Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta muyobozi ukwiye kuvuga ko Igihugu cyamuhaye ishingano ariko ntikimuhe ibikoresho n’amikoro bihagije, ahubwo ko bakwiye kumenya ko no mu nshingano baba bahawe harimo no gushaka ibi bavuga ko bimwe.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukuboza 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda bashyizwe mu myanya mu cyumweru gishize.

Yagize ati “Indahiro ntabwo ari umugenzo gusa, ifite uburemere bwayo kandi bujyana n’imirimo igiye gukorwa, ubwo rero iteka iyo uri kuri iyi mirimo, ni uburemere bw’iyi mirimo biba biri mu bwenge bwanyu n’imitima yanyu, mugomba kuyubahiriza.”

Perezida Kagame avuga ko nubwo atari ko bigenda iteka kuri bose ko buzuza inshingano uko bazirahiriye, ariko uburemere bw’izi ndahiro bwo butajya bugabanuka.

Yavuze ko hari Abanyarwanda benshi baba bashobora gukora inshingano baba bahawe, bityo ko bakwiye kujya baha agaciro kuba ari bo batoranyijwe muri abo benshi.

Ati “Kugira ngo abe ari mwe mutoranyijwe, bikwiye kongera uburemere n’izo nshingano, kandi iyo wageze ku mirimo, ntabwo ari byiza ko abantu batangira gushakisha impamvu yo kutubahiriza izo nshingamo.”

Yavuze ko abayobozi bose kuva ku bo hejuri kuri Perezida wa Repuubulika, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Minisitiri w’Intebe, n’Abakuriye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, kugeza ku bandi bose mu nzego zose, iteka bagomba gukora batiganda, kandi ntibashake impamvu yo gutuma batuzuza inshingano zabo, cyangwa izo batanga nk’igisobanuro cy’ibyo batujuje neza.

Ati “Iyo uri ku mirimo, ntushakisha impamvu y’ibintu bitagenze neza cyangwa bishobora kugenda nabi. Abakunda gukoresha, nko kuvuga ngo wampaye umurimo, cyangwa Igihugu cyanshinze umurimo, ariko nticyampaye ibikoresho cyangwa nticyampaye ibikoresho bihagije, biba bivuze iki?”

Yatanze urugero rw’amikora n’ibikoresho, avuga ko ku Rwanda bidahari ku rwego ruhagije, ahubwo ko abahawe izo nshingano, bagomba kuzikora neza kugira ngo binavemo ya mikoro.

Ati “Iyo mirimo wahawe haba harimo no gushaka ibikoresho cyangwa amikoro, kuko amikoro Igihugu gifite, ntarangiza byose, kuko ntabwo ari urwego rumwe ruriho ngo amikoro yose y’Igihugu yose ajye muri urwo rwego, oya, amikoro Igihugu gifite adahagije agabanwa mu nzego zose. Ni ukuvuga ngo buri rwego rwose rubona amikoro adahagije. Igihugu ntigifite ibihagije, ahubwo abantu bashingwa ibyo bashinzwe kugira ngo mu mikorere yabo buzuze izo nshingano bahawe, ariko habemo n’inshingano yo kongera amikoro.”

Yavuze ko aba baje muri Guverinoma babwiwe inshingano zibazanye zigomba kubamo n’izi zo gutuma amikoro y’Igihugu yiyongera.

Ati “Muje mu nshingano mwabwiwe, mwemeye, muzi, ariko muri izo nshingano niba batababwiye ko hiyongeremo gushaka amikoro, ubwo ntabwo byari byuzuye.”

Yagarutse kuri aba baje mu rwego rwa Siporo, basanze hari ibiri gukorwa nk’ishoramari ryashyizwemo, bityo ko hagomba kuvamo amikoro, kuko impano z’Abanyarwanda, zigomba gucuruzwa zikavamo amikoro.

Ati “Ni yo ntego yacu, ni yo mpamvu hari bimwe twashoboye gushyira mu buryo, kubaka ibikorwa remezo bifasha muri siporo, kugira ngo Abanyarwanda benshi bagire uwo mwanya, hari n’ibindi byinshi byagiye byubakwa bigenda binubakwa mu Turere n’ahandi.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nshingano ari zo zizanye aba bayobozi, ariko ko ubundi zoroshye, igihe bamenye kuzubahiriza neza, bakazikora iteka bazirikana ko bakorera Abanyarwanda.

Ati “Akensji bigorana ari uko abatu ubwabo batumye igorana, iyo ushatse ko byoroha biroroha, iyo ushaste ko bikomera birakomera na byo ndetse bikagukomerana.”

Aba bayobozi bashya barahiye uyu munsi, ni Nelly Mukazayire wagizwe Minisitiri wa Siporo, Rwego Ngarambe wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS na Kabera Godfrey wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya
Abayobozi bashya barahiriye inshingano uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

Next Post

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n'ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.