Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta muyobozi ukwiye kuvuga ko Igihugu cyamuhaye ishingano ariko ntikimuhe ibikoresho n’amikoro bihagije, ahubwo ko bakwiye kumenya ko no mu nshingano baba bahawe harimo no gushaka ibi bavuga ko bimwe.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukuboza 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda bashyizwe mu myanya mu cyumweru gishize.

Yagize ati “Indahiro ntabwo ari umugenzo gusa, ifite uburemere bwayo kandi bujyana n’imirimo igiye gukorwa, ubwo rero iteka iyo uri kuri iyi mirimo, ni uburemere bw’iyi mirimo biba biri mu bwenge bwanyu n’imitima yanyu, mugomba kuyubahiriza.”

Perezida Kagame avuga ko nubwo atari ko bigenda iteka kuri bose ko buzuza inshingano uko bazirahiriye, ariko uburemere bw’izi ndahiro bwo butajya bugabanuka.

Yavuze ko hari Abanyarwanda benshi baba bashobora gukora inshingano baba bahawe, bityo ko bakwiye kujya baha agaciro kuba ari bo batoranyijwe muri abo benshi.

Ati “Kugira ngo abe ari mwe mutoranyijwe, bikwiye kongera uburemere n’izo nshingano, kandi iyo wageze ku mirimo, ntabwo ari byiza ko abantu batangira gushakisha impamvu yo kutubahiriza izo nshingamo.”

Yavuze ko abayobozi bose kuva ku bo hejuri kuri Perezida wa Repuubulika, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Minisitiri w’Intebe, n’Abakuriye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, kugeza ku bandi bose mu nzego zose, iteka bagomba gukora batiganda, kandi ntibashake impamvu yo gutuma batuzuza inshingano zabo, cyangwa izo batanga nk’igisobanuro cy’ibyo batujuje neza.

Ati “Iyo uri ku mirimo, ntushakisha impamvu y’ibintu bitagenze neza cyangwa bishobora kugenda nabi. Abakunda gukoresha, nko kuvuga ngo wampaye umurimo, cyangwa Igihugu cyanshinze umurimo, ariko nticyampaye ibikoresho cyangwa nticyampaye ibikoresho bihagije, biba bivuze iki?”

Yatanze urugero rw’amikora n’ibikoresho, avuga ko ku Rwanda bidahari ku rwego ruhagije, ahubwo ko abahawe izo nshingano, bagomba kuzikora neza kugira ngo binavemo ya mikoro.

Ati “Iyo mirimo wahawe haba harimo no gushaka ibikoresho cyangwa amikoro, kuko amikoro Igihugu gifite, ntarangiza byose, kuko ntabwo ari urwego rumwe ruriho ngo amikoro yose y’Igihugu yose ajye muri urwo rwego, oya, amikoro Igihugu gifite adahagije agabanwa mu nzego zose. Ni ukuvuga ngo buri rwego rwose rubona amikoro adahagije. Igihugu ntigifite ibihagije, ahubwo abantu bashingwa ibyo bashinzwe kugira ngo mu mikorere yabo buzuze izo nshingano bahawe, ariko habemo n’inshingano yo kongera amikoro.”

Yavuze ko aba baje muri Guverinoma babwiwe inshingano zibazanye zigomba kubamo n’izi zo gutuma amikoro y’Igihugu yiyongera.

Ati “Muje mu nshingano mwabwiwe, mwemeye, muzi, ariko muri izo nshingano niba batababwiye ko hiyongeremo gushaka amikoro, ubwo ntabwo byari byuzuye.”

Yagarutse kuri aba baje mu rwego rwa Siporo, basanze hari ibiri gukorwa nk’ishoramari ryashyizwemo, bityo ko hagomba kuvamo amikoro, kuko impano z’Abanyarwanda, zigomba gucuruzwa zikavamo amikoro.

Ati “Ni yo ntego yacu, ni yo mpamvu hari bimwe twashoboye gushyira mu buryo, kubaka ibikorwa remezo bifasha muri siporo, kugira ngo Abanyarwanda benshi bagire uwo mwanya, hari n’ibindi byinshi byagiye byubakwa bigenda binubakwa mu Turere n’ahandi.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nshingano ari zo zizanye aba bayobozi, ariko ko ubundi zoroshye, igihe bamenye kuzubahiriza neza, bakazikora iteka bazirikana ko bakorera Abanyarwanda.

Ati “Akensji bigorana ari uko abatu ubwabo batumye igorana, iyo ushatse ko byoroha biroroha, iyo ushaste ko bikomera birakomera na byo ndetse bikagukomerana.”

Aba bayobozi bashya barahiye uyu munsi, ni Nelly Mukazayire wagizwe Minisitiri wa Siporo, Rwego Ngarambe wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS na Kabera Godfrey wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya
Abayobozi bashya barahiriye inshingano uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − ten =

Previous Post

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

Next Post

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n'ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.