• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta muyobozi ukwiye kuvuga ko Igihugu cyamuhaye ishingano ariko ntikimuhe ibikoresho n’amikoro bihagije, ahubwo ko bakwiye kumenya ko no mu nshingano baba bahawe harimo no gushaka ibi bavuga ko bimwe.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukuboza 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda bashyizwe mu myanya mu cyumweru gishize.

Yagize ati “Indahiro ntabwo ari umugenzo gusa, ifite uburemere bwayo kandi bujyana n’imirimo igiye gukorwa, ubwo rero iteka iyo uri kuri iyi mirimo, ni uburemere bw’iyi mirimo biba biri mu bwenge bwanyu n’imitima yanyu, mugomba kuyubahiriza.”

Perezida Kagame avuga ko nubwo atari ko bigenda iteka kuri bose ko buzuza inshingano uko bazirahiriye, ariko uburemere bw’izi ndahiro bwo butajya bugabanuka.

Yavuze ko hari Abanyarwanda benshi baba bashobora gukora inshingano baba bahawe, bityo ko bakwiye kujya baha agaciro kuba ari bo batoranyijwe muri abo benshi.

Ati “Kugira ngo abe ari mwe mutoranyijwe, bikwiye kongera uburemere n’izo nshingano, kandi iyo wageze ku mirimo, ntabwo ari byiza ko abantu batangira gushakisha impamvu yo kutubahiriza izo nshingamo.”

Yavuze ko abayobozi bose kuva ku bo hejuri kuri Perezida wa Repuubulika, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Minisitiri w’Intebe, n’Abakuriye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, kugeza ku bandi bose mu nzego zose, iteka bagomba gukora batiganda, kandi ntibashake impamvu yo gutuma batuzuza inshingano zabo, cyangwa izo batanga nk’igisobanuro cy’ibyo batujuje neza.

Ati “Iyo uri ku mirimo, ntushakisha impamvu y’ibintu bitagenze neza cyangwa bishobora kugenda nabi. Abakunda gukoresha, nko kuvuga ngo wampaye umurimo, cyangwa Igihugu cyanshinze umurimo, ariko nticyampaye ibikoresho cyangwa nticyampaye ibikoresho bihagije, biba bivuze iki?”

Yatanze urugero rw’amikora n’ibikoresho, avuga ko ku Rwanda bidahari ku rwego ruhagije, ahubwo ko abahawe izo nshingano, bagomba kuzikora neza kugira ngo binavemo ya mikoro.

Ati “Iyo mirimo wahawe haba harimo no gushaka ibikoresho cyangwa amikoro, kuko amikoro Igihugu gifite, ntarangiza byose, kuko ntabwo ari urwego rumwe ruriho ngo amikoro yose y’Igihugu yose ajye muri urwo rwego, oya, amikoro Igihugu gifite adahagije agabanwa mu nzego zose. Ni ukuvuga ngo buri rwego rwose rubona amikoro adahagije. Igihugu ntigifite ibihagije, ahubwo abantu bashingwa ibyo bashinzwe kugira ngo mu mikorere yabo buzuze izo nshingano bahawe, ariko habemo n’inshingano yo kongera amikoro.”

Yavuze ko aba baje muri Guverinoma babwiwe inshingano zibazanye zigomba kubamo n’izi zo gutuma amikoro y’Igihugu yiyongera.

Ati “Muje mu nshingano mwabwiwe, mwemeye, muzi, ariko muri izo nshingano niba batababwiye ko hiyongeremo gushaka amikoro, ubwo ntabwo byari byuzuye.”

Yagarutse kuri aba baje mu rwego rwa Siporo, basanze hari ibiri gukorwa nk’ishoramari ryashyizwemo, bityo ko hagomba kuvamo amikoro, kuko impano z’Abanyarwanda, zigomba gucuruzwa zikavamo amikoro.

Ati “Ni yo ntego yacu, ni yo mpamvu hari bimwe twashoboye gushyira mu buryo, kubaka ibikorwa remezo bifasha muri siporo, kugira ngo Abanyarwanda benshi bagire uwo mwanya, hari n’ibindi byinshi byagiye byubakwa bigenda binubakwa mu Turere n’ahandi.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nshingano ari zo zizanye aba bayobozi, ariko ko ubundi zoroshye, igihe bamenye kuzubahiriza neza, bakazikora iteka bazirikana ko bakorera Abanyarwanda.

Ati “Akensji bigorana ari uko abatu ubwabo batumye igorana, iyo ushatse ko byoroha biroroha, iyo ushaste ko bikomera birakomera na byo ndetse bikagukomerana.”

Aba bayobozi bashya barahiye uyu munsi, ni Nelly Mukazayire wagizwe Minisitiri wa Siporo, Rwego Ngarambe wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS na Kabera Godfrey wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya
Abayobozi bashya barahiriye inshingano uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + sixteen =

Previous Post

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

Next Post

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n'ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.