubudehe, ntabwo Imana yabikoze, murayibeshyera.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ubwo yagarukaga ku kuba hari bamwe mu bumva ko bakomeza kubaho bategeye amaboko abandi.

Perezida Kagame yagarutse ku kuba imyaka y’uburambe bw’Abanyarwanda yarazamutse ikagera kuri 69, avuga ko kugira ngo n’ubwo burambe bubeho hari ibindi biyishyigikira nk’umutekano.

Yagize ati “Umutekano mvuga ni uw’ibintu ni n’uw’abantu, umutekano ni ngombwa ntusubirwaho. Uwo mutekano kandi na wo ugomba gukorwa n’abantu yaba hagati y’Abanyarwanda ubwabo ndetse na hagati yabo n’abandi yaba abo mu karere ndetse no mu Bihugu bya kure.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyagiye bigerwaho byose, byashingiraga ku bufatanye bw’Abanyarwanda hagati yabo n’ubundi ndetse n’abandi.

Yasabye Abanyarwanda gukora ibifite umumaro bakirinda ibishobora kubanyuza mu nzira zitabaganisha imbere, kandi ko baba bakwiye gusuzuma ko ntabishobora kubasubiza inyuma.

Ati “Turifuza kugera kure, aho abandi bageze, simbizi ko hari Umunyarwanda wishimira guhora asindagizwa, umuntu ufite intege nke yaba umurwayi yaba ukirutse yaba ufite ibindi bibazo, bamusindagiza, tuzasindagizwa kugeza ryari.”

Perezida Kagame yavuze ko hari abayobozi batuma Abanyarwanda batarushaho kugira imibereho myiza.

Ati “Kandi ikibashuka ubwo twicaye hano nk’abayobozi, hari ubwo wireba ukiyumva ukumva ko buri wese ari ko ameze, cyangwa se ukumva ko ibyo ukora ari wowe gusa wireba ntawundi,…ni byo ufite umuryango ariko dufite Igihugu, dufite u Rwanda dufite Abaturarwanda.”

Avuga ko iyo ahamagarira abantu gukora, aba agira ngo “Abanyarwanda tutazasindagizwa igihe cyose… bikagera no kukugaburira. Guhora usunikwa, usunikwa kubera iki? ugusunika we yabivanye he utabivana wowe?”

Yavuze ko byumwihariko abayobozi bagomba guhora batekereza ko batikorera gusa ahubwo banakorera abandi.

Ati “Ariko hari no gusindagizwa bizima, erega baragusindagiza bakanagukubita inshyi, akaba ari byo wishyura, bakagucunaguza, mugahura mu nzira akakubaza ati ‘ariko iyo suti wambaye uzi ko ari njye wayikuguriye?’.”

Avuga ko abo bashaka gucunaguriza abandi ibyo babafasha, barenga n’imirongo bagashaka kubigisha imico, bakibutsa abantu uko bagomba kwifata nk’aho basanze badasanzwe bagufite.

Ati “Ikintu gishobora kubikiza abantu, ni kimwe gusa, gukora, ni no kwimenya, ukamenya icyo uri cyo ko uri umuntu nk’abandi nk’abo bagucunaguza na bo ni abantu nk’abandi.”

Yagarutse ku banyamadini n’inyigisho zabo, ati “Ntabwo imana yaremye abantu ngo nirangiza ngo ibashyire mu byiciro nka bya bindi by’Ubudehe, ntabwo Imana yabikoze murayibeshyera.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abashaka gusindagizwa bahari ariko ko Abanyarwanda badakwiye kuba muri abo.

Ati “Abashaka kuba batyo birabareba, ariko ntabwo twe ari ko dukwiye kuba tumeze, ntabwo Imana yafata iyi Ntara nini ya Afurika igafata abantu abarimo miliyari 1,3 z’abantu, Imana ikavuga ngo ‘mwebwe mupfuye ubusa’ muzabaho mutyo mutunzwe n’abandi, mucumbagizwa mucunaguzwa, mukabyemera?”

Umukuru w’u Rwanda yibukije Abanyarwanda ko batagomba kuzarira ahubwo ko bakwiye gukura amaboko mu mifuka bagakora ibyabateza imbere bikanateza imbere Igihugu cyabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga Umushyikirano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Next Post

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.